RFL
Kigali

Mico The Best ntiyiyumvisha uko gushaka abafana muri PGGSS ari ikibazo kandi bari mu barebwaho mu irushanwa

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:22/05/2017 14:12
0


Mu gitaramo cya mbere cy’irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 7 cyabereye i Huye muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, umwe mu bahanzi bagize abafana benshi bari bitwaje ibyapa ni Mico The Best, ari nayo mpamvu nyuma yo kuva ku rubyiniro aganira n’abanyamakuru yabajijwe niba ari umwe mu bahanzi bagura abafana nkuko bijya bivugwa.



Nk'umwe mu bagize abafana benshi muri iri rushanwa Mico The Best amaze kubazwa niba yaba yashatse abafana yavuze ko gushaka abafana ari ingenzi ku muhanzi nubwo we avuga ko atari yo turufu yakagendeweho ngo umuhanzi abone abafana ku rubyiniro.

Uyu muhanzi kandi yongeyeho ko we atigeze agura abafana icyakora yemera ko yiyamamaje mu rwego rwo kumenyesha abantu ko azaba ari i Huye mu gitaramo cya PGGSS7.

REBA HANO UKO MICO THE BEST YITWAYE MU GITARAMO CY'I HUYE

Uyu muhanzi yasoje ikiganiro kigufi yagiranye n'abanyamakuru ahamya ko kuba yagize abafana benshi byaturutse ku kuba buri ntara ayifitemo 'fan club', abafana be rero bitwa ngo ‘Original’ asanga aribo bamufashije kugira umurindi udasanzwe w’abafana batari bake babyinanye nawe. Mico The Best yashimiye byinyongera abafana bamufashije kwitwara neza. 

UMVA HANO IKIGANIRO NA MICO THE BEST NYUMA Y'IGITARAMO CYA PGGSS7 I HUYE






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND