RFL
Kigali

Menya ingaruka zo kwikinisha n'ibyo wakora ugaca ukubiri n'iyi ngeso yakubase-VIDEO

Yanditswe na: InyaRwanda
Taliki:16/11/2020 7:58
70


Kwikinisha ni igihe umuntu akorakora imyanya ye ndangagitsina, akabikora agamije kugera ku byishimo bye bya nyuma bizwi nka orgasme.



Iyi 'orgasme' ku bagabo ni ibyishimo umugabo agira mu gikorwa cy'imibonano mpuzabitsina biza mu gihe cyo gusohora (ejaculation) bizwi nko kurangiza.

Ku bagore ibyishimo byabo byo bikaba bizingiye mu buribwe bagira iyo igitsina cyabo kiri kugerageza kwaguka mu bushake bwo gukora imibonano (Painfull vaginal contraction).

Kwikinisha ababikora babikora bagamije kugera kuri ibi ibi byishimo byitwa orgasme bidasabye uwo ariwe wese wabimufashamo.

Muri sosiyete kwikinisha ntibivugwaho rumwe bamwe bigendeye ku muco, imyemerere, iterambere n’ikoranabuhanga, gusa abahanga mu bijyanye n'ubuzima, bashingiye ku bushakashatsi bunyuranye bagiye bakora, bavuga ko kwikinisha ari bibi cyane bagashishikariza abantu kubyirinda.

Kwikinisha byangiza ubuzima bw'ubikora, n’imibanire ye n’abandi mu muryango. Ku rundi ruhande, hari abantu bamwe cyane cyane ababaswe no kwikinisha bavuga ko ari ibintu bigira akamaro mu nzira zo gushaka ibyishimo, kwimenya, kuruhuka no kwimara ipfa.  

Uruhare rw’ikoranabuhanga mu kwikinisha

Uyu munsi ikoranabuhanga rirakataje kutuyobora muri byinshi, mu isi yo kwikinisha naho ntiryatanzwe, biratangaje kuba umuntu ashobora kwiyumva aryamanye n'uwo batari kumwe imbonankubone.

Ibaze kuba abantu bari ku migabane itandukanye ariko bakagirana imishyikirano yo guhuza ibitsina mu bitekerezo, bavugana ku mashusho bizwi nka 'video call'  aho usanga ababikora bavugana bose bambaye ubusa bari gukinisha amarangamutima yabo.

Abandi benshi usanga barabaswe no kwifashisha amashusho y'urukozasoni azwi nka (pornography) bikabagira imbata ku kigero nk'icy'umunywi w'itabi

Ese kwikinisha biterwa n'iki?


Kwikinisha biragoranye guhamya icyaba kibitera nyir'izina gusa ku rutonde rurerure dore ibishobora kuba imbarutso yo kuba imbata yo kwikinisha

1.      Kureba Filime za Porono (Pornography) no kureba amafoto y’abantu bambaye ubusa

Kureba Filime za Porono (Pornography) no kureba amafoto y’abantu bambaye ubusa, bisunikira ubireba mu gushaka gukora imibonano mpuzabitsina, ku muntu uhora ubireba rero igihe kiragera bikaganza imitekerereze ye agatangira gutekereza no kwiyumvisha ko ari gukora imibonano mpuzabitsina kandi mu by'ukuri atari kubikora bya nyabyo ahubwo ari kubikorera mu bitekerezo gusa , bigasa nko kwiremera igikorwa kidahari.         

2.      Ku bantu bamenyereye gukora imibonano mpuzabitsiko, iyo hashize igihe batayikora bijyanye no kuba bari kure y’abafasha babo nko ku bantu bari mu nzu z’imbohe, uku kuba bonyine bijya bibaviramo kwigunga, mu kugerageza kwiyibutsa no gukumbura ibihe banyuzemo bikaba byamuviramo kwikinisha agamije kwishimisha bikazarangira bimubase.

3.      Kuba wahemukirwa n’uwo mwakundanaga ugasigara wumva wakwikemurira ikibazo uri wenyine. Ubushakashatsi bwakozwe bwerekanye ko iyo umuntu afite agahinda ararikira imbonano mpuzabitsina cyane kuko aba yumva ko ari byo byamuruhura bikamuha amahoro. Benshi rero iyo batandukanye n'abo bakundanaga bijya bibasunikira kwikinisha, cyane ko baba bumva bihagije bo ubwabo.

4.      Ku bagore, gukora imibonano mpuzabitsina ntibarangize bituma bikinisha kugira ngo barangize. Nyamara bakabikora bibwira ko bari gukemura ikibazo kandi bari kwiharurira inzira yo kuyoborwa n'amarangamutima yabo.

5.      Hari n’abandi bagendera mu kigare cyane cyane nk’abanyeshuri ugasanga niba umwe abikoze n’abandi baramwiganye.

Ingaruka zo kwikinisha

www.medicalnewstoday.com yerekana neza ingaruka mbi zo kwikinisha n'ubwo bamwe babikora bagamije gushimisha amarangamutima yabo, byagaragaye ko igikorwa cyo kwikinisha gifite ingaruka mbi nyinshi cyane kuruta inziza.

Ingaruka mbi zo kwikinisha dusangamo:

a. Kwikinisha bituma ubikora azinukwa burundu abo badahuje igitsina kuko aba yumva yihagije, ibi bikaba biza mu bisenya ingo za bamwe na bamwe kuko iyo umwe muri bo yabaswe no kwikinisha, undi asigara abona ko nta gaciro agihabwa mu rugo bikaba byabasenyera.

b. Kwikinisha bibata uwabikoze bikamukururira guhorana umunabi no kwiheba agasigara yumva ko nta kintu na kimwe kimukanga.

c. Kuba imbata yo kwikinisha byangiza udutsi two mu bwonko ukaba waba umuntu uhubuka, utazi gufata ibyemezo, ugatangira kugira ibibazo birimo gususumira ndetse n’ingingo ntizikomere.

d. Bitera gusaza imburagihe

e. Bitera kubabara umugongo, no guhorana umunaniro ukabije

Umwihariko ku bagabo

a. Bibatera ikibazo cyo kurangiza vuba mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina 

b. Umugabo cyangwa umusore byagize imbata hari igihe bagera aho bajya kunyara n’amasohoro akaza

c. Byangiza intangangabo zikaba zaba ibihuhwe cyangwa ntizikorwe neza bikaba byabaviramo gutakaza ubushobozi bwo kubyara

d. Ikinndi kandi kwinisha byongera ibyago byo kurwara cancer ya prostate ku bantu bikinisha ntibarangize

Ku bagore n'abakobwa

a. Abagore bo kwikinisha bibatera gutinda kurangiza bijyanye no kwangiza rugongo ku buryo badashobora kurangiza keretse bikinishije.

b. Kwikinisha ku mugore byagize imbata, asigara na we yarihaze atakita ku biranga ubwiza bw’umugore nk’umusatsi, isura ndetse n’ibindi kuko nyine aba yumva ntawe akeneye ko amwitaho.

Icyo wakora ugaca ukubiri n'iyi ngeso yo kwikinisha

Nk'uko www.healthline.com dukesha iyi nkuru ibigaragaza ivuga ko hari uburyo bw'ingenzi bwafasha umuntu wabaswe no kwikinisha akaba yabicikaho gahoro gahoro mbese bisa nko gufata urugendo rushya kuko atari ibintu umuntu acikaho ako kanya, gusa uwarutangiye akagira ubutwari bwo kururangiza, kuri we kwikinisha biba nk'umugani ngo kera habayeho.

Mbere na mbere bagira inama uwabaswe no kwikinisha yo kwirinda kuba ari wenyine igihe kinini. Kuko kwigunga biza mu bya mbere bikuyobora kuzana ibitekerezo bibi, ikindi uretse kwifashisha ubufasha bwo kwa muganga, banagirwa inama yo kugana abaganga b'inzobere mu by'imyororokere no mu by'imitekerereze kuko bifasha kwiremamo imico igufasha mu gutekereza amarangamutima meza, iguhugisha kandi ikakurinda kutayoborwa n'irari. Ku mwanya wa mbere bakugira inama bati;

1.      Reka kureba filimi za poronogarafi ndetse n’amafoto y’abakobwa bambaye ubusa cyangwa se abasore bambaye ubusa. Ugerageze kugenda ubicikaho

2.      Gerageza gushaka ikintu uhugiraho nko gukora siporo, guhimba indirimbo, gushushanya, kwiyungura ubumenyi ku bintu bishya, no gusura inshuti  mu rwego rwo kurangaza no kurinda ibitekerezo byawe amarangamutima mabi.

3.      Irinde kurara wenyine kuko iyo ubitekerejeho uri kumwe n’umuntu utinya kubikora bityo uko iminsi igenda yicuma utabikora ni nako ubicikaho gahoro gahoro

4.      Mbere yo kuryama reba ibintu ukora ku buryo unanirwa ugahita usinzira.

5.      Gerageza gushaka inshuti z’abo mudahuje igitsina, ibi biragufasha cyane. Aha bisa nko kuzimya umuriro ukoresheje undi muriro, gusa ibi bizagufasha kurema amarangamutima meza no kutihugiraho ahubwo bikagura imibanire n'abandi

6.      Gerageza kubaka umubiri mu buryo ushoboye nko kurya indyo yuzuye irimo ibyubaka umubiri, ibitera imbaraga, n'ibirinda indwara, ibi bijyana no kwirinda ibiyobyabwenge, kunywa inzoga nyinshi ukarenza urugero no kunywa itabi, gusa by'umwihariko ukibanda ku kurya imbuto n’imboga zitandukanye kuko bituma umubiri wiyubaka ukanagira imbaraga bigatuma uhangana n’ingaruka zo kwikinisha.

7.      Indi ngingo ikomeye usanga hari ababaye imbata yo kwikinisha ntibibuke ngo bajye kwivuza mbese bakabifata nk'aho atari uburwayi, niba ugira igikomere ukajya kwa muganga ugomba kumenya ko ibi bibazo bitandukanye birimo iby'imibanire, imitekerereze, imyitwarire nabyo biravurwa bigakira. Inama iruta izindi gana muganga agufashe, arahari ku bwawe. Niba ufite iki kibazo cyangwa uzi ugifite wamugira inama yo kujya kwa muganga.

Kuko ibi ni ibibazo bivurwa kandi bigakira. Gisha inama umuganga w'inzobere mu by'imitekerereze ndetse n’inzobereye mu buzima bw’imyororokere, bazagufasha ku buryo bw'imiti ndetse n'ubujyanama bwihariye bizagufasha gukira.

              Kanda hano umenye byinshi


Ubuzima bwiza ni ishema ryacu






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Philippe musemakweri3 years ago
    Murakoze rwox ndabashimiye kuko izinama zanyu nanazanditse
  • niyonzima1995@gmail.com2 years ago
    Ubuzima bwiza ishema ryange
  • Bigirimana2 years ago
    Nabikoraga burimusi ariko nsigaye ndabikora mucumweru rimwe aho harikibazo ndumuhungu.
  • challom shimwe2 years ago
    umuntu yokor kik kugira areke kwikisha?
  • Channel2 years ago
    Mwubahwe murokoye ubuzima bwa benshi cnecne imisore
  • Germaine2 years ago
    Ntamuti wagufa kugabanya umugongo
  • KWIHANGANA emmanuel2 years ago
    Umuntu agomba kureba Ikintu ahuguraho mugihe ariwenyine.
  • Moore merci1 year ago
    Dashaka inama zitadukarye zafasha kutabikora nimiti yigishenzi yafasha
  • SINGIRANUMWE EVARISTE1 year ago
    KWIKINISHA NIBIBI CYANE NAGIRA INAMA UWABITEKEREZAGA AKABIREKA
  • bade1 year ago
    ese nuwuhe muti umuntu yagwa akabicyikaho borundu ?
  • Désisé1 year ago
    Kwel nivyiza ahubwo mukwiy kuza muraduha amakuru atandukany nayo ahandiho twokwiyica mubint tutazi murakoze
  • Léonard1 year ago
    Muhezagirwe kumpanuro mutanze. Ariko naho bigoye kuvamwo ntitwihebure kuko dukwiye kuvyereka Uwiteka kuko we ashoboye vyose. Si ukutwonona gusa, birababaza umuremyi wacu. Uwufise akanya azahore yiyegereza Imana ayisabe kunesha iyo mpwemu mbi itwizingirako akenshi.
  • itangishaka felix 1 year ago
    Nge mfite ikibazo nzi uwikinishije imyaka irenga 5 ubwo atandukanye nabyo ingaruka zabyo nazo zashira Nkinanga zabay ibihuhwe
  • Nshuti jovithe saviour1 year ago
    Murakoze cyane kunama nziza mutanga knd murakoze kudufasha kumenya uko wakwirinda iki kibazo kuko nange narinzi inshuti yange igifite gusa ubu menye aho nahera mufasha murakoze.
  • KWibuka dan1 year ago
    Maze imyakab 4 nikinisha esenimbi reka ingaruka zizakira doreko ingaruka hafi yazose ndikuzibona uhereyubu sizongera kinisha imana ibindinde hawenabo duhuje ikibazo mina ryayesu
  • jean,damour ntirandekura1 year ago
    mukorerahe muri gatsibo
  • Jackson 1 year ago
    Incuti yanjye yikinishije 5yrs noneho ubu amaze nka 2month abiretse ya bwirwa niki ko akibyara aracyarumusore cq ubu ingaruka zokuba atabyara ntizaba zaramufashe
  • Captain1 year ago
    Murakoze cyane kwici cigwa muduhay
  • Beni1 year ago
    Kwikinisha bituma wibagirwa vub
  • Rurangwa shafi1 year ago
    Ese umuntu wikinishije kuva 2012 kugera 2022 akabireka Yakira ingaruka zabyo





Inyarwanda BACKGROUND