Uririmbye indirimbo z’Imana ushaka amafaranga wahita ubivamo

- 05/04/2013 7:29 AM
Share:
Uririmbye indirimbo z’Imana ushaka amafaranga wahita ubivamo

Bamwe mu bahanzi baririmba indirimbo z’Imana (Gospel music) batangiye kumenyekana bavuganye n’ikinyamakuru Izuba Rirashe, ariko bakanga ko amazina yabo atangazwa bavuze ko akenshi iyo uririmbye indirimbo z’Imana ushaka amafaranga wahita ucika intege kuko ntayarabonekamo kubera impamvu zitandukanye.

Umwe mu bahanzi uririmba indirimbo z’Imana yagize ati,“sinzongera gukoreshereza igitaramo muri hoteli, ahubwo nzajya njya mu rusengero kuko  ari byo bitampombya”.

Uyu muhanzi yavuze ko mu bahanzi baririmba indirimbo z’Imana (Gospel) harimo imbogamizi nko gutegura ibitaramo ntihagire ababyitabira kandi Hoteli yishyuwe, kutagura alubumu no kuba abapasitori batagira uruhare mu gukangurira abakirisitu kugura indirimbo zabo nk’uko babashishikariza gutanga amafaranga yo kubaka insengero, icya cumi n’ibindi.

patrick

Patrick Nyamitari

Kuba bamwe bareka kuririmba indirimbo z’Imana abo bahanzi bavuze ko biterwa n’uko nta nkunga babona.

Bamwe mu bahanzi bamenyekanye mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana nyuma bakaza kubivamo ni Mani Martin uzwi mu ndirimbo Urukumbuzi na Nyamitari Patrick uzwi mu ndirimbo “Niwe Mesiya” nubwo we atigeze abyemera.

Bamwe mu bahanzi bavuganye n’ikinyamakuru Izuba Rirashe bavuze ko Nyamitari yaririmbye indirimbo zisanzwe,ariko ntiyemera ko ahagaritse kuririmba iz’Imana, ariko nyuma ntiyakomeje kuvugwa nk’uko mbere byari bimeze ku buryo bamwe bamufata nk’umaze kwibagirana. 

REBA NYAMITARI ARIRIMBA HEAL THE WORLD YA MICHAEL JACKSON:



Nyamitari agitangira kuririmba indirimbo zisanzwe yahise ajya mu bahanzi umwaka ushize wa 2012 bitabiriye amarushanwa ya Primus abantu bakomeza kubinenga, kuko abakunzi be bari biganje mu bakirisitu, hari abasanga ari yo mpamvu ataje mu icumi bakomeje kuko yari agiye aho bavuga inzoga binyuranye n’imyemerere y’abarokore. 

Mu kiganiro Nyamitari yagiranye n’iki kinyamakuru yavuze ko kujya mu marushanwa ya Primus nta kibazo kirimo kuko ari kimwe n’uko Bralirwa yamuha akazi akagakora nk’umuntu wize amasomo y’icungamutungo. 

Source: Izuba rirashe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...