Umuramyi Josh Ishimwe agiye gukora ubukwe n’umukunzi we uba muri Canada

Imyidagaduro - 28/04/2025 2:08 PM
Share:

Umwanditsi:

Umuramyi Josh Ishimwe agiye gukora ubukwe n’umukunzi we uba muri Canada

Umuramyi Josh Ishimwe, umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yatangaje ku mugaragaro amatariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we witwa Gloria, usanzwe atuye muri Canada.

Mu ifoto ya ‘invitation’ yashyizwe hanze, hagaragara ko ubukwe bw’aba bombi buzaba ku wa 21 Kamena 2025. Bagaragaye bishimye mu ifoto y’ijoro iriho amatara menshi acanye, ikimenyetso cy’itangira ry’urugendo rushya rw’urukundo rwabo.

Josh Ishimwe amaze igihe azwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana zakunzwe na benshi zirimo “Inkingi negamiye”, “Reka ndate Imana Data” n’izindi, ndetse yagiye agaragara mu bitaramo bikomeye by’umuziki wa Gospel mu Rwanda no hanze yarwo.

Amakuru avuga ko Josh na Gloria bahuriye mu bikorwa by’itorero aho bombi basangiraga umuco wo gukorera Imana. Ubusabane bwabo bwatangiye binyuze mu butumwa bwo kwihangana no gukomeza kwizera Imana, nyuma bikura mu buryo bwihariye kugeza aho biyemeje gushinga urugo.

Nubwo Gloria yari asanzwe aba muri Canada, ibyo ntibyabaye imbogamizi ku rukundo rwabo, ahubwo byabaye imbarutso yo kurushaho gukomera, bagirana umubano ukomeye wubakiye ku bwizerane n’ukwizera.

Nubwo ibisobanuro birambuye ku myiteguro n’aho ubukwe buzabera bitaratangazwa, abakunzi babo batangiye kubifuriza ibyiza, bategereje kubona uko umuhango wabo uzagenda.

Uyu musore wamamaye mu ndirimbo nka ‘Reka Ndate Imana’, aherutse kubwira InyaRwanda ko ibirori byo kwambika impeta umukunzi we, byabaye kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025 bibera mu Mujyi wa Paris mu gihugu cy’u Bufaransa, aho bamaze iminsi.

Yavuze ko amaze imyaka itatu akundana n’uyu mukobwa, kandi ko ari umukobwa uzi Yesu. Ati “Tumaze igihe kirenga imyaka itatu. Namukundiye byinshi gusa muri ibyo harimo Yesu umurimo."

Uyu muhanzi yinjiye mu muziki afite umwihariko! Kuko akora umuziki wa ‘Gospel’ ivanze na gakondo nyarwanda biri mu byatumye mu gihe cy’imyaka ibitatu ishize yarakunzwe.

Avuga ko mu mwaka wa 2000 ari bwo yatangiye urugendo rwo gukorera Imana binyuze mu kuririmba muri korali y’abana mu rusengero. Ariko icyo gihe ntiyari azi ko ari umwuga ushobora kuzamubeshaho mu buzima bwe bwose.

Uyu musore w’imyaka 25 y’amavuko yanyuze mu matsinda atandukanye y’abaramyi ari nako akuza impano ye yatangiye kugaragaza kuva mu myaka ibiri ishize.

Yanyuze mu itsinda Urugero Music, kandi yakoranye bya hafi n’abaramyi barimo Yvan Ngenzi na René Patrick bamufashije kwisanga mu muziki.

Josh Ishimwe muri 2021 yabwiye TNT ko yabashije guhuza indirimbo zihimbaza Imana na gakondo ‘mbifashijwemo n’abahanzi nka Yvan Ngenzi’.

Yavuze ariko ko byanaturutse ku kuba akunda indirimbo za gakondo. Josh uzwi mu ndirimbo nka ‘Amasezerano’, avuga ko yibazaga ibijyanye n’aho azakura amafaranga yo kwishyura indirimbo ya mbere kugeza ubwo yabonye abamufasha atangira gukora umuziki.

Uyu musore avuga ko nk’abandi bahanzi bose yari afite ubwoba bw’uburyo abakunzi b’umuziki bazamwakira.


Josh Ishimwe yatangaje ko ubukwe bwe n’umukunzi we Gloria buzaba ku wa 21 Kamena 2025


Josh Ishimwe avuga ko afite byinshi yakundiye uyu mukobwa byatumye yiyemeza kubana nawe


Josh Ishimwe ari kwitegura gukorera ibitaramo mu Burayi, anitegura imyiteguro y’ubukwe bwe 

Mu mishinga ya vuba, Josh Ishimwe ari kwitegura gushyira hanze indirimbo


KANDA HANO UBASHE KUREBA ZIMWE MU NDIRIMBO ZA JOSH ISHIMWE



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...