RFL
Kigali

Ibintu 8 by’ingenzi abagabo bifuza ku bagore badakunze kuvuga

Yanditswe na: Nadia Kangabe
Taliki:27/10/2020 10:30
0


Igitsinagabo akenshi kiba gifite ibintu byinshi gikeneye ku gitsinagore n'ubwo kenshi hari ibyo tugira ingenzi ibindi tukabigira ibisanzwe gusa nta kiza nko kumenya ibyo umugabo wawe akunda cyangwa umukunzi wawe maze ukabyubahiriza ukiturira mu munyenga w’urukundo. Sobanukirwa ibintu 8 igitsinagabo gikunze kwifuza ku bagore n'ubwo batabivuga.



Si inkuru mbarirano ko abagabo benshi bakunda igitsinagore bakurikije ubwiza babona inyuma ku mubiri. Ibi byashyigikiwe n’abagabo benshi aho bahamya ko bakunda abagore basa neza ku isura, gusa kandi ibi ntibikuyeho ko hari ibindi bintu abagabo baba bifuza ku bagore kugira ngo bagirane umubano urambye. Muri ibyo bintu by'ingenzi abagabo bifuza akenshi ntabwo batinyuka kubivuga. Bimwe muri ibyo harimo 8 bikurikira:


1. Bakunda umugore wifashije: Yaba ari abakobwa cyangwa abagore, abagabo bishimira umutegarugori wifashije yaba ari ukwitunga ndetse no kugira akazi. Birazwi ko akenshi usanga abakobwa ndetse n’abagore bitabwaho n’abagabo bakundana mu buryo bw’amafaranga. Abagabo benshi bo bakunda abagore bashoboye kwifasha mu buryo bw’amafaranga, ntibakunda umugore uhora abasaba amafaranga.

2. Bakunda umutegarugori uzi kwiyitaho: Birazwi ko kwiyitaho ari kimwe mu bintu abari n’abategarugori bitaho cyane, gusa hari n’abandi batabyitaho. Abagabo nabo bakunda umutegarugori uzi kwiyitaho mu buryo butandukanye. uzasanga iyo bagiye kurambagiza bita ku isuku,imyambarire irangwa n’umukobwa. N'ubwo yaba afite ubwiza buhebuje ariko atazi kwiyitaho, uyu mutegarugori ntabwo akundwa n’igitsinagabo.

3. Bakunda umugore wumva: Kimwe mu bintu biranga igitsinagore ni ukuvuga cyane, usanga n'iyo baganira n’abagabo babarusha kuvuga cyane kandi ibi abagabo ntibabikunda. Muri rusange abagabo bakunda abagore bumva kandi bakumvira kuko usanga abagore benshi batagira ingeso yo kumva ahubwo bo bikundira kuvuga cyane.

4. Bakunda cyane umutegarugori ukunda guseka: Ku isi nta muntu ukunda umuntu ushaririye, wa wundi utajya unaseka mu gihe cy’urwenya. Abagabo nabo bishimira abategarugori bakunda guseka kandi bahora bishimye. Umuntu useka aba afite n’umutima mwiza ni nayo mpamvu abagabo usanga bikundira abari n’abategarugori baseka akenshi kuko bagwaneza.

5. Bakunda abagore bafite ubwiza karemano: Biramenyerewe cyane ko abagore benshi bakunda gukora ibishoboka byose ngo barusheho kuba beza, aha uzasanga bifashisha ibirungo (make up/maquillage) binyuranye bibafasha kongera uburanga bwabo binabafashe gukurura abagabo. Gusa ibanga abagabo babahisha nuko bikundira uburanga karemano. Ntibakunda abagore bitera ibirungo ahubwo bishimira cyane abafite uburanga bavukanye.

6. Bakunda abagore bigirira icyizere: Kimwe mu bintu abagabo bakunda ku bagore ariko baterura ngo babivuge ni uko bakunda umugore uzi icyo ashaka, umugore wigirira icyizere kandi akamenya no kwihagararaho. Muri rusange abagabo bakunda abagore bateye gutyo kuko bizera ko ubwiza gusa ku mubiri atari bwo bwubaka.

7. Bakunda abagore bafite umwihariko: Kwiharira mu mico ndetse no mu myitwarire kw’abagore ni ikintu cy'ingenzi abagabo bakunda, kuko ntibakunda umugore ukora ibintu cyangwa ngo yambare imyenda runaka arebeye ku bandi ni ingenzi cyane kuri bo ko umugore agomba kuba afite umwihariko we.

8. Bakunda umugore wiyubaha: Ni byo koko uwiyubashye yubaha n’abandi ni nayo mpamvu abagabo bikundira abagore biyubaha muri byose. Ni iby'agaciro kuri bo kuba bakunda cyangwa ngo babane n’umugore wiyubaha kandi akanabubaha. N'ubwo tuvuze ibintu 8 abagabo bakunda ku bagore gusa batajya bavuga, hari n’ibindi byinshi bakunda gusa ibi ni bimwe by'ingenzi muri byo.

Src: www.love.com 

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND