RFL
Kigali

NKORE IKI: Nateye inda murumuna w’umugore wanjye none nabuze uko mbyitwaramo

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:30/05/2017 19:57
18


Muri NKORE IKI y’uyu munsi tugiye kubagezaho inkuru y’umugabo ugisha inama bitewe n’ubuzima abayemo. Uyu mugabo ngo asigaye ari mu rukundo na murumuna w’umugore we ndetse ngo yamuteye inda, none yabuze uko abyitwaramo.



Ubutumwa bwe, buteye gutya:

"Muraho, nkunda gusoma iyi site yanyu kandi ngakunda inama mugerageza guha abantu. Ikindi gifasha ni ukwibohora byibuze ukagira abo usangiza ikibazo cyawe. Icyanjye giteye gutya: Murumuna wa w’umugore wanjye aba iwanjye kandi nkamukunda cyane. Twakoze amakosa turaryamana muri make mugira nk’umugore wanjye. Icyiza ariko ndamukunda cyane pe. Ariko ngakunda na mukuru we rwose mbese ni abana beza ntacyo wabanenga.

Hanyuma naje kumutera inda (ubu afite amezi 3) kandi amategeko ntanyemerera kugira abagore 2 kuko nakagombye kumutwara. Umugore wanjye nawe ntabizi kandi mfite ubwoba bw’uko nabihingutsa ndetse mfite ubwoba bw’ingaruka zaba mu mibanire yacu no mu muryango wo kwa databukwe banyizera, bakazambonamo icyo kimwaro. Icyo ngishaho inama si amakosa nakoze ahubwo ni uko nabyitwaramo n’aho nahera ngo mbivuge. Ubwo se uyu murumuna wa madame ko ngiye kumwicira ubuzima namufasha iki ngo atazahungabana mu buzima? Murakoze"

Tubibutse ko umuntu ushaka kugisha inama kuri inyarwanda.com, yohereza ubutumwa bukubiyemo ikibazo cye kuri Email yacu: nkoreiki@gmail.com kandi  umwirondoro we ugirwa ibanga 100 %. Amafoto dukoresha kuri izi nkuru akurwa kuri internet.

Src: Gukunda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • kelvin6 years ago
    ariko satani ni umukara we ubu ugatinyuka ugaca umugore wawe inyuma uzi ubwambure bwe ugatinyuka ukaryamana aprice namurumuna w'umugore wawe yewe turi muminsi yimperuka pe satani arimo arakora ningufu cyane ngo atubuze ijuru mwene da ubu ngewe sinzi naho nahera nkugira inama pe nge byandenze sinzi niba unakijijwe ngo menye uko nakugira inama kuko icyo nicyaha kiremereye cya kuko utanitonze cyagufungisha kuko icyo cyaha n'Imana ntago ipfa kukibabarira kuko Bibiriya ivuga ko ibindi byahabyose birababarirwa kuko bikorerwa inyuma y'umubiri ariko icy'ubusambanyi cyo ntigipfa kubabarirwa kenyege ubwo rero icyo nakugiraho inama byibuze senga niba utanakijijwe ikizwe kuko nibwo Imana izashaka uko ibyigenzereza kuko ijambo ryayo riratubwirango ntakijya kiyinanira gwino muri yesu byose bizakemuka .
  • Fab june6 years ago
    njye inama namugira nuku yivugira mbere yuko umugore ariwe uzabyibonera kuko njye ndumva ariho byaba bibi kurusha kyba wabyivugira ukanabisabira imbabazi murakoze
  • Bertrand Nduwayezu6 years ago
    Bafate bombi ubicaranye muri salon,ubibabwirire hamwe,usabe imbabazi upfukamye ubabwize ukuri utabeshye ubundi bose ubatunge ariko babiziranyeho niba nabo ubwabo bakundana koko bazabyemera. Naho ibyo kuvuga amategeko n'ubundi warangije kuyahonyora. Umwana nubundi warangije kumwangiza igisigaye ni uko ugomba kumwitaho ukamuba hafi.
  • PearlG6 years ago
    Inama nakugira ni ebyiri. 1. Bibwire madam ataribikwibwirira kuko niba koko ari umudamu aageraho abimenye kuko ibimenyetso birigaragaza ikindi kandi nabona murumuna we atwite azabimubaza hama nugira ibyago akabwiza madam wawe ukuri, kazaba kakubayeho! 2. Niba ufite ubushobozi mwohereze ajye nko kwibana ariko ikibazo uzajya umusangayo ariko iyo utamusangayo ukuri kuzamenyekana kera cyangwa se vubaha.. Ariko amakosa yo warayakoze
  • cicy6 years ago
    into nibintu byoroshye ugomba kubwiza ukuri unugore wae ukuri ubundi uwo murumuna we ukamushaka kuko umushatse ntakibazo kdi si woe wambere waba ushatse abavandimwe , gusa umuvane murugo umushakire ubukonde cg c umuhe inzu niba ufite nyinshi.
  • 6 years ago
    @kelvin ninde wakubwiye ko satani ari umukara? kuki ataba umuzungu se?egerayo di,nta soni kweri,uri umuswa kabisa urarebye ubona satani wamugereranya n uruhu rwawe? kuva ryari se abaye umwirabura di?sigaho ntuzongere
  • 6 years ago
    birababaje ko wita irari urukundo,ntawe ukeza abami babiri,akunda umwe akamwubaha akamurutisha undi,nawe rero witubeshya ko bose ubakunda,kandi iryo ni irari,ntimwibeshye mwica uwo mumarayika,ariko nyine umuriro murawukongeje kuko nyiramukobwa yatinyutse guhemukira mwene nyina unamutunze,nawe nta n isoni ugatinyuka ugaca inyuma y uwo mwambaranye ubusa,mujye kwigira k umupfumu Rutangarwamaboko abigishe ijambo ry Imana y'i Rwanda yo itubwira ko abamburiranye ubusa batambikana ubusa,abashakanye babanamo kuko Imana yabagize umwe,ariko dore wowe uratandukiriye nta no kwicuza ufite ngo wamugira umugore amategeko abikwemereye.yewe wowe kabisa usenye umuryango,n ubuvandimwe bw abavandimwe.naho ikimwaro wanga ko bakubonamo ntiwasiga ikikwirukamo,cyo kiri mu mutima kandi ngo akari gasesekara ku mubiri.uragifite pw kirenze
  • Coco 6 years ago
    Ashyiii ahreee, Imana imbabarire ko nkwisyigije, nibyo bigukwiye. Ariko abagabo babaye gute??? Ubwenge bwanyu buba mubitsina?! Ibi bintu bibaho kuko ntibanatinya nabana babyaye, kutavuga abaryamana nabitwa ngo nibene wabo baje kuba aho murugo bafitanye amasano adafututse kandi bakarenga bakaryamana, umudamu akahasuzurugurirwa. Ubwo rero iyo ngegera yumukobwa mwagiramye ubucuti wibagirwa igihe wabengukaga mukuru we mugashyingiramwa ubwose urumva umukunda umugore wawe kweli ababababa!?!! Jyewe ibi birambabaza cyane. Hoshi genda, ubu rero muri murukundo sinakubwira hoshi genda uzabage wifashe, iyo ninyama idasangizwa abavandimwe kdi niyo yaba undi wakoze amahano itegure ko uzatana numugore wawe nabimenya kdi bizamenyekana wowe ndumva untangaje, ariko ubundi urinda usambanira murugo rwawe niba utubaha umugore wawe wabuze abo hanze usambanya wa mupagani we.
  • patrick6 years ago
    jye numva umuntu igihe yizaniye ingorane abadakwiye kugisha inama ahubwo abakwiriye gushaka uburyo yikura mukibazo nkuko yakishijemo ubwe atagishije inama kuko ntabwo wigeze utugisha inama utaratera inda uwomukobwa ndavuga igihe mwasambanaga ntabwo watugishije inama
  • Rubanuka6 years ago
    Aho hazaca uwa mbaye ndagaswi
  • theo6 years ago
    rwose wamugabo we ibyo ntibibaho urukundo ni urwa mbere urwa kabiri ni iraha gusa. bwiza umugore ukuri azagutegeka icyo ashaka uzakemere.
  • claude6 years ago
    Njyewe ndumusore niba ufite amafranga atari menshi twabyigaho,umwana nkamugira uwanjye niba udashaka gusenya unsubize muri comment
  • mutoni6 years ago
    sha birababaje kbsa gufasha umuvandimwe akaguhemukira wamugabowe uteranyije abavandimwe ndetse nawe utaretse kwisebya mu muryango gusa nujya ujya gukora ikintu nkicyo jyubanza utekereze kumuryango wawe ingaruka byawugiraho inama na kugira nakodeshereje uwomukobwa umwana nakura azamumuhe kandi asabe umugorewe imbazi abikuye kumutima ntazasubireyo uwomukobwa utagira ubwenge azashakwe nabandi
  • umugore6 years ago
    Uri imbwa gusa ntakindi nakubwira, ntaho utaniye n'imbwa igenda isenza imbwakazi yose ihuye nayo mu nzira!! Inama nakugira nuko wafata madamu wawe ukamushyira murumuna wawe nawe akamutera inda ndumva byaba ari ibyiza!! Mumbarire ndatukanye ariko ntakundi ni umubabaro ntewe n'umusambanyi uri ahongaho
  • Nyiraburyohe6 years ago
    Coco araguhaye kbs. Ariko hagati aho ufite amakosa. Ariko burya UNITE DE MESURE C' EST LE TEMPS. Icyo nawe ukeneye C'EST GAGNER DU TEMPS. Jya gukodeshereza umukobwa, umwiteho. Hanyuma UTEGEREZE. TIME WILL TELL. Umugore mukuru najya kubimenya, nawe uzaba WARIGIRIYE INDI NAMA.
  • peace6 years ago
    AHAAA njye narumiwe ababyeyi bubu kbsa reka ngire inama abagore bagenzi banjye kirazira kikaziririzwa kubona bene wanyu bigitsina kobwa baba iwawe nibiba ngombwa ko hari impamvu ituma bahaba uzacunge imyitwarire yabo kuko barasenya cyane ikindi ngaya n ababyeyi bashyingira umwana bakamwoherereza abandi murugo kdi iki kibazo kimaze igihe ko abo mwohereza cg wowe mudamu wizaniye bagusenyera kuko reka mbabwire mugihe maze ku isi nabonye nta mugabo wagusambanya utabigizemo uruhare kereka uri munsi y imyaka icumi cg babandi babanza bakazirika umuntu byo ni ubunyamaswa Abagabo namwe mwegere Yesu kuko muri abanyantege nye ko umukobwa cg umugore wese ubasha kuvugisha yabishatse yakugusha muri uwo mutego.
  • ? 5 years ago
    Mpamagara nkubwire icyo dukora Kandi nawe ufite iki kibazo mpamagara tuvugane ngufashe bitewe n'uko ubyifuza 0783884142 cg 0733745096. Niba uri umukobwa wabikorewe cg nawe mugabo wabikoze mpamagara tuvugane gushaka igisubizo.
  • Ntaryamira2 years ago
    Inama Nakugira Icambere Bwira Madamu Wawe Ikibazo Cabaye Hama Wumve Inyishu Aguha





Inyarwanda BACKGROUND