Twaganariye! Miss Abigail yashimye ba Nyampinga mu Rwanda anakomoza ku mishinga afite n’ubuzima bwa Haiti na USA-VIDEO

Imyidagaduro - 09/02/2023 2:07 PM
Share:
Twaganariye! Miss Abigail yashimye ba Nyampinga mu Rwanda anakomoza ku mishinga afite n’ubuzima bwa Haiti na USA-VIDEO

Miss Heritage Global 2022, Abigail Pierre Louis uri kubarizwa mu gihugu cy’u Rwanda aho ari gutegura ibikorwa birimo n’ibirori by’imideli bikomeye bizitabirwa n’abanyamideli bakomeye ku isi, yahishuye byinshi ku buzima bwe, Haiti n’impamvu akunda u Rwanda.

Mu kiganiro na inyaRwanda.com, Miss Heritage Global Abigail Pierre Louis umukobwa ufite ababyeyi bakomoka mu gihugu cya Haiti ari na cyo yahagarariye mu marushanwa y’ubwiza, ariko wavukiye akanakurira muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yagarutse ku mishinga afite mu Rwanda.

Avuga kandi ku bwiza bw’igihugu cye kinafitanye umubano ukomeye n’u Rwanda, yagiriye inama urubyiruko n’abari n’abategarugori muri rusange anagaruka ku ishusho y’imyidagaduro mu gihugu cyabo.

Kurikira ikiganiro twagiranye na Miss Abigail

InyaRwanda: Ni gute usobanura ijoro wegukanyemo ikamba rya Miss Heritage Global?

Miss Abigail: Abantu hari ukuntu batabisobanukirwa neza ariko burya ntabwo amarushanwa y’ubwiza ari ijoro wegukanyemo ikamba gusa, hari ikindi gihe cy’ibyumweru byinshi ubanza no kumenyanamo n’abakobwa muhatanye.

Umunsi rero nyir’izina uba ari, "uriteguye cyangwa ntabwo witeguye", Njye rero uwo munsi numvaga niteguye kandi nizeye abashyigikiye. Iryo joro ryo rero ryari agatangaza byari ibyishimo naravuze ni turabikoze kandi numvaga ntewe ishema n'igihugu cyanjye.

InyaRwanda: Ni iyihe mishinga umaze gukora kuva wakwegukana ikamba?

Miss Abigail: Nyuma yo kwegukana ikamba muri Afurika y'Epfo, nahise nerekeza mu gihugu cya Qatar aho nari natumiwe n’inteko yaho y’umuco nkanakoranaho na Qatar Foundation mu mishinga yabo kandi nanangize n'igihe cyo kuganira na Ambasaderi ku buryo bwo gukomeza imikoranire y’ibihugu byombi.

Naje kandi mu Rwanda aho nakoranye na Haiti Initiative twabashije kugira ibiganiro byagutse tunakora ibirori by’imideli twifuza ko byazaba byagutse kurushaho. Muri Nzeri 2023 nifuza kandi kuzagira uruhare mu kumenyekanisha abagize uruhare mu nzira y’ubwigenge bwa Haiti kugera aho tugeze none.

InyaRwanda: Ni ryari watangiye kurota kuba Nyampinga?

Miss Abigail: Sinigeze mbirota kuko sinari umuntu witwara nk’abakobwa cyane nta nubwo nari nshamajwe, no, n'iby’ubwiza cyangwa kuba umwe mu bamikazi b’ubwiza nubwo nakundaga abantu babibamo.

Ubwo rero nahamagarwaga ngo nzitabire amarushanwa, uwampamagaye yarambwiye ati 'muraho Abigail, ndabizi ko utari umukobwa ukunda ibijyanye n’amarushwanwa y’ubwiza.

Ariko aya ntabwo mu kuri ari amarushanwa y’ubwiza anashingiye ku muco kandi ni inzira nziza yo kuzamura igihugu cyawe kandi ni ikintu nahoraga nifuza kuva nyiri muto'.

Gusa na none niga mu mashuri yisumbuye nigeze kubijyamo gusa byari uburyo bwo kwiyungura ubumenyi kuko sinkunda gutsindira icyo isi yita igikombe njye nkunda gutsindira icyo nshaka.

Icyo gihe bwo nari mfite imyaka 19, sinarinzi kuvugira mu ruhame, yewe no kugendera mu nkweto zihagaze abantu baransekaga kuko ubundi nakuze ndi umukobwa ukunda gukina Basketball, sinakundaga kugendera mu nkweto ndende.

InyaRwanda: Ababyeyi ba we baragushyigikiye mu nzira yawe yo kuba Miss Heritage Global?

Miss Abigail: Baramfashije cyane kuko ni nabo bankundishije igihugu cyacu cya Haiti, wumve ko batahererekanyaga gusa amafoto yanjye ku mbuga nkoranyagambaga, ahubwo banandikiraga abantu kuri email bababwira uwo ndiwe, by’umwihariko Mama yabaga ahari uko nabaga mukeneye n'iyo habaga hari ikibazo ngize nifuza kumubaza yahitaga ansubiza na Papa ni uko kandi.

InyaRwanda: Ubona gute ibyerekeranye n’imideli mu Rwanda cyane ko wari no mu Kanama Nkemurampaka ka Rwanda Global Top Model 2023 ugereranije n'uko bimeze mu Burengerazuba bw’isi?

Miss Abigail: Njye iteka ndi umuntu ukunda ubugeni, nkunda ibijyanye no gufotora kuva cyane mfite imyaka 18 wasangaga mfotora abantu. Byaje kurangira nanjye nsigaye mfotora. Niga muri Kaminuza n'inshuti zanjye nibwo twatangiye gutegura ibikorwa bijyanye no kumurika imideli.

Ibintu byiza cyane nkunda kuko burya iyo urimo gutambuka iteka hari inkuru uba urimo kubara. Icyo rero navuga ntabwo wagereranya ibirebana n’imideli y'aha n'aha kuko buri umwe aba afite uburyo bwa gihanzi bwe yifuza kuvugamo inkuru ye, gusa na none muri Afurika biba byihariye kubera uruhurirane rw’imico yihariye ruhari.

InyaRwanda: Kwambara ikamba ni ki byakwigishije?

Miss Abigail: Icyo nize ni uko umuntu abaho rimwe kandi ari we ufata umwanzuro wo gutuma ubuzima bwe bugira igisobanuro n'icyo bumara nka Nyampinga ubusa usanga abantu bavuga 'uri mwiza', gusa iyo ugendeye kuri ibyo nta yindi ntego ufite birangira nta kintu bimaze.

InyaRwanda: Ba Nyampinga batandukanye mwahuye bakwakiriye bate?

Miss Abigail: Urumva kuva umunsi nageraga mu Rwanda nahuye na ba Nyampinga benshi, ariko sinarinzi uburyo bwo kwitwara kuko imico iba itandukanye. Ariko nakunze uburyo abo twahuye bose bari bacishije macye kandi bifuza kugufasha bakwereka inzira zitandukanye zitumye bageze aho bageze.

InyaRwanda: Ni izihe nama wagira abakobwa bato bifuza kuba ba Nyampinga?

Miss Abigail: Nk'uko iteka mbivuga, menya impamvu wifuza kuba muri uwo mwanya ubikorere cyane ubishyizeho umutima, kuko iteka buri muntu aba ari mwiza mu buryo bwe kandi ubwo buryo ni bwo buzabasha kukugeza aho wifuza kugera muri ubwo buzima bwawe bwose.

InyaRwanda: Sobanurira umuntu igihugu cya Haiti mu buryo bwatuma yifuza kugisura?

Miss Abigail: Haiti ni cyo gihugu cy’Abirabura cya mbere kigobotoye ingoyi ya gikoloni ndetse cyanafashije ibindi bihugu kubasha kubona intsinzi, noneho ku byerekeranye n’impamvu ukwiye gusura Haiti ibaze na we iyi misozi ya Kigali n’ubwiza yayo, noneho ufite inyanja ku mucanga, kandi abaturage bo muri Haiti ni abantu beza cyane.

InyaRwanda: Ni abahe bahanzi bo muri Haiti watubwira?

Miss Abigail: Hari nabo hano mu Rwanda bakunda barimo Allan Cave, Kai n'abandi, ariko njye nkunda kumva cyane indirimbo z’abagezweho cyane kurenza izo mu myaka yo hambere. Zimwe mu ndirimbo ziri ku nshimisha harimo Criminel ya Kai n'izindi z’abarimo Harmonik.

InyaRwanda: Ese ni ibihe bintu bituma ugaruka cyangwa uzagaruka mu Rwanda?

Miss Abigail: Bwa mbere nza byari akazi bisanzwe, ariko kuri ubu naje kubera ko nabonye ari igihugu kihariye gifite amateka kandi afite uburyo ajya kumera nk'aya Haiti. Ibyo rero bituma numva nahora nza hamwe kandi n’uburyo bwo gukomeza guteguramo ibirori by’imideli tuzakorera hano muri Nzeri.

Ibirori by’imideli turi gutegura bizaba bikomeye cyane, hazaza abahangamideli n’abayimurika bakomeye baturutse mu mpande zitandukanye z’isi cyane harimo abo mu Rwanda na Haiti. Hari n’imyambaro yihariye tuzashyira ku isoko kuri uwo munsi.

InyaRwanda: Ubutumwa bwihariye Abigail yageneye abanyarwanda

Miss Abigail: Mbanjye kubashimira kumpa ikaze, kuba mwakira ubagannye bitari kuri njye njyenyine n’abandi baturutse muri Haiti, kandi mbona hari byinshi duhuriyeho, ibyo bituma numva iteka nifuza ko twazakomeza gukorana.

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYOSE TWAGIRANYE NA MISS HERITAGE GLOBAL ABIGAIL

">

Muri Nzeri 2023 ni bwo azakora ibirori bizahuza abahangamideli n'abanyamideli bakomeye ku isiYishimiye uburyo abanyarwanda bakira abashyitsi

Ashimira ba Nyampinga mu Rwanda n'uko bamwakiriye, aha yari kumwe na Miss Globe Rwanda 2021 Murekatete Stella MatutinaYavuze ko yishimiye uburyo ba Nyampinga mu Rwanda ari beza mu mico n'imigirire, aha yari kumwe na Miss Rwanda 2022 Nshuti Divine Muheto


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...