RFL
Kigali

Ibyagufasha kuguma mu rukundo n’umukobwa wihebeye

Yanditswe na: Nadia Kangabe
Taliki:16/11/2020 15:18
1


Si buri musore wese ubona amahirwe yo gukundana n’umukobwa yifuza ngo barambane, ni abasore benshi batazi uburyo bakwitwara cyangwa icyo bakora ngo bagume mu munyenga w’urukundo n’umukobwa bihebeye ari nabyo bibaviramo gushwana.



Niba uri umusore ukaba waragize amahirwe yo gukunda ugakundwa n’umukobwa w’inzozi zawe ukaba wifuza kugumana nawe ibihe byose dore ibyo uzajya ukora bikagufasha kumushimisha maze urukundo rwanyu rugahora rutoshye.

1) Icishe bugufi wige no kubabarira: Niba koko wifuza kuguma mu rukundo n’umukobwa mukundana, urahore wicisha bugufi kuri we ndetse no ku bandi kuko umukobwa wese akunda umuhungu uciye bugufi. Iga kubabarira kuko bizajya biba ngombwa kumubabarira mu gihe yagukoshereje.

2) Ujye ugerageza kumwumva: Mu gihe muri kuganira ujye utega amatwi wumve ikimuri ku mutima, nagira icyo akubwira ucyumve n'iyo waba utemeranya nawe kuko numuhakanya niho hazaturuka intonganya, izo ntonganya nazo zibaviremo kubwirana nabi kandi izo ngeso ntizikwiye ku bantu bakundana.

3) Ube umunyakuri: Wirinde kumubeshya na rimwe, cyirazira kubeshya umukobwa ukunda kandi wifuza kurambana nawe, yaba ari ku gato cyangwa akanini umubwiza ukuri kose. Numubeshya akabimenya ntakabuza azakurakarira ndetse akugabanyirize icyizere yaguhaga.

4) Umushyigikire: Niba hari umushinga runaka ari gukora umushyigikire, niba ari mu kazi ke kamutunze ujye umutera imbaraga, mbese mu byo akora byose ufate iya mbere umushyigikire kandi nawe abibone.

5) Umwubahe: Umukobwa ukunda ujye umwubaha kandi unamwubahishe, wirinde kumusuzugura cyangwa ngo umusuzuguze abandi. Ntuzigere na rimwe ukora ibintu bigaragaza ko utamwubaha.

6) Umwizere: Niba wifuza kuguma mu rukundo n’umukobwa wihebeye, ujye umwizera. Icyizere ni cyo cyizatuma urukundo rwanyu rukomera, bizanatuma nawe akwizera bihambaye kuko nawe umwizera.

7) Mwiteho: Kumubwira ko umukunda gusa ntibihagije ahubwo ujye unabishyira mu bikorwa, umwiteho bishoboka kuko umukobwa akunda umuhungu umwitaho akanamutetesha.

8) Umukundire ukwari: Umukunde wese kandi umukundire uko ateye yaba ari mu myitwarire hamwe n’imico ye, wishaka kumuhindura ahubwo umufate uko ari.

Hari n’ibindi byinshi abahanga mu rukundo batangaza, gusa ibi bintu 8 biri hejuru ni byo by'ingenzi wagenderaho mu gukomeza urukundo rwanyu niba uri mu rukundo n’umukobwa wihebeye kandi wifuza ko mwarambana.

Src: www.loveher.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Asiimwe David3 years ago
    Nonese ubaye umukunda cyane kandi wumva umutinya rimwe na rimwe hari n' iby' utinya kumubwira wabigenz' ute?





Inyarwanda BACKGROUND