RFL
Kigali

Abakinnyi bashya ni bo binjije ibitego ku mukino wa AS Kigali na APR FC

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:25/10/2020 18:48
1


Umukino wa kabiri wo kwishyura, ikipe ya As Kigali yakiraga APR FC, Nsanzimfura Keddy na Shaban Hussain ni bo batsindiye amakipe yabo.



Ku munota wa 4 w'umukino ikipe ya APR FC yafunguye amazamu igitego cyatsinzwe na Nsanzimfura Keddy wageze muri iyi kipe avuye muri Kiyovu Sport. Igice cya mbere cyarangiye nta mpinduka zibaye, bajya kuruhuka APR FC iyoboye n'igitego kimwe.


Nsanzimfura Keddy ni we watsindiye APR FC

Mu gice cya kabiri As Kigali ni bwo yabonye igitego cyatsinzwe na Shaban Hussain ku munota wa 84 w'igice cya kabiri. Shaban Hussain ntabwo yakinnye umukino ubanza wa gishuti.

Ababanje mu kibuga:

 

As Kigali FC:

1. Ndayishimiye Eric Bakame

2. Rurangirwa Mossi

3. Bishira Latif

4. Rugirayabo Hassan

5. Ahoyikuye Jean Paul

6. Ntamuhanga Tumaini

7. Benedata Janvier

8. Nsabimana Eric

9. Nkinzingabo Fiston

10. Ndekwe Felix

11. Sudi Abdallah

 

APR FC:

1. Ayishakiye Hertier

2. Manzi Thierry

3. Mutsinzi Ange

4. Ombolenga Fitina

5. Niyomugabo Claude

6. Niyonzima Olivier

7. Manishimwe Djabel

8. Nsanzimfura Keddy

9. Byiringiro Lague

10. Usengimana Dany

11. Mugunga Yves


Biramahire Abeddy uheruka kugurwa na As Kigali yagaragaye muri uyu mukino

Umukino ubanza wa gishuti wabereye i Shyorongi, APR FC yari yanganyije na As Kigali igitego 1-1 nabwo ikipe ya APR FC ni yo yari yafunguye amazamu ku gitego cyari cyatsinzwe na Mugunga Yves kiza kwishyurwa na Hakizimana Muhadjiri.

Aya makipe yombo ari kwitegura imikino nyafurika y'amakipe yitwaye neza iwayo aho akomeje imyitozo yitegura tombora.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • KWIHANGANA J.PIERRE3 years ago
    APR IZAGERA MUMATSINDATU





Inyarwanda BACKGROUND