Mu biruhuko arimo mu rwamubyaye R Tuty ntiyicaye ubusa
Umuhanzi R-Tuty ukunze gukorera ibikorwa bye bya muzika ku mugabane w'uburayi mu gihugu cy'ububiligi muri iyi minsi arabarizwa i Kigali aho yaje mu biruhuko no kurangiza album ye ya gatatu.
Mu kiganiro twagiranye n’uyu muhanzi akaba yadutangarije ko kuri ubu amerewe neza mu rwamubyaye akaba atekanye n’umuryango we.
R.Tuty ati:”ni byiza gushakishiriza hirya no hino ariko ukazirikana ko ufite igihugu cyakubyaye kirimo inshuti, abavandimwe n’umuryango, ubu ndumva meze neza cyane natangiye no gutekereze kuri album yanjye ya gatatu.”
Uyu musore wamenyekanye cyane mu ndirimbo Idini y’ifaranga, muri ibi bihe ari i Kigali ntiyicaye ubusa kuko yatangiye gukora zimwe mu ndirimbo zizaba zigize album ye ya gatatu,kuri ubu abifashijwemo na producer Fazzo akaba yamaze gushyira hanze indirimbo Akanini k’umutwe ya mbere kuri iyi album.
Mu kiganiro twagiranye na R.Tuty akaba yadutangarije ko yihaye ameze agera muri atatu yose kugirango akomeze yite kuri iyi album ye arimo akorerwa naba producers batandukanye barimo Lick Lick, Fazzo na Junior, nyuma akazabona gusubira mu bubiligi mu kwezi kwa Werurwe(3), aho atangaza ko azagaruka i Kigali mu biruhuko binini ahita ashinga inzu ye bwite izajya itunganya imiziki ikanayimenyekanisha.
Aha R.Tuty yagize ati:”ndateganya kwigaragariza abanyarwanda mu bikorwa bifatika, mu mpera z’umwaka nkaba nifuza gukora igitaramo gikomeye cyo kumurikira abanyarwanda iyi album ndimo ntegura n’izayibanjirije zitigeze zimurikwa, nkazahita nafungura inzu yanjye itunganya indirimbo izajya imfasha igafasha n’abahanzi bagenzi banjye.”
Kanda hano wumve indirimbo Akanini k'umutwe.

Selemani Nizeyimana















