RFL
Kigali

Maylo yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Nturanye na bo’, aboneraho guhamya ko no hanze ya Kigali hari abaraperi babizi -VIDEO

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:20/05/2017 7:56
2


Maylo ni umwe mu basore b’abaraperi bafite izina rikomeye mu Ntara y’Amajyaruguru n’Uburasirazuba, by’umwihariko uyu musore akaba akorera mu Karere ka Musanze. Kuri ubu yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Nturanye nabo’, maze yongera guhamya ko intego ye ari ukwinjira mu mubare w’abaraperi bakomeye mu Rwanda.



Uyu musore avuga ko nubwo ahura n’imbogamizi nyinshi zishamikiye ku kuba akorera umuziki hanze ya Kigali, bitamuca intege ahubwo azakomeza guharanira kugaragaza icyo ashoboye.

Imbogamizi ni nyinshi kuko urakora ukagerageza gukora ibikorwa byinshi bifite ireme ariko nyine ntabwo uba wakagiye mu mubare w’abaraperi bafite amazina aremereye bitavuze ko uri muswa ariko kubera aho uherereye biba bigoranye kugirango bamwe bumve ko naho hashobora kuva umuntu ukomeye ushobora kugira ibyo akora ariko wenda gacye gacye bizagenda biza. Maylo aganira na Inyarwanda

Kanda hano urebe amashusho y'indirimbo 'Nturanye nabo' 

Maylo wari umaze iminsi adashyira hanze indirimbo nshya, yakomeje atangariza Inyarwanda.com ko igihe ari iki ko ndetse nyuma y’amashusho y’iyi ndirimbo, ateganya mu gihe cya vuga gusohora indirimbo yakoranye na Bull Dogg kwa Trackslayer.

Mu butumwa yageneye abafana b’umuziki nyarwanda by’umwihariko abakunda hip hop, Maylo yagize ati “ Nta muntu bitanezeza kubona afite abantu bamushyigikiye. Ntekereza ko nibamfasha bakamba hafi bakantiza amatwi n’imitima yabo ntabwo nzabatenguha, hip hop iracyahari nicyo kiciro cy’injyAna gikubiyemo ubutumwa bufatika.”

MayloMaylo na Bull Dogg basanzwe ari n'inshuti, mu minsi ya vubabazashyira hanze amashusho y'indirimbo bahuriyemo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • shane patrick6 years ago
    uyu maylo arabizi cyane guhera 2010 akora umuziki arko abura support ngo hip pop nyarwanda yongere yubake izinaa congz to him NTURANYE NABO
  • mariam ibrahim6 years ago
    hahahahhhhh irizina yise indirimbo ye byitiranwa kimwe nizina rya data ark courage musaza





Inyarwanda BACKGROUND