Polisi y’u Rwanda yashyikirije amafaranga 500,000 Frw uwari uherutse kuyata

Amakuru ku Rwanda - 13/05/2026 3:59 PM
Share:

Umwanditsi:

Polisi y’u Rwanda yashyikirije amafaranga 500,000 Frw uwari uherutse kuyata

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yashyikirije Hatangimana Jean de Dieu amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana atanu (500,000 Frw) yari yataye ku wa 23 Mata 2026 mu muhanda wa Remera–Giporoso, mu Karere ka Gasabo.

Aya mafaranga yatowe ku wa 23 Mata 2026, maze ku wa 24 Mata 2026, Polisi ihita ishyira itangazo ku rubuga rwa Instagram rwayo, igamije gushaka nyirayo no kumumenyesha ko hari ibyabonetse bishobora kuba ibye.

Nyuma y’iri tangazo, ibikorwa byo gushakisha nyirayo byahise bitangira, bikorwa n’ishami rya Polisi ryo mu muhanda rikorera ku Muhima. Uru rwego rwakomeje gukurikirana iki kibazo kugeza hamenyekanye nyir’ayo mafaranga.

Muri Gicurasi 2026, aya mafaranga yashyikirijwe nyirayo, ibintu byashimwe cyane n’abaturage bagaragaje ko ari igikorwa cy’indashyikirwa cyerekana ko Polisi y’u Rwanda iharanira kurinda no gusubiza abaturage ibyabo.

Iki gikorwa cyongeye gushimangira isura ya Polisi y’u Rwanda nk’urwego rwubahiriza indangagaciro z’ubunyangamugayo, rukora ku nyungu z’abaturage, kandi rugaharanira kubaka icyizere hagati yarwo n’abaturage.

Abaturage bakomeje gushishikarizwa gukorana bya hafi na Polisi, batanga amakuru ku gihe no kugira uruhare mu kubungabunga umutekano n’umutungo rusange.

ACP Boniface Rutikanga, yashyikirije Hatangimana Jean de Dieu amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana atanu (500,000 Frw) yari yataye 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...