RFL
Kigali

Umva ikiganiro kibabaje nyuma yo gutandukana hagati y’umukobwa n’umuhungu

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:2/11/2020 8:47
2


Muraho neza! Iki ni ikiganiro hagati y’umukobwa n’umuhungu bamaze gutandukana hashize amezi make. Nyuma yo kumva iki kiganiro uratekereza ko ari wowe umuhungu wari gukora iki ? Nyuma y’amagambo y’ugukunda se bwo wari guhitamo gukomeza kumusiga cyangwa ku bwawe wari bugire imbabazi?



Umuhungu: Muraho neza?

Umukobwa: Yego!

Umuhungu: Byagendaga ?

Umukobwa: Yego

Umuhungu: Byiza

Umuhungu: Ni amahoro ?

Umukobwa : Yego! Ni ibiki ariko ?

Umuhungu: Ndagukumbuye

Umuhungu: Ndagukunda.

Umuhungu: Urabyumva ?

Umukobwa: Sinkigukunda na gato.

Umuhungu: Ariko warabikoze! Wigeze unkunda?

Umukobwa: Yego, ariko nigayira ibyo nakoze

Umukobwa: Ese wambabarira ukarekera ho kunyandikira ?

Umuhungu: Ariko , Nda,……

Umukobwa: Byararangiye hagati yanjye nawe, Please rekera aho.

Umuhungu: Yego, Ese nagusaba ikintu kimwe cya nyuma ?

Umukobwa: Ok, Gira vuba nta gihe kirekire mfite

Umuhungu: Ariko iteka wahoze umfitiye igihe kinini muri iyi si? Ariko ntakibazo, Nashakaga kukubaza, Ese wowe byarakoroheye kunsiga?

Umukobwa: Ibiki se byari byoroshye?

Umuhungu: Kunsiga njyenyine. Ukagenda nta no gusezera wagira ngo nari ubusa imbere yawe. Wagira ngo twese twari ubusa. Wagira ngo ntacyo nari mvuze kuri wowe. Amasezerano yose urayangiza, umena umutima wanjye mo inshuro igihumbi. Ese byarakoroheye koko ?

Umukobwa: Ndangizanyije nawe, Ndambiwe kuba amahitamo yawe ya kabiri kandi nanga kuba amahitama ya kabiri y’umuntu.

Umuhungu: Ese nigeze nkufata nk’amahitamo yanjye ya kabiri ?

Umuhungu: Uzi ko byambabaje kukubura sibyo ?

Umukobwa: none, Iki ?

Umuhungu: Ubu ni uburibwe ndimo pe.

Umukobwa: Ok! Ntabwo ari amakosa yanjye kuba uri kuribwa rero. Hashize amezi dutandukanye.

Umuhungu: Yego, hashize amezi, ariko rimwe na rimwe uburibwe buraryana kurusha iminsi tumaze dutandukanye.

Umuhungu: Nagerageje uko nari nshoboye ngo nkwibagirwe ariko biracyambabaza, iyo mbigerageje ndababara, ndifuza wazagaruka.

Umukobwa: Byari ibyo! Ngaho rero rekera aho kuntegereza, kuko bizakugabanyiriza uburibwe.

Umuhungu: Ntabwo ubyumva. Nta nubwo wigeze ubyumva pe.

Umukobwa: Yego, Yego, ndabyumva igihe cyose byahoraga ari njye, ni njye utarumvaga ibintu.

Umuhungu: Ese utekereza ko ndi mu buribwe kubera ko nkutegereje? Uzi ko nabyo biryana?

Umukobwa: Kuki se nabyo utabivuze kare ? Erega ni wowe uzi byose.

Umuhungu: Ikiri kumbabaza cyane ni uko ntashoboye guhitamo niba nagusiga cyangwa niba nakomeza gutegereza.

Umukobwa: Ok , nta kindi nshaka kumenya noneho. Nagutakarije icyizere, nabivuyemo.

Umuhungu: Yego , gusa njye ndacyagufitiye icyizere.

Umukobwa: Icyizere se ko tuzongera gukundana? Amahirwe masa.

Umuhungu: Oya! Ikintu nizeye ni uko umunsi umwe nawe uzankumbura, umunsi umwe nawe uzongera unkunde nk’uko nkukunda.

Umukobwa: Ndumiwe! Rekera ho ibyo byiyumviro kandi ntiwongere kunyandikira.

Umuhungu: Ndashaka kumva ko nakize

Umukoba: ……..

Umuhungu: (Block her)

Ukurikije ibyo wasomye, hari aho uzi ibisa n’ibi ? Ese byasiga irihe somo ku mpande zombi ? Ibisubizo ni wowe ubifite. Muri iki kiganiro twifashishije ikinyamakuru Lovequotes.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Lolo 3 years ago
    Birababaje yego, gusa nagira inama abahungu ndetse n'abakobwa mbere yo kwishora munkundo, bajye baha agaciro imirimo ibanezeza. Kuko nyuma yogutana niyo ibajyenga, bakareka guta igihe kuko urukundo si amarangamutima aramba ndetse nahandi baruhasanga bikaba byiza kurushaho. Gusa cyingenzi Nugukora ugashaka ikizagutunga aho guhobagira.
  • Murenzi Dieudonne3 years ago
    Yego nibyo koko biravabaje kwiruka inyuma y'umuntu utagukunda kubera amarangamutima umufitiye knd we Ari kwigiza nkanta nkaho aragukeneye So. inama nagira uwo musore nuko yagerageza kwihanganira uburibwe nubwo bitoroshye Akagerageza kubaho ubuzima mbwe bwite ariko Icyo nzi cyo nuko bitinde cyangwa x bitebuke Uwo mukombwa nawe abona ko ibyo yakoze Atari byiza Kuko akenshi bakunze kukugarukira basanga nawe warubatse ubundi buzima cyangwa waramwivanyemo Murakoze @Dodo pro rwanda





Inyarwanda BACKGROUND