Uganda:Abantu batatu bo mu muryango umwe bishwe batwitswe

Hanze - 10/12/2024 6:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Uganda:Abantu batatu bo mu muryango umwe bishwe batwitswe

Nk’uko byatangajwe, agatsiko k’abagizi ba nabi kateye urugo rwabo, babafungirana mu nzu, barabatwika. Ibi byabereye mu karere ka Budini Nyanza mu mujyi wa Kaliro mu rukerera rwo ku wa mbere, tariki ya 9 Ukuboza 2024.

Abishwe ni Muhammad Kaiga w'imyaka 64, umugore we, umwirondoro we ntiwatangajwe n'umuhungu wabo, Amuza Swagga, ufite imyaka 26. Nk’uko amakuru abitangaza, agatsiko kari karakaye kateye urugo rwabo, bafunga umuryango, baratwika.

Abantu bane bakekwaho gukora iki cyaha batawe muri yombi na polisi. Muri bo harimo Abdu Wangule w'imyaka 62 (Umuyobozi wa Zone ya Budini Nyanza), Simon Waiswa w’imyaka 40, Willy Kiige w’imyaka 64 na Isma Njagi w’imyaka 20.

Abapolisi bo kuri sitasiyo ya Polisi Nkuru ya Kaliro, bayobowe n’umuyobozi wa Polisi mu Karere, bageze aho icyaha cyabereye. 

Nubwo bashyizeho imbaraga kuzimya umuriro, abo mu muryango uko ari batatu bari bamaze kwitaba Imana.

Imirambo yabo yajyanywe mu kigo nderabuzima cya Bumanya IV kugira ngo ikorerwe isuzuma.

Abayobozi bahuje ibyabaye n’amakimbirane akunze kugaragara mu karere. Polisi ikomeje iperereza kugira ngo imenye amakuru arambuye no gusuzuma uruhare abakekwa bagize muri ubwo bugizi bwa nabi.

 ASP Kasadha Michael, umuvugizi wa polisi mu karere ka Busoga y'Amajyaruguru, yamaganye icyo gitero, avuga ko ari igikorwa c’ubugizi bwa nabi bw’agahomamunwa.

 Yijeje abaturage ko ababikoze bazahanwa hakurikije n’amategeko yose, anashimangira akamaro ko gukemura amakimbirane binyuze mu nzira zemewe n'amategeko nk'uko bitangazwa n'ibinyamakuru bitandukanye muri iki gihugu.

Umwanditsi: KUBWIMANA Solange


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...