Joseline Umulisa: Umunyarwandakazi wa mbere ugiye guhatanira igihembo gikomeye cya Sports Emmy Awards

Imikino - 19/05/2025 10:23 AM
Share:

Umwanditsi:

Joseline Umulisa: Umunyarwandakazi wa mbere ugiye guhatanira igihembo gikomeye cya Sports Emmy Awards

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, tariki ya 17 Gicurasi 2025, umwe mu bagize amateka akomeye mu mukino wa Tennis mu Rwanda, Joseline Umulisa, yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho agiye kwitabira umuhango ukomeye w’itangwa ry’ibihembo bya Sports Emmy Awards ku nshuro ya 46.

Uyu muhango utegerejwe kubera muri Frederick P. Rose Hall ya Jazz at Lincoln Center mu mujyi wa New York ku wa Kabiri, tariki ya 20 Gicurasi 2025. Ni bimwe mu bihembo bikomeye ku rwego mpuzamahanga bihabwa icyubahiro kinini mu itangazamakuru ry’imikino. Biteganyijwe ko ibi birori bizitabirwa n’ibyamamare, abanyamakuru, n’abarimo batanga umusanzu ukomeye mu guteza imbere siporo biciye kuri televiziyo.

Joseline Umulisa ari guhatanira igihembo mu cyiciro cyitwa “Outstanding Long Feature”, binyuze mu nkuru y’ubuzima bwe yise “Tennis Can Be My Medicine”, aho yerekana uko Tenisi yabaye igikoresho cyamuvuye mu buzima bugoye akagera ku rwego rwo kuba icyitegererezo ku bana benshi bo mu Rwanda.

Umulisa, washinze umushinga Tennis Rwanda Children’s Foundation (TRCF), akomeje kwerekana ko Tenis atari umukino gusa, ahubwo ari n’inzira yo gukiza ubuzima. Uyu mushinga we ugamije gufasha abana b’Abanyarwanda kubona amahirwe y’uburezi n’iterambere binyuze muri Tenisi, ibintu byamuhesheje kuba Umunyarwandakazi wa mbere winjiye mu Ihuriro Mpuzamahanga ry’Abakinnyi ba Tenisi muri Amerika (USIC) mu mwaka wa 2024.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Umulisa yavuze ati: “Nifuzaga ko inkuru yanjye yaba itara ry’abana batabona ejo hazaza, nkabereka ko bishoboka  ko Tenisi cyangwa indi siporo ishobora kuba umuti w’ubuzima.”

Uru rugendo rudasanzwe rwa Umulisa si urwe ku giti cye gusa, ahubwo ni ishema ku gihugu cyose, rugaragaza ko n’uwaturutse ahatamenyerewe ashobora kwandika izina rye mu mateka y’isi binyuze mu guharanira inzozi.

Igihembo cya Sports Emmy Awards, gitegurwa n’Ishyirahamwe ry’Abanyamerika ry’Ubugeni bwo Gukora Televiziyo (NATAS), gitanga icyubahiro ku biganiro by’imikino, ubusesenguzi, amajwi n’ibindi bikorwa by’itangazamakuru bifasha guteza imbere siporo muri Amerika no ku isi.

Umunyamakuru umwe ukurikiranira hafi ibikorwa by’imikino yavuze ati: “Umulisa ni urugero rwiza rw’uko impano n’umurava bishobora kugushyira ku rwego rurenze imipaka. Inkuru ye ikwiye gusomwa, ikigirwa ho, ikanashyigikirwa.”

         



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...