Ubu
uvuze Perezida Salva Kiir ntiwatungurwa no kumva ugusubiza ngo wa wundi
winyariye, icyasha gikomeye cyane cyakwirakwiye muri iki cyumweru kiri kurangira.
Hari
ku munsi wo gutaha umuhanda mushya wari wuzuye igikorwa cyanyuraga by'ako kanya
ku binyamakuru byinshi yaba ibyandika, iby’amashusho n’amajwi muri Sudani y'Epfo.
Icyaje
gutungura benshi ni uko mu masegonda macye cyane haririmbwa indirimbo yubahiriza igihugu, Perezida Salva Kiir w'imyaka 71 yagaragaye yunama areba ibyo akoze
bikamuyobera.
Salva
yari amaze kwinyarira inkari zirimo zishoka mu ipantalo yari igoroye kandi
ifite ibara ryihutisha kugaragaza ibiri kuba n'ubwo mu buryo bwihuse amashusho
yahise arecyeraho gufatwa, gusa yari yamaze gukwira isi.
Icyahise
gitangira kwibazwa ni ikijyanye n'igikurikira aho bamwe babonaga ko ari cyo gihe ngo
uyu musaza yegure cyangwa yemere ko arembye, nyamara ibiri kuba binyuranye n'ibyo
benshi bibwiraga.
Kuri ubu benshi mu banyamakuru bari bitabiye uyu muhango n'abari bawukurikiranye mu
buryo bwa tekinike mu bitangazamakuru bitandukanye batangiye kuburirwa irengero.
Nubwo
nta mubare ugaragazwa, gusa amakuru ava muri iki gihugu avuga ko hari n’abatangiye
kugaragara bapfuye. Ni ibintu bitoroshye.
Perezida
Salva Kiir ayoboye Sudani y'Epfo kuva mu 2011 kugera n’ubu ndetse byitezwe ko
aziyamamariza kuyobora iki gihugu mu mwaka utaha mu matora ya mbere azaba
abayeho muri iki gihugu kuva cyabona ubwigenge.
Uyu mugabo
wabaye umusirikare na Visi Perezida wa mbere wa Sudani y'Epfo, kuva yatangira kuyobora
habarurwa abagera kuri 82% bafite ubukene bukabije mu gihugu cye. Haravugwa urupfu rw'abanyamakuru bari bitabiye umuhango Perezida Salva yinyariyemo bigasakara
Ibyabaye kuri Perezida Salva byatumye hakekwa ko yaba afite uburwayi bukomeye