Muhammadu Buhari wayoboye Nigeria yitabye Imana azize uburwayi

Hanze - 14/07/2025 9:09 AM
Share:

Umwanditsi:

Muhammadu Buhari wayoboye Nigeria yitabye Imana azize uburwayi

Muhammadu Buhari, wahoze ari Perezida wa Nigeria, yitabye Imana afite imyaka 82, azize uburwayi yari amaranye igihe, aho yari amaze iminsi arwariye mu ivuriro ryo mu mujyi wa Londres mu Bwongereza.

Amakuru y’urupfu rwe yatangajwe ku mugaragaro n’umuvugizi we, Garba Shehu, mu itangazo yashyize kuri X (Twitter) ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki 13 Nyakanga 2025.

Yagize ati: “Umuryango w’uwahoze ari Perezida watangaje ko Muhammadu Buhari, GCFR, yitabye Imana kuri iki Cyumweru ku manywa, ari mu ivuriro ryo mu Mujyi wa Londres. Allah amwakire muri Aljannatul Firdaus. Amina.”

Buhari yari yaragiye mu Bwongereza muri Mata 2025, bivugwa ko agiye kwipimisha bisanzwe, ariko nyuma yaho yahise arwara bikomeye kugeza atabarutse.

Uyu mugabo wari umwe mu bakomeye ku mugabane wa Afurika, yabaye Perezida wa Nigeria mu byiciro bibiri: mbere nk’umusirikare kuva mu 1983 kugeza mu 1985, hanyuma agaruka ku butegetsi nk’umukuru w’igihugu watowe mu 2015, aza gusoza manda ye mu 2023.

Ubutegetsi bwe bwaranzwe n’imbaraga yashyize mu rugamba rwo kurwanya ruswa, guhangana n’imitwe y’iterabwoba irimo Boko Haram, no gushora imari mu bikorwaremezo birimo imihanda, ibitaro n’amashanyarazi. Ariko kandi yanakunzwe kunengwa kubera ubukungu bwasubiye inyuma, ikibazo cy’uburenganzira bwa muntu cyagarukwagaho kenshi, n’imvugo zivanze n’impaka ku mibereho y’abaturage.

Hari n’imvugo zasakaye cyane ku kuba yarakundaga kujya kwivuriza hanze y’igihugu, cyane mu Bwongereza, ibintu bamwe bavugaga ko bigaragaza intege nke z’ubuvuzi imbere mu gihugu.

Urupfu rwa Buhari rusize icyuho gikomeye mu mateka ya politiki ya Nigeria n’umugabane wa Afurika muri rusange. Yari azwi nk’umuyobozi uharanira umutekano n’ikinyabupfura, ariko ubutegetsi bwe ntibwabuze kuvugwaho byinshi binyuranye.

Umuryango we watangaje ko gahunda yo kumusezeraho bwa nyuma izatangazwa mu minsi iri imbere.

Muhammadu Buhari wahoze ayobora Nigeria yitabye azize uburwayi ku myaka 82 y’amavuko


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...