RFL
Kigali

Menya inkomoko y’ukwezi kwa buki, n’ahantu nyaburanga ku isi abantu bakunda gutemberera muri iki gihe

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:12/11/2020 21:17
0


Ukwezi kwa buki ni ikiruhuko gifatwa n’abantu babiri bakimara gushyingirwa, mu buryo bwo kwishimira urugendo rushya rw’ubuzima batangiye. Mu bihe bya none, ukwezi kwa buki kwizihirizwa ahantu hadasanzwe kandi hashimishije bitewe n’ubushobozi bwa buri bamwe. Ese ukwezi kwa buki kwatangiye gute? Ese ni he abantu batemberera cyane muri ibi bihe?



Amateka agaragaza ko mu ntangiro, iki gihe cy’ukwezi kwa buki ntaho cyari gihuriye n’iminsi igize ukwezi dusanzwe tuzi, ahubwo cyari ikigereranyo cy’uburyo urukundo rw’abantu babiri bagishakana rugenda rusa n’urugabanuka nyuma y’uko bamaze kugera mu rugo ndetse n’uburyo umwe yitaga ku wundi rimwe na rimwe bikagenda bigabanuka.

Ibi rero bakabihuza n’ibihe by’ukwezi (Phases of the moon) uku tureba mu kirere, bigaterwa kandi n'uko ukwezi kwamurikaga neza cyane, nyuma y’iminsi micye kukagenda kugabanuka mu ngano ari na ko kugabanya urumuri kugera kubuze burundu.

Mu muco wo mu bihugu byo mu burengerazuba bw’isi cyangwa se uburayi muri rusange, umuco w’uko abageni bakimara gushyingirwa bajya mu cyiruhuko ari bombi bonyine, watangiye gusakara ahagana mu kinyejana cya 19 uhereye mu gihugu cy’Ubwongereza.

Muri icyo gihe ababaga bashyingiwe bo mu miryango ikomeye (upper-class) bafataga urugendo, rimwe na rimwe baherekejwe na bamwe bo mu miryango yabo babaga batarabonye uburyo bwo gutaha ubukwe.

Guhera mu 1820 uyu mugenzo waje gukwira mu bihugu byose by’uburayi nyuma Abafaransa bawita gutembera mu buryo bw’Abongereza (voyage à la façon anglaise).

Umunyamateka w’umwongereza witwa Robert Green yagaragaje ko ukwezi kwa buki nk’ikiruhuko kivanze no gutembera ahantu nyaburanga tuzi ubu bikorwa n’abageni bakimara kubana, byatangiye ahagana mu 1952.

Nanone kandi hari andi mateka agaragaza ko igihe cy’ukwezi kwa buki cyaba gifite inkomoko mu kinyejana cya 5, ubwo mu bihugu byinshi abantu babaga bamaze gukora ubukwe bahabwaga ikinyobwa kitwa mead mu gihe cy’ukwezi kose bakimara gusezerana.

Iki kinyobwa kitwa mead kiri mu bwoko bw’ibisindisha, kikaba gikozwe ahanini n’ubuki, amazi umusemburo (yeast), n’umutobe w’imbuto nk’inkeri amacunga n’izindi. Mead yazanwaga n’abatashye ubukwe nk’impano bageneye abageni, ariko nta wundi muntu wabaga yemerewe kuyinywaho.


Ikinyobwa cya Mead cyahabwaga abageni nk'impano

Iki kinyobwa cyahabwaga abantu bagishakana kuko bavugaga ko kifitemo ubushobozi bwo kongera ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina. Gusa kuri ubu ijambo ukwezi kwa buki (honeymoon) rifite ubusobanuro bwiza n’ubwo byatangiye bivuga uburyo urukundo rw’abantu babiri rugenda rugabanuka nyuma yo kubana.

Mu mwaka wa 2015 abashakashatsi bagaragaje ko kujya mu kwezi kwa buki bigabanya ku rugero rwo hejuru ibyago byo gutandukana hagati y’abantu bamaze gushyingiranywa.

Hari igihe rero abashakanye batumvikana ku hantu bombi bagomba kujya mu gihe cy’ukwezi kwa buki, umwe yifuza aha undi yifuza hariya. Muri iki gihe hari uburyo bumaze kumenyeka nka Solomoon cyangwa Unimoon, aho nyuma yo kutumvikana ku hantu ho kujya buri umwe mu bamaze gukora ubukwe afata inzira akajya gutemberera aho ashaka, na mugenzi we akajya ahandi yumva ashaka, bakajya bakomeza kuganira bisanzwe nk’abakundana ariko batari ahantu hamwe.

Kuri ubu hari igihe umugore ajya mu kwezi kwa buki ukwe n’umugabo ukwe

Ubu buryo bwo kujya mu kwezi kwa buki umuntu ari wenyine bwadutse muri iki kinyejana turimo cya 21, by’umwihariko bitijwe umurindi na zimwe muri Filime zerekanaga ko ibyo bintu bishoboka harimo nk’iyitwa Sex and the City yasohotse mu 2008, iyitwa Like Father yo mu 2018 n’izindi.

Dore ahantu nyaburanga hatandukanye ku isi abantu bakunda gutemberera mu kwezi kwa buki

1.      Ubugereki 

Ubugereki ni igihugu gifite inzu ndangamuco nyinshi kubera amateka maremare cyane y’iki gihugu, zikaba zakira abakerarugendo benshi buri mwaka baba biganjemo abantu baje mu kwezi kwa buki. Ubugereki kandi ni igihugu kizwiho kugira amahoteli ategura amafunguro aryoshye, abantu bakirana urugwiro ababagana ndetse n’ikirere cyiza cyane.



Ubugereki ni kimwe mu bihugu abantu bakunda gutembereramo mu kwezi kwa buki kubera amahoteli yaho ateye amabengeza

2.      Uburengerazuba bwa Norvege

Imisozi y’udusongero duteye amabengeza ya Sunnmore na Lofoten izengurutswe n’amazi y’inyanja asa neza cyane ituma abantu benshi bifuza kuyurira. Abantu bari mu kwezi kwa buki bakunda gutembera mu mazi arimo akayaga gake cyane agenda aca hagati y’imisozi bigakora ikitwa fjords, biba binogeye amaso cyane.



Inzira z’amazi zica hagati mu misozi (Fjords) yo muri Norvege ni kimwe mu bikurura abantu bari mu kwezi kwa buki

3.      Ubutaliyani

Mu gace ka Puglia mu Butaliyani hari umugi witwa Castel del Monte wubatswe kera cyane mu 1240 n’umwami witwaga Federico II, abageni benshi bagishakana bakaba bakunda kuhasohokera mu gihe cy’ukwezi kwa buki kubera ukuntu ari hejuru ku musozi kandi hakaba hitegeye ibibaya byiza n’inyanja yitwa Adriac sea.

Abantu bari mu kwezi kwa buki kandi bakunda gusura ubutaliyani bakuruwe n’ibindi bintu nyaburanga bihaba nk’ubuvumo (caves) n’amashyamba meza cyane yaho.



Abantu bari mu kwezi kwa buki bakunda gusohokera mu butaliyani cyane

4.      Zanzibar

Zanzibar ni ikirwa kiza cyane giherereye mu nyanja y’abahinde, abantu bari mu kwezi kwa buki rero bakaba bakunda kujya kuharuhukira kubera akayaga keza kaba ku mucanga uri iruhande rw’inyanja, udusimba tuhaba dutangaje nk’utunyamasyo tw’icyatsi n’ibindi.

Zanzibar ni hamwe mu duce two muri Afurika abari mu kwezi kwa buki bakunda gusura cyane

Ahandi hantu hakunda gusohokerwa n’abari mu kwezi kwa buki ni ahitwa Comporta muri Portugal, muri Maldives, mu gihugu cya Zambia bakurikiyeyo inyamaswa z’akataraboneka zisigaye hacye ku isi zihaboneka, Indonesia, ikirwa cya Iceland gihoraho urubura, ikirwa cya Andaman mu Buhinde n’ahandi henshi hatandukanye.


Ikirwa cya Andaman nacyo cyishimirwa n’abantu benshi bari mu kwezi kwa buki

Src: Countryliving & Travelermaster & Newyork Times






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND