RFL
Kigali

Ubushakashatsi: Gufunga umusuzi kenshi bishobora kuba impamvu yo kunuka mu kanwa

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:17/11/2020 19:47
1


Hariho amahirwe menshi abantu babona akababuza amahwemo, ayo atera abantu barenze umwe kwirinda gukorwa n’isoni. Nubwo bimeze bityo, abahanga ntibahwema kwerekana ibishobora kubaho mu gihe umuntu yifashe akanga kurekura umwuka mubi mu ruhame.



Clare Collins, umwarimu w’imirire muri kaminuza ya Newcastle asobanura impamvu umuntu adakwiriye kwifata mu gihe ashaka gusura. Nk’uko inzobere ibivuga, ntabwo ari byiza guhagarika gaze yo mu nda  kubera ko hashobora kuvamo ibibazo bikomeye,;

Porofeseri agaragaza ko ibyo bishobora gutera uburibwe bwo mu nda, ndetse umuntu akaba yananirwa kwihangana burundu agasura bimutunguye noneho akabikora mu buryo bugari kuruta uko yari kubikora mbere.

Yakomeje kandi avuga ko kugumana gaze bishobora gutuma uhumeka umwuka mubi wo mu kanwa, byongera kandi ibyago byo kurwara 'Diverticulitis', indwara yo mu mara kandi iyi ndwara igenda ikura uko imyaka igenda ishira.

Clare Collins, avuga ko aho kugira ngo wicwe no munda kubera kwifata, umuntu ashobora kujya aho abantu batamureba cyangwa batamwumva ubundi agahumeka akabona kugaruka mu bantu, ikindi ni uko kugira ngo wirinde imisuzi ya hato na hato ukwiye kurya ibiryo bike kandi byuzuye intungamubiri, ukirinda ibiribwa bifite gaz.

Src: santeplusmag.com








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Hakizimana donat3 years ago
    Muduhe ingero zimwe na zimwe z'ibiribwa bifite gaz ndetse n'ibidafite gaz





Inyarwanda BACKGROUND