RFL
Kigali

Imana ntiyakwibagiwe! Isaac One Man mu ndirimbo nshya yise “Iyakuremye”-YUMVE

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:18/11/2020 14:09
0


Umuhanzi wese asohora indirimbo afite icyo ashaka kwigisha. Umuhanzi uri kuzamuka, Isaac One Man akaba umunyarwanda ukorera muzika mu gihugu cya Kenya, umaze gusohora hafi indirimbo 25, kuri ubu yashyize hanze indi nshya yise “Iyakuremye”.



Nyuma y’indirimbo yise “Amahoro” yifuriza ibyiza n’umudendezo uvanze n’amahoro abana b’u Rwanda, uyu muhanzi yatangaje ko ibikorwa bye bya muzika bikomeje n’indirimbo zitandukanye azagenda asohora.

Isaac One Man usanzwe akora indirimbo ziri mu njyana ya Reggae, akavanga n’izindi njyana, ubu indirimbo ye nshya “Iyakuremye’ ni iyo kuramya no guhimbaza Imana. Ikubiyemo ubutumwa bw’uburyo umuntu aba mu buzima bugoye ariko ntiyihebe bitewe n’uko Imana yamuremye ariyo izi byose kuri we.


Bayizere Isaie (Isaac One Man) ukunda amahoro no kuyaririmba, yifuza kuzateza imbere muzika Nyarwanda akanafasha abantu batishoboye naramuka ahiriwe n’urugendo rw’ubuzima.

Isaac, yatangiye umuziki mu 2007 kuri ubu akaba afite indirimbo zigera kuri 25 zirimo; Kubera iki, Mtoto, Ndagukunda, Abongabo, Sinamenye, Igisubizo, Wiria, Coronavirus, Dukundane, Changanyikiwa, Iyakuremye, n’izindi.

Avuga ko umuziki w’ahandi mu bihugu bitandukanye utera imbere ahanini kubera ubufatanye abahanzi bagira bwo kuzamurana, Isaac ati: “Nk’aha muri Kenya umuziki wateye imbere, Tanzaniya n’ahandi, ahanini ni uko umuhanzi mukuru (wateye imbere) afata akaboko abandi bakizamuka, ibi rero bifasha abakizamuka kwiyumvamo ubushobozi no gukora cyane”.

KANDA HANO WUMVE 'IYAKUREMYE' YA ISAAC ONE MAN


  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND