RFL
Kigali

Noopja wamamaye mu ndirimbo 'Murabeho' wanahaye izina Element yaburiye he kandi afite ubushobozi bw’amafaranga?

Yanditswe na: Peacemaker Pundit
Taliki:2/11/2020 11:37
1


Nduwimana Jean Paul wiyita izina rya Noopja mu myaka yo hambere yakoze indirimbo iba kimenyabose amasosiyete atandukanye arayikoresha mu kurwanya Sida karahava ariko aza kuburirwa irengero. Ubu yamaze gusobanura icyamuteye kubura mu muziki ariko akagaruka mu yindi sura naho Producer Element ngo nta kintu yari yakora bamwitege mu minsi iri imbere.



Indirimbo Murabeho ya Noopja yatumye yamamara cyane yagiye hanze mu mwaka wa 2011, ikundwa cyane n’abiganjemo abakuze kubera ubutumwa bukebura urubyiruko bwo kwirinda ubusambanyi, banacikwa bagakoresha agakingirizo.

Ubu Nduwimana Jean Paul ntawavuga ko yabuze ubushobozi bwo kongera gukora umuziki dore ko ari we nyiri Studio Country Records iri kubica bigacika muri iyi minsi bitewe n’ubuhanga bwa Producer Element uyibarizwamo. Mu mwaka wa 2013 Noopja yakoze indirimbo ebyiri, imwe yitwa: 'Umusanzu', indi yitwa 'Tera intambwe Rwanda'

Icyo gihe uwavuga ko zitamenyekanye mu Rwanda ntiyaba ari kure y’ukuri gusa iwabo ku ivuko i Rusizi zaramenyekanye ziranakoreshwa mu bikorwa bitandukanye bya Leta. Muri iyo myaka Noopja ni we muhanzi wari ukunzwe mu karere avukamo ariko rero yigeze kuvuga ko mu mwaka wa 2013 agiye kongera agatege agakora umuziki akamenyekana mu gihugu hose.

Ese yarabishoboye?

Noopja uwavuga ko atasohoje amasezerano yari yarihaye yo kongera kwamamara mu gihugu hose ntiyaba ari kure y’ukuri. Aganira na Sunday Night ku Isango Star (Tv) yavuze ko mu buzima ibizazane bitabura.  Yagize ati: ”Usanga umuntu yifuza gukomeza gukora umuziki ariko bikanga nyamara ku bwe aba afite ibimukoma mu nkokora n'ubwo abakunze umuziki we biba bifuza gukomeza kumwumva mu ndirimbo nshya kandi ziryoshye”.

Noopja kuri ubu afite studio ye ikoreramo abahanzi bafite amazina n’abakizamuka, batunganyirizwa indirimbo na Producer Element. Hari Country Gang avuga ko ari ikipe ihuriyemo n’abanyamakuru, abahanzi n’abandi bose bamenyekanisha ibikorwa bya Country record.

Hari abazi ko atakibaho bitewe n’indirimbo Murabeho

Noopja nyuma yo kumenyekana yaburiwe irengero abantu bakeka ko ibyo yaririmbye byamuteye umwaku. Ariko rero ntaho yagiye arahari ariko ntahari akora umuziki ahubwo ahari ari mu bucuruzi bwawo binyuze muri iyi studio iri gukora indirimbo zikunzwe mu gihugu no hanze yacyo. 

Yagize ati: ”Kugenda ni wowe ubwawe ufata umwanzuro wo kugenda, abavuga ko napfuye sinabarenganya kuko ukurikije umurindi nari ndiho utandukanye n’uko byakomeje mu byukuri umuvuduko narimfite muri icyo gihe si wo ngifite ubu biterwa n’impamvu zitandukanye ku ruhande rwange ariko zitumvikana ku bakunzi banjye”.

Noopja avuga ko inshingano zamubanye nyinshi bityo abura umwanya wo gukomeza gukora umuziki, icyokora avuga ko umuziki awufite ku mutima ariyo mpamvu yakomeje kurwana kugirango Country record ikomeze itere imbere.

Noopja watangiranye n’abaproducers babiri ubu akaba ari kumwe na Element byagenze gute?

Mu 2018 afungura studio ye yatangiranye na Iyzo pro wari ugezweho icyo gihe ndetse na producer Niz Beats ubu inkingi ya mwamba afite anakesha byose muri iyi minsi ni Producer Element. Noopja avuga ko gukorana n’umuntu ufite icyerekezo kigufi bimuvuna ndetse imyitwarire iri mu by’ibanze aheraho. 

Duhereye kuri ayo magambo abiri, icyerekezo kigufi n’imyitwarire idahwitse birashoboka ko yaba ariyo yabaye intandaro yo gutandukana n'aba Producer batangiranye, uyu munsi akaba ari gukorana neza na Element.

Producer Elemenet yari akiri muto mu mwuga akora utu 'beats' ariko bigaragara ko afite impano. Noopja asobanura ko uyu musore yari afite impano yo kuririmba ariko atabona ayo amushoramo.

Nduwimana Jean Paul yabanje kumva injyana zikorwa na Element yumva bitewe n’ubushobozi buke azikorana bitewe na mashini idashinga, zifite ubuhanga kurusha abafite ibikoresho bifatika. Noopja aganira na Element yasanze ashaka kuba umuhanzi kurusha utunganya imiziki. Ati: ”Twaraganiriye numva yifuza kuba umu artiste ariko ndamubwira nti no production wayishobora. Element yamubwiye ko abonye aho yihugurira akiga 'software' zabugenewe yabibasha”.

Noopja avuga ko iyo umwana amubwiye ko yashobora ikintu ubusanzwe abiha agaciro cyane


Element yamaze kumvikana na 'boss' we bityo yemera kuva iwabo mu cyaro mu karere ka Karongi ahahoze ari ku Kibuye aza mu Mujyi wa Kigali ariko ataje gutunganya imiziki ahubwo aje guhanga.

Guhemukirwa n’abatunganya indirimbo ze byabaye intandaro ya Noopja kumubwira ko yabyaza indi mpano afite isinziriye

Element ageze i Kigali, Noopja yamujyanye muri studio yifuzaga ku ba producers bari inzozi ze ariko gutunganya indirimbo byajemo kidobya ntizaboneka. Ubu buhemu buramenyerewe ku batunganya indirimbo aho usanga akenshi barindagiza abahanzi bakizamuka dore ko baba bizeye ko nta ngaruka bizagira nyamara amaherezo hari igihe bihemukira uwabikoze kurusha uwabikorewe.

Noopja yabwiye Element ati: ”Ariko Eleeeh twa tu beats ujya ukora ubihaye umwanya mu gihe gito aba badusuzugura ntabwo twabihimuraho?”. Noopja yakomeje abwira Element ko amakosa aba producers bakorera abahanzi yamubera isomo akazayakosora. Robinson Fred Mugisha yirinda kuvuga abamuhemukiye. 

Ku myaka 20 y'amavuko amaze gukorana n’abahanzi b’ibyamamare barimo The Ben yakoreye indirimbo Kola yanditswe na murumuna wa Noopja witwa Kinyoni, Bruce Melody yakoreye Henzap na Saa moya iri mu zarebwe cyane kuri shene ye You Tube, Emmy yakoreye Care n'indirimbo yakoreye Uncle Austin. Abahanzi bo muri The Mane yabakoreye iyitwa Ikanisa, mu karere bivugwa ko ari gukorera Sheebah Karungi na Ykee Benda ndetse n’abahanzi bo muri Nigeria.

Benshi ntibazi ko izina Element yaryiswe na Bosi we Noopja

Ubundi mu muziki yakoreshaga akazina ka Robyn kavuye ku rye Robinson. Iryo zina ntabwo ariryo yari gukoresha muri production. Noopja ati: ”Kugira ngo ikintu kigushobokere amahitamo uba ufite ni ukwinjiramo wese, twari tugiye gutangira urugendo buhoro buhoro ariko tuzasoza naramubwiye nti rero tugomba gushaka izina kuko ntabwo wakora ngo numenyekana uzabone gushaka izina byose bikorwa kare, nahisemo Element kuko nabanje kureba icyerekezo cye n’ibintu azi namwise Element kuko yari ikintu cyangwa se umuntu uje mu bandi bantu benshi namubwiye ko ari ishyiga mu yandi asanzweho mu muziki wacu”.

Noopja asobanura ko atari yitaye ku myaka bizabafata cyangwa se imbogamizi bazahura nazo ariko bagomba kugera ku byo biyemeje. Gusa Noopja yari azi neza ko uwo musore ukiri muto azavamo umuntu w’igitangaza. Yamubujije gukora indirimbo ahubwo amumurikira umwuga wo kuzitunganya kugira ngo bace ubuhemu n’agasuzuguro kaba muri uwo mwuga.

Izina Element yabanje kuryanga yifuza Robyn

Izina yahawe rya Element yabanje kuryanga kuko yumvaga yakomeza gukoresha iryo yari asanzwe akoresha muri muzika. Element ati: ”Iyo umuntu ari mutoya aba yemerewe gutsimbarara ku bitekerezo bye ako kanya sinabyemeye nakomeje kubitekerezaho numvaga ntararishyikira neza nagiye nkura muri industry ngenda ndyemera nasanze koko izina rinkwiriye”. Abifashijwemo n’umuyobozi wa Country Records, NoopJa yashatse amahugurwa y’amezi atandatu mu bijyanye no gutunganya indirimbo yahawe n’aba producers bo muri Nigeria.

Producer Element umuhanzi yakoreye indirimbo bwa mbere byaramushimishije

Itahiwacu Bruce Melody ni we muhanzi wa mbere Element yifuje gukorera abibwiye umuyobozi we abyumva vuba. Noopja ahamagaye Bruce Melody yabanje kumwiryaho phone arayihorera. Element yahamagaye Bruce Melody na we aramwihorera ariko ntiyacitse intege ahubwo yakomeje kugerageza kera kabaye aramwitaba. Ati: ”Namubwiye ko mfite beats nyinshi nakoze ubishoboye wahaca wakumva hari icyavamo tukagira icyo dukora. Bruce yamubwiye ko nabona umwanya azahanyura ariko Element yarategereje araheba”.

Nyuma umuhanzi Danny Vumbi yatembereye muri studio asanga undi ari gukora beat ibindi yarimo akora yarabiretse atega amatwi uwo mwana noneho yumva ari gukora ibintu byiza. Yamusabye ko yayibyaza umusaruro noneho ahita akora indirimbo 'Ndacyari Muto'. Iyo ni yo ndirimbo ya mbere yakoze. Igihe cyarageze Bruce Melody amugeraho aranamushimira cyane kuba yaramuhaye agaciro. Umuhanzi Bruce Melody indirimbo yakorewe bwa mbere ntabwo irasohoka izaba iri kuri Album ari gutegura.

Producer Element nta kintu yari yakora mu muziki

Ni benshi twagiye tubona mu ruganda rwo gutunganya imiziki biza kurangira baburiwe irengero, usibye ibiyobyabwenge byasaritse urubyiruko n’abari muri urwo rugendo abenshi baramenyekana bikabarenga bakabura uko bagenzura ubwamamare. Element ati: ”Icyerekezo nihaye ntaho nari nagera mba numva bitaraza tu!”. Indirimbo Henzap avuga ko yamufunguriye amarembo ku buryo azajya ayifata nk’umunsi we w’amavuko.

Noopja asobanura ko Element afite intumbero ihambaye ku buryo yifuza ko abahanzi bo hanze bazajya batega indege bakaza gukorera indirimbo mu Rwanda. Urugero atanga ni uko ubu mu minsi ya vuba hari indirimbo yakoreye abahanzi bo muri Nigeria bamaze gukorerwa indirimbo zizajya hanze vuba aha.

Element afite inzozi na we atabasha gusobanura kuko zimurenze. Kuri ubu studio ya Country Records iri mu zihanzwe amaso mu gutanga umusanzu mu ruganda rwa muzika Nyarwanda. Producer Element ku myaka 20 y’amavuko ni umwe mu bari kwitwara neza mu gukora imiziki ikunzwe n'ubwo hari abavuga ko ikoze mu buryo bumwe, gusa umuyobozi w'iyi studio avuga ko igihe ari umucamanza mwiza uko iminsi ishira abakunzi ba muzika bazarushaho kumenya ukuri ku bijyanye n’imiziki iri gusohoka muri iyi minsi niba ifite ubuhanga ugereranyije n’indirimbo zakozwe mu myaka yatambutse.

Producer Element yihariye mu bijyanye no gukora beats cyangwa se injyana z’indirimbo noneho agaha umwanya abandi basobanukiwe ibijyanye na 'mastering na mixing' cyangwa se guhuza indirimbo n’amajwi biyunguruye.

Indirimbo ikorwa mu byiciro bitatu:

Gukora injyana (beat) kuyifata amajwi (audio recording) no guhuza ibyo byose (mastering and mixing). Bivuze ko Element akora ibice bibiri agaha undi agasoza indirimbo. Ntibivuze ko nabyo atabizi ahubwo abiterwa n’umwanya muto ndetse n’abamugana benshi. Mu bihugu byateye imbere usanga buri wese afite uruhare rwe mu ndirimbo ari cyo gituma indirimbo isohoka iryoheye amatwi. Producer Element asanga Juno Kzigenza afite impano kandi ari umuhanga ku buryo amubonamo icyerekezo.

UMVA HANO INDIRIMBO 'HENZAPU' YAFUNGURIYE AMAREMBO PRODUCER ELEMENT


  







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • musabimana eric wi kamonyi1 year ago
    nakomeze gukora music natwe abanyarwanda turamushyigikie? eleeh





Inyarwanda BACKGROUND