Lyvine wakinnye muri filime zirimo ‘Inkingi y’Igihuru’ yasoje Kaminuza mu itangazamakuru –AMAFOTO

Imyidagaduro - 01/11/2025 7:51 AM
Share:

Umwanditsi:

Lyvine wakinnye muri filime zirimo ‘Inkingi y’Igihuru’ yasoje Kaminuza mu itangazamakuru –AMAFOTO

Nsanzumuhire Livine uzwi nka Lyvine Rwanda, ari mu byishimo bikomeye nyuma yo gusoza amasomo ye ya Kaminuza, aho yahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri "Bachelor’s Degree" mu Itangazamakuru.

Uyu musore ni umwe mu rubyiruko ruri kwigaragaza mu myidagaduro nyarwanda mu buryo butandukanye; ni umukinnyi wa filime, umunyamakuru, umushyushyarugamba, umwanditsi w'ibitabo n’umuhanzi.

Ari mu magana y’abanyeshuri basoje amasomo yabo muri East African University Rwanda kuri uyu wa Gatanu, tariki 31 Ukwakira 2025.

Lyvine yakuze afite inzozi zo kuba ijwi ry’abatagira kivugira. Yatangiye urugendo rwe mu itangazamakuru akiri mu mashuri yisumbuye, ubwo yatorerwaga kuyobora Radio y’ishuri yigagaho, akayihindurira izina akayita “Radio Inyenyeri”.

Uwo munsi akaba ari wo watangiye kuzamura inzozi ze, kuko mu myaka yakurikiyeho yakomeje gukora ibiganiro by’ubumenyi n’imyidagaduro, byamutegurira kuba uwo ari we uyu munsi.

Mu buzima bwe bw’amasomo, Lyvine yakomeje kugaragaza ubwitange n’umurava. Mu gihe abandi barebaga itangazamakuru nk’uburyo bwo kumenyekana, we yarirebaga nk’igikoresho cy’iterambere.

Yibanze cyane ku masomo ajyanye no gukora ibiganiro bifite ireme, gukora ubushakashatsi no gukoresha umwuga we mu guhindura imibereho y’abantu.

Uretse kuba umunyamakuru, Lyvine azwi cyane nk’umukinnyi wa filime. Yagaragaye muri filime zitandukanye zigaruka ku buzima bw’abanyarwanda, zirimo “Inkingi y’Igihuru” ya Antoinette wamamaye nka Intare y’Ingore, “Mukuru Wanjye”, na “Mwarimu Series”, zimwe mu zatumye izina rye rirushaho kumenyekana.

Ntibyarangiriye aho, kuko yinjiye no mu muziki asohora indirimbo yitwa “Menyesha” yakozwe na Producer Knox Beat muri 'studio' Ibisumizi.

Kuri ubu ategura ibitaramo by’urubyiruko, akaba n’umushyushyarugamba ushyira imbaraga mu bikorwa bigamije guteza imbere umuco n’ubuhanzi.

Lyvine kandi yagiye akorana na Radio Rwanda binyuze mu kiganiro “Vacance Vibes”, gihuza urubyiruko mu biganiro by’ubumenyi n’imyidagaduro.

Ku mbuga nkoranyambaga nka Instagram, Facebook na X (Twitter), Lyvine yubatse izina rishingiye ku butumwa bwubaka.

Aho abandi basakaza inkuru z’ubuzima bwabo bwa buri munsi, we asangiza abantu amagambo yerekana ko gukora cyane, kugira ikizere n’ukwizera Imana ari byo bituma umuntu agera kure.

Uko bukeye uko bwije, ubutumwa bwe bwagiye bukundwa n’abamukurikira, cyane cyane urubyiruko ruhangayikishijwe n’ejo hazaza.

Lyvine yabwiye InyaRwanda ko impamyabumenyi ye atayifata nk’impera, ahubwo nk’intangiriro y’urugendo rushya rwo gukorera abaturage no kubabera ijwi. Yagize ati “Iyi si iherezo, ahubwo ni intangiriro y’urugendo rwo gukorera abaturage no kubabera ijwi. Nize byinshi kandi ndashimira abarimu, inshuti n’umuryango wanjye banyumvanye urukundo n’inkunga.”

Avuga ko kuba yasoje Kaminuza ari intambwe ikomeye mu rugendo rwe rwo kubaka itangazamakuru rishingiye ku ndangagaciro. Ni urugero rwiza rw’urubyiruko rugaragaza ko impano, uburezi n’umurava bishobora gufatanya mu kubaka igihugu.


Lyvine yasoje amasomo ye muri Kaminuza ya East African University Rwanda, ahabwa impamyabumenyi mu Itangazamakuru

Lyvine yambaye ‘toge’ y’abasoje amasomo, yishimira intambwe nshya mu rugendo rwe rw’ubuzima n’umwuga


Umunsi udasanzwe ku rugendo rw’inzozi! Lyvine agaragara yambaye umwambaro w’abasoje Kaminuza, ashimira Imana n’abamuherekeje muri uru rugendo rw’amasomo


Mu mwambaro w’abasoje, Lyvine yerekana ko uburezi ari ishingiro ry’iterambere n’inzira yo kugera ku nzozi


Lyvine yavuze ko muri iki gihe ari gukora ku mushinga wa filime izatambuka kuri ‘Gihozo Tv Show'

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'MENYESHA' YA LYVINE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...