Yabitangaje ku wa Gatatu tariki ya 20 Gicurasi 2026, mu birori byo kwizihiza Umunsi
Mpuzamahanga w’Ingoro z’Umurage, byaranzwe n’amarushanwa y’umukino w’Igisoro
yahuje abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye, hagamijwe kuwutoza urubyiruko no
kuwusigasira.
Igisoro
ni umwe mu mikino gakondo y’Abanyarwanda umaze igihe kirekire ukinwa, aho
amateka agaragaza ko wamamaye cyane mu kinyejana cya 16 ku ngoma y’Umwami
Ruganzu Ndori.
Intebe y'Inteko y'Umuco, Amb.
Masozera yagaragaje ko impamvu nyamukuru yo gushyira imbaraga mu gutoza abakiri
bato Igisoro ari uko kirimo inyigisho zifasha mu mibereho ya buri munsi.
Yagize
ati: “Igisoro kirimo ubusabane, imibare n’ubushishozi. Kikwigisha kuzigama no
gucunga neza ibyo ufite. Iyo utitonze, inka zawe zirashira ugatsindwa, ariko
iyo ufite nkeya ukazicunga neza, ushobora gutsinda.”
Yongeyeho
ko uyu mukino ufasha urubyiruko gukura rufite imitekerereze irambye, rutojwe
gutekereza mbere yo gufata icyemezo, ikintu gifite akamaro mu buzima bwa buri
munsi.
Amb.
Masozera yagaragaje ko Igisoro kimaze no kugira uruhare mu guteza imbere
ububanyi n’amahanga, by’umwihariko mu mubano u Rwanda rufitanye n’intara ya Rhineland-Palatinate
yo mu Budage.
Yavuze
ko hari ibisoro byamaze kujyanwa muri iyo ntara, aho abanyeshuri n’ibigo
by’amashuri biri kubyiga, bitegura kuzaza mu Rwanda gukinana n’urubyiruko
rw’Abanyarwanda.
Ati: “Mu bubanyi n’amahanga, murabona ko Igisoro kiri gufasha gushimangira umubano.
Kimaze no gutuma ibendera ry’u Rwanda rirushaho kumenyekana, nk’uko izindi
nkingi z’umuco zibikora.”
Umuyobozi
wa Jumelage ihuza u Rwanda na Rhineland-Palatinate, Hanna Schuhle, yashimangiye
ko biteguye gukorana n’u Rwanda mu guteza imbere imirage yarwo, harimo
n’umukino w’Igisoro.
Yagaragaje
ko uwo mukino ushobora kuba igikoresho gikomeye mu kubaka ubucuti n’ubufatanye
burambye hagati y’impande zombi.
Ku ruhande rwa Ambasade y’u Budage, umukozi ushinzwe umuco, Marcel Consten, yavuze ko azajyana Igisoro mu Budage akakigisha inshuti n’abavandimwe be.
Mu
rwego rwo gukomeza guteza imbere uyu mukino, Amb. Masozera yatangaje ko hari
gutekerezwa uburyo Igisoro cyakwagurwa kikajya no mu marushanwa y’imikino
ategurwa ku rwego rw’igihugu, arimo na Kagame Cup.

Umugisha Rachel Happy avuga ko igisoro kizabafasha kurwanira Igihugu kubera kigisha gushishoza

Umukino w'igisoro uri gutozwa cyane abana b'abanyarwanda, ubu wageze no mu Budage
