RFL
Kigali

Beach-Volleyball: U Rwanda rwatwaye igikombe cya Afurika mu cyiciro cy’abakobwa

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:15/05/2017 12:22
1


Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Volleyball ikinirwa ku mucanga yatwaye irushanwa ry’igikombe cya Afurika 2017 cyaberaga muri Mozambique nyuma yo gutsinda Morocco amaseti 2-1.



Ikipe igizwe na Mutatsimpundu Denyse ukinira ikipe ya APR WVC na Nzayisenga Charlotte ukinira RRA bageze ku mukino wa nyuma batsinze Mozambique amaseti 2-0.

Mu mikino y’amatsinda, ikipe y’u Rwanda yatambutse itsinzemo imikino ibiri muri itatu. Batsinze Nigeria amaseti 2-1 (21-11, 19-21 na 15-7) baba ari nako bagenza Namibia (21-11, 19-21, 21-13 na 13-15). Aba bakobwa batsinzwe na Namibia amaseti 2-1 mbere yo gutsinda Afurika y’epfo amaseti 2-1 (21-12, 21-18). Aba basoje imikino y’amatsinda banyagira Sudan amaseti 2-0.

Basohotse mu mikino y’amatsinda bahise babona itike igana mu mikino ya ½ cy’irangiza aho bahise bahura na Mozambique bakayitsinda amaseti 2-0 mu gihe Morocco yisasiye Kenya ikayitera amaseti 2-0. Gusohoka mu mikino y’amatsinda byahitaga bitanga itike y’igikombe cy’isi cya Volleyball ikinirwa ku mucanga (Beach-Volleyball) kuko amategeko y'iri rushanwa yatangaga amatike ku bihugu bine.

Ibi byahise byisobanura ko u Rwanda rugomba guhura na Morocco ku mukino wa nyuma warangiye abakobwa b’u Rwanda batsinze amaseti 2-1. Aha uretse kuba u Rwanda rwari rwarabonye itike, rwahise runahabwa n’igikombe cya Afurika.

Paul Bitok umutoza w’ikipe y’igihugu ya Volleyball yaba ikinirwa ku kibuga gisanzwe (Indoor) no ku mucanga (Beach-Volleyball) avuga ko iki gikombe agituye Ministiri w’umuco na siporo mu Rwanda, Uwacu Julienne ndetse n’abanyarwanda muri rusange bakomeje kwerekana ko bashyigikiye aba bakobwa kandi ko anashimira aba bakinnyi ku mateka bakoze bwa mbere mu mateka y’uyu mukino mu Rwanda.

Bitok kandi avuga ko aba bakobwa bateye iyi ntambwe bagendeye ku gukora cyane, ikinyabupfura no gukorera hamwe nk’ikipe kandi ko ari impano nziza bageneye Uwacu Julienne kuva yagera muri MINISPOC.

Ku rundi ruhande, ikipe y’abagabo yari igizwe na Patrick Kavalo afatanya na Ntagengwa Olivier ntiyabashije kugera kure kuko yarangije imikino y’amatsinda iri ku mwanya wa gatatu, umwanya utaratangaga itike cyangwa kuba bakomeza mu mikino ya ½ cy’irangiza.

Batangiye batsinda Mauritius amaseti 2-0, banyagira Sudan amaseti 2-0 mbere yo gutsindwa na Morocco amaseti 2-0. U Rwanda rwasabwaga gutsinda umukino usoza amatsinda byaje kwanga batsindwa na Mozambique amaseti 2-0.

Ubwo ikipe y'u Rwanda yateruraga igikombe

Ubwo ikipe y'u Rwanda yateruraga igikombe

Mutatsimpundu  Denyse  (ibumoso) na Nzayisenga Charlotte (iburyo) bateruye igikombe cya Afurika

Mutatsimpundu Denyse (ibumoso) na Nzayisenga Charlotte (iburyo) bateruye igikombe cya Afurika

Paul Bitok hagati yabo

Paul Bitok hagati yabo

Ikipe ya Morocco yagombaga gukora ku gikombe gitashye i Kigali ikumva uko kimeze

Ikipe ya Morocco yagombaga gukora ku gikombe gitashye i Kigali ikumva uko kimeze






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • inezacosta6 years ago
    Kbs twarituhabaye equipe ya bashiki bacu bitwaye neza natwe nkabanyarwanda tuba hano Maputo twagerageje kubafana!!!!!muduhe number tuboherereze uko Imihango yogutanga ibikombe yagenze,murakoze!!!!





Inyarwanda BACKGROUND