RFL
Kigali

Nadege Uwamwezi (Catherine) afite imyaka 23, afite umwana w’imyaka 6, yabanje kuba umuhanzikazi mbere yo gukina filime-BYINSHI UTARI UMUZIHO

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:29/04/2015 9:31
29


Uwamwezi Nadege ni umwe mu bakinnyikazi ba filime bari kuzamuka mu cyane muri sinema nyarwanda nyuma yo kugaragara muri filime zikomeye nka Catherine aho akina ariwe Catherine ndetse kugeza ubu abantu bakaba basigaye bamwita iri zina.



Nadege mbere y’uko atangira gukina filime, yari asanzwe aririmba ku izina rya Queen Nadege, aho yabarizwaga mu itsinda ryitwaga The Queens ryamenyekanye mu ndirimbo nka Ryajambo (rifite Potential) kuri ubu ritakiriho, aha hakaba hari mu myaka ya za 2009 ubwo muzika nyarwanda yari itangiye kuzamuka.

Nadege Uwamwezi kuri ubu umaze kumenyekana muri filime nka Catherine

Mu kumenya byinshi kuri we, haba mu mwuga we wo gukina filime ndetse no mu buzima busanzwe, twaramwegereye tugirana ikiganiro kirambuye.

Inyarwanda.com: Nadege, ufite imyaka ingahe?

Nadege: mfite 23.

Inyarwanda.com: mbere y’uko uza muri sinema, wari uzwi mu muziki mu itsinda rya The Queens. Umuziki wawe ubu ugeze he?

Nadege: umuziki nabaye nywuhagaritse. Sinahagaze burundu ariko nabanje kuzamura carrière yanjye muri sinema, kuko nabyo narabikundaga cyane.

Inyarwanda.com: ubuse itsinda rya The Queens wabarizwagamo amaherezo yayo yabaye ayahe nyuma y’uko ubaye uhagaritse umuziki?

Nadege: na mugenzi wanjye (twaririmbanaga) yahise ajya kwiga I Bugande, nawe aba ahagaritse, sinzi gahunda ze kugeza ubu.

Inyarwanda.com: ni ukuvuga ko ubu The Queens yabaye amateka?

Nadege: Hahaha, birashoboka.

Queen Nadege na Queen Grace babarizwaga mu itsinda rya The Queens

Inyarwanda.com: ugereranyije sinema n’umuziki, watubwira ko ari iki ukunda kikurimo cyane kurusha ikindi?

Nadege: Yeah, icyo numva kindimo cyane ni sinema.

Inyarwanda.com: ese wahereye he ukina filime?

Nadege: eh, nahereye mu bintu bya Malaria, byo kurwanya Malaria, nibyo natangiye nkinamo. Nza kuza mubyo ku isoko.

Inyarwanda.com: umaze gukina muri filime ingahe zo ku isoko?

Nadege: kugeza ubu maze gukina muri filime nk’enye zo ku isoko (harimo Rwasibo, Catherine, na Nkubito ya Nyamunsi).

Muri uyu mwaka nadege yegukanye ibihembo 2 by'umukinnyikazi wa filime witwaye neza. Muri Rwanda Movie Awards (ifoto yo hejuru) na A Thousand Hills Academy Awards (ifoto yo hasi) kubera filime Rwasibo na Catherine

Inyarwanda.com: kuri ubu uri umwe mu bakinnyikazi ba filime hanze aha bakunzwe. Ese icyo gikundiro ufite mu bantu muri ibi bihe, ukitwaramo ute mu buzima bwawe busanzwe?

Nadege: hahah, ok. Ikintu cya mbere ni uko kugeza ubu kuba namanaginga (uko ntwara) icyo ngezeho kuri ubu ngubu ntibyananira kuko ni bito cyane ugereranyije n’ibyo nifuza kugeraho. Ndacyari hasi cyane, hasi cyane! Rero, ikintu cya mbere nkoresha ni ukwicisha bugufi, nkagerageza kuvugana n’abantu nk’uko twavuganaga mbere, gufashanya na bagenzi banjye, ndetse kubera kwiha ikizere cy’uko nzagera kure, nkanga kwishyira hejuru.

Inyarwanda.com: kugeza ubu ugereranyije n’izina umaze kugira, ubu kugira ngo ukinire umuntu muri filime bisaba iki?

Nadege: bisaba ko ubinsaba, ukampa script, tukaganira, twakumvikana nkagukinira nyine.

Inyarwanda.com: hanyuma ku mafaranga (waba ukinira angahe)?

Nadege: amafaranga nta giciro gihamye mfite, gusa si naca umuntu arenze ay’ubushobozi bw’abanyarwanda.

Filime Catherine ni imwe muri filime yamenyekanyemo cyane

Inyarwanda.com: ku myaka 23, waba ufite umusore mukundana?

Nadege: Oya ntawuhari.

Inyarwanda.com: ariko wigeze kumugira?

Nadege: hahah, Yego naramugize, ariko ubu ntawuhari.

Inyarwanda.com: niba waba wibuka se mwaba mwarapfuye iki?

Nadege: Yewe, hashize igihe rero ndumva ntibuka n’ikintu twapfuye.

Inyarwanda.com: hashize nk’imyaka ingahe (mutandukanye)?

Nadege: hashize nk’imyaka 2, ariko icyo twapfuye ndumva ntakibuka.

Inyarwanda.com: ubuse ubundi wumva nk’umusore mwakundana wongeye gukunda yaba ameze gute? Ibyo wumva umusore ukunda yaba yujuje ni ibihe?

Nadege: ni byinshi cyane, wavuga ukaruha.

Inyarwanda.com: Oya nta kibazo tubwire ibishoboka byose.

Nadege: nkunda umuhungu… nkunda umuhungu unkunda, umuhungu ukijijwe wubaha Imana…

Inyarwanda.com: ukijijwe ni ukuvuga iki? Ese ubundu urasenga?

Nadege: Yeah, ndi umukirisitu, nsengera mu itorero ryitwa Christ Embassy.

Inyarwanda.com: uretse kuba yaba ari umuntu usenga, wubaha Imana kandi agukunda, komeza utubwire n’ibindi.

Nadege: eeeh, ikindi nkunda abahungu b’ibikara, barebare. Izo nizo qualités nkunda za mbere ku musore, ibindi ni iby’inyongera.

Inyarwanda.com: Ese ubwo kugira ngo umuntu ubone ko agukunda, ubibonera he?

Nadege: eh, urabibona. Ubibonera mu bikorwa, umuntu ntabwo yakubwira ngo ndagukunda, ndagukunda, ndagukunda gusa. Ibikorwa agukorera bikwereka ko agukunda. Njye mbona ari ibikorwa bishobora kunyereka ko umuntu ankunda.

Inyarwanda.com: hanyuma, Nadege, ufite umwana!?

Nadege: Yego.

Inyarwanda.com: uwo mwana se ni uw’uwo musore muherukana (gukundana)? Cyangwa? Mutubwireho.

Nadege: uhmm, mfite umwana w’umuhungu witwa Ganza Benny Lucky, afite imyaka 6, yiga mu wa mbere primaire, ni umuhungu muremure w’inzobe. Hahah!

Nadege akunda kugaragaza cyane urukundo akunda umuhungu we Ganza Benny Lucky.

Inyarwanda.com: ko umwana wawe se atandukanye n’urwego rw’abahungu ukunda, ubwo we uramukunda ra?

Nadege: hahah, ndamukunda cyane. Imana itanga uko ishaka kandi ni Imana yampaye.

Nadege avuga ko kuri ubu nyuma yo kugaragara muri filime z’abandi nawe yatangiye imishinga yo gukora filime ze, aho kuri ubu afite filime ari kwandika akaba ateganya kuyikorera mu minsi iri imbere, ariko adasize imishinga ya filime z’abandi.

REBA AMASHUSHO Y'INDIRIMBO RYAJAMBO YA THE QUEENS AKIRIRIMBA

Ese ni iki kigutunguye utari uzi kuri Nadege Uwamwezi? Ni inde mukinnyi wa filime wumva wifuza kugira icyo umenyaho ngo tumukubarize?

Mutiganda Janvier






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • DD8 years ago
    nadege numwana mwiza arakundana afise roho nziza abenshi bakunda kumwibeshaho yabaye umugabo kuva akimara kubyara yitangila umwana we turabimushimira twe urungano rwe
  • fab8 years ago
    ko afite umwana nibyo ntarinzi muzatuzanire KAYUMBA Vienny( Manzi) dushaka kumenya nawe amateka ye
  • fifi8 years ago
    23years old, with the kid of 6years !! hhhhhhhh , this is practically impossible !!
  • musisi bugembe8 years ago
    ilike your film and you look nice keep it up
  • Elie8 years ago
    Nadega numwe mubakinnyi babakobwa nkunda cyane! ukuntu bakina. gusa ntabwo narinziko yaba afite umwana ungana gutyo. gusa ndatangaye!! Nadega komereza ahongaho tukuri inyuma
  • nepo8 years ago
    good nge no mubuzima busanzwe nikundira nadege ahubwo mumunsabire number ye!!!!!!! dushaka vianney (manzi)
  • 8 years ago
    Wowe wiyise Fifi birashoboka cyane ko yaba amufite koko nabafite 12ans barabyara!!Gusa Nadeje artubeshye 23 arayirengeje ni nka 24 cg 25 cyakoze!!
  • noella8 years ago
    muzazane mukasekuru khadidja(fabiola)
  • Koko8 years ago
    Hahahahah!!! Ngo 23???? Nge byonyine muzi muri 2010 aribwayifite none ngwiki???? Nimukuru cyane kandi nikirara uwomugore turamuzi. Yabaye numugorewabahanzi benshi kubi. Ngaho ba Safi.,... Hahahah biratangaje. Turakuzi ntukigire umwana kuko gukura ntacyo bitwaye kandi numugisha.
  • angeaa8 years ago
    muzatubwire amateka ya fabiora ukina muri film Amarira yurukundo ndetse numusore ukina yitwa manzi, muzaba mukoze.
  • Titi8 years ago
    wapi Ba fabiola ni faux muzabanze mutubarize abakina muri silver film production nibo bakina Ubuntu bisobanutse
  • mutesi 8 years ago
    nade rata ndakwikundira ariko ntibakubeshyere ufite 23 nkuzi ukirumwana
  • mutesi8 years ago
    Nadege ndagukunda cyane ariko ntibakubeshyere rwose ufite 23 ahubwo komereza aho tukurinyuma
  • ITUZE Eugene8 years ago
    Shawe turamwemera kd turamushyigikiye turikunwe Nadege tukurinyuma2!
  • naddy8 years ago
    turakweme na bonye wihagararaho cyane kdi kubyara sikibazo abo bagusebya ujye ubimamatwi ukore gsa wumve tukurinyuma ese byashoboka ko muduha contact ziwe number fc cg ahandi umuntu yamubonera
  • naddy8 years ago
    turakweme na bonye wihagararaho cyane kdi kubyara sikibazo abo bagusebya ujye ubimamatwi ukore gsa wumve tukurinyuma ese byashoboka ko muduha contact ziwe number fc cg ahandi umuntu yamubonera
  • 8 years ago
    ikinyoma cyambaye ubusa ntamwana ubyara undi 23 yrs ngo umwana 6 yrs never
  • mimi8 years ago
    ako narumiwe koko !!woe uvuga ngo ntayafite njye nadege twarakuranye kuva mbere ya jenoside rwose afite 23 ,ahubwo nadege courage turagukunda ,ukunda abantu kandi wicisha bugufi turagushyigikiye naho woe uvuga ngo nu mugore wa bahanzi uramubeshyeye ntitugakunde gusebanya rwose ,Imana ikwagure
  • linda8 years ago
    Ako muratangaje, ubwose ni ukuvuga ko ari ubwa mbere mwumvishe umuntu wabyaye afite imyaka 17!! courage rata
  • Jenny8 years ago
    Ahaaa nonese the Queen Grace yamaze kubyara asubira kwiga Kampala cg yavuyr kwiga Kampala abona kubyara mwatubwira banyamakuru binyarwa.





Inyarwanda BACKGROUND