Umuraperi Rob Base wamamaye mu ndirimbo “It Takes Two” yitabye Imana

Imyidagaduro - 23/05/2026 12:22 PM
Share:

Umwanditsi:

Umuraperi Rob Base wamamaye mu ndirimbo “It Takes Two” yitabye Imana

Urupfu rw’umuraperi w’icyamamare Rob Base wamamaye cyane mu ndirimbo “It Takes Two”, rwashenguye abakunzi ba Hip Hop ku Isi, nyuma y’uko yitabye Imana afite imyaka 59 y’amavuko.

Rob Base amazina ye bwite yari Robert Ginyard, yapfuye ku wa Gatanu tariki ya 22 Gicurasi 2026, hashize iminsi ine gusa yujuje imyaka 59 y’amavuko.

Ikinyamakuru Variety cyatangaje ko yapfiriye mu muryango we nyuma y’igihe yari amaze arwaye indwara ya kanseri.

Umunyamakuru unategura ibitaramo bya Hip Hop, Van Silk, yemeje ko yari arwaye kanseri y’ibihaha.

Mu butumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga z’uyu muraperi, umuryango we wavuze ko “umuziki, imbaraga ndetse n’umurage wa Rob Base byagize uruhare rukomeye mu kubaka igisekuru cya Hip Hop ndetse bikazanira ibyishimo miliyoni z’abafana ku Isi yose.”

Bakomeje bavuga ko “uretse kuba yari icyamamare ku rubyiniro, yari umubyeyi ukunda umuryango, inshuti nziza ndetse n’umuhanzi wagize uruhare rukomeye mu muziki. Ntazigera yibagirana.”

Rob Base yavukiye i Harlem muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika tariki 18 Gicurasi 1967.

Akiri muto yahuriye ku ishuri na DJ E-Z Rock, witwaga Rodney Bryce, baza gukundana nk’inshuti ndetse nyuma baza no gushinga itsinda ryabaye icyamamare muri Hip Hop.

Aba bombi bavuga ko batewe imbaraga no kubona itsinda rya Crash Crew ribonye amasezerano mu muziki, bituma na bo batangira urugendo rwabo.

Rob Base yaguze ‘microphone’ mu gihe DJ E-Z Rock yaguze ‘turntables’ n’ibikoresho byo kuvangavanga umuziki.

Mu 1986, indirimbo zabo za mbere zirimo “DJ Interview” na “Make It Hot” zatangiye kumenyekana mu duce twa Harlem.

Nyuma banditse indirimbo “It Takes Two” mu gihe cy’amajoro abiri gusa, iza guhindura amateka ya Hip Hop.

Iyi ndirimbo yakozwe na Teddy Riley, yubakiye ku ijwi ryakuwe mu ndirimbo “Think (About It)” ya Lyn Collins yasohotse mu 1972. Yahuriyemo Hip Hop n’injyana ya House Music mu buryo bushya icyo gihe, iba imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane muri Amerika.

“It Takes Two” yageze ku mwanya wa gatatu ku rutonde rwa Billboard Hot Dance/Club Songs ndetse iza no gusubirwamo cyangwa gukoreshwa n’abahanzi bakomeye barimo Snoop Dogg, Black Eyed Peas na Ciara. Yanakoreshejwe muri filime zitandukanye ndetse no mu mukino wa video game Grand Theft Auto: San Andreas.

Album yabo ya mbere nayo yiswe “It Takes Two” yasohotse mu 1988, iza kugurisha kopi nyinshi cyane kugeza iherewe icyemezo cya Platinum mu 1989. Iyi album yariho izindi ndirimbo zakunzwe zirimo “Joy and Pain” na “Get on the Dance Floor.”

Nyuma y’intsinzi ikomeye, Rob Base yasohoye album iye bwite yise “The Incredible Base” mu 1989, mbere yo kongera guhura na DJ E-Z Rock mu 1994 bakora album “Break of Dawn”. Nyuma y’aho ibikorwa byabo byatangiye kugenda bigabanyuka.

Mu 2014, DJ E-Z Rock yitabye Imana azize uburwayi bwa diabète afite imyaka 46. Icyo gihe Rob Base yamwunamiye amwita “intwari” mu butumwa yashyize kuri Instagram.

Nubwo inshuti ye yapfuye, Rob Base yakomeje kuririmba indirimbo zabo wenyine mu bitaramo bitandukanye, cyane cyane mu rugendo rwiswe “I Love the ‘90s Tour” yahuriyemo n’ibindi byamamare birimo Vanilla Ice na Young MC.

Rob Base asize abana be babiri, barimo umukobwa we De'Jené Ginyard wavutse mu 1989 ndetse n’umuhungu Robert Ginyard Jr. wavutse mu 1992.

Umuraperi Rob Base wamamaye cyane mu ndirimbo “It Takes Two”, agateza imbere injyana ya Hip Hop ku Isi yitabye Imana


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...