Israel Mbonyi, Jesca Mucyowera, Alexis, Prosper na Gahongayire basusurukije abitabiriye Gen-Z Comedy-AMAFOTO

Imyidagaduro - 31/10/2025 7:33 AM
Share:

Umwanditsi:

Israel Mbonyi, Jesca Mucyowera, Alexis, Prosper na Gahongayire basusurukije abitabiriye Gen-Z Comedy-AMAFOTO

Mu ijoro ryuzuye urwenya, umuziki n’umwuka w’ibyishimo, abahanzi bakomeye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana barimo Israel Mbonyi, Jesca Mucyowera, Alex Dusabe, Prosper Nkomezi na Aline Gahongayire bahuriye ku rubyiniro rumwe mu gitaramo cya Gen Z Comedy Show, cyabereye muri Camp Kigali, basusurutsa imbaga yari yitabiriye iki gitaramo.

Iki gitaramo cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 30 Ukwakira 2025, cyari cyateguwe mu rwego rwo guhuza urubyiruko, cyane cyane abakunzi b’urwenya bo mu gihe kizwi nka Generation Z, n’abanyempano batandukanye bo mu myidagaduro, ariko by’umwihariko kikagira umwihariko wo guhuriza hamwe urwenya n’umuziki wa Gospel.

Camp Kigali yari yuzuye abantu kuva ku masaha ya nimugoroba, bamwe baje kureba abanyarwenya bagezweho abandi baje kumva indirimbo zifite ubutumwa bwo kuramya Imana.

Abanyarwenya barimo Clement Inkirigito, Isacal, Muhinde, Mitsi, Pilate, Umushumba, Kandi na Musa, n’abandi baturutse muri Gen Z Comedy basusurukije abantu mu buryo bwo gusetsa bifatika, mu gihe abahanzi batandukanye babahumurizaga mu ndirimbo zirema umutima.

Uhereye kuri Aline Gahongayire waririmbye ‘Ndanyuzwe’ yanyuze benshi, Alexis Dusabe akishimirwa mu ndirimbo ‘Umuyoboro’, Prosper Nkomezi akibutsa ubutumwa bukubiye mu ‘Ibashagukora’, naho Jesca Mucyowera yifashishije iki gitaramo kumenyesha abakunzi be ko afite igitaramo cye cyihariye kizaba ku wa 2 Ugushyingo 2025, nabwo muri Camp Kigali.

Ibyishimo byarenze imbibi ubwo Israel Mbonyi yagera ku rubyiniro, maze aririmba indirimbo nka ‘Icyambu’ na ‘Nina Siri’ zahembuye imitima y’abari aho kubera amagambo yazo yihariye yafashije benshi kwegera Imana.

Israel Mbonyi yibukije ko impano ari urufunguzo rwo kurumbuka

Mbonyi, umwe mu bahanzi b’abanyempano bafite izina rikomeye muri Gospel nyarwanda, yaboneyeho umwanya wo gusangiza abitabiriye urugendo rwe mu muziki n’uburyo yakiriye agakiza.

Yagize ati: “Natangiye umuziki mu 2014. Indirimbo yanjye ya mbere yitwa ‘Number One’, ari na yo yitiriwe Album yanjye ya mbere, nayanditse nkiri mu Rwanda. Nkuriye mu muryango w’abantu bakijijwe, nakira agakiza mfite imyaka 16, ubwo nari muri ‘toilette’ zo ku ishuri. Nubwo byari biteye isoni, ni ho nahuriye na Yesu bwa mbere.”

Yakomeje avuga ko agakiza ari “ukumenya Umwami Yesu no kumwizera by’ukuri”, anasobanura ko ibyo umuntu akora byose bigomba kuba bifite aho bihurira n’ubuzima bwo gukorera Imana.

Mbonyi kandi yasobanuye ko kwiga bikomeye kuri we, ati: “Ndimo gukora ubushakashatsi (mbere yo kubona PhD), kuko kwiga ni ingenzi. Icyo ukora cyose ugomba kugikora uzi ko kizagutunga igihe runaka. Imana iha buri wese urubanza rwo kurumbuka, ariko ugomba no kwitegura ibihe by’amapfa.”

Ubusanzwe, Israel Mbonyi ni umwe mu bahanzi bahora bavuga ku iterambere rya Gospel mu Rwanda. Yavuze ko imbuga nkoranyambaga zafunguye amarembo mashya ku bahanzi baririmba indirimbo z’Imana, zikabafasha kugera kure batigeze batekereza.

Yagize ati: “Uyu munsi gukora Gospel biroroshye kuko dufite uburyo bwo kugera ku bantu benshi binyuze mu mbuga nkoranyambaga. Icyo bisaba gusa ni ukuzikoresha neza no kubikora ku rwego rwo hejuru.”

Iki gitaramo cyari cyahuje urubyiruko rwinshi, ariko cyanahurije hamwe abahanzi batandukanye bo mu bihe bitandukanye by’umuziki wa Gospel mu Rwanda.

Ku rubyiniro rwari rufite imiterere yihariye, Alexis Dusabe yibukije imyaka irenga 25 amaze mu murimo wo kuramya Imana, Gahongayire yagaragaje ubuhanga n’ukwizera byamuranze kuva mu ntangiriro z’umuziki we, naho Prosper Nkomezi na Jesca Mucyowera basobanura uko umuziki wabo ukura ku munsi ku munsi. 


Israel Mbonyi ku rubyiniro rwa Gen Z Comedy Show aririmba Icyambu, yibutsa urubyiruko ko agakiza ari uguhura na Yesu mu buzima bwa buri munsi


Alexis Dusabe yanyuze abitabiriye igitaramo binyuze mu ndirimbo ‘Umuyoboro’, abibutsa ko Imana ari yo nzira yonyine ituma umuntu agira amahoro 


Prosper Nkomezi yasusurukije imbaga mu ndirimbo ‘Ibashagukora’, yongera kugaragaza impano imaze kumuhesha izina rikomeye muri Gospel

Aline Gahongayire yatanze ubutumwa bw’umunezero n’umutuzo mu ndirimbo ye ‘Ndanyuzwe’ yakiranywe amashyi menshi 


Jesca Mucyowera yifashishije urubuga rwa Gen Z Comedy Show mu guteguza igitaramo cye kizabera muri Camp Kigali ku wa 2 Ugushyingo 2025 


Abitabiriye Gen Z Comedy Show baryohewe n’ijoro ry’urwenya n’umuziki, basangira ibyishimo n’umwuka wo gushima Imana

Camp Kigali yahinduye isura, ihinduka ahantu hahuza urwenya, umuziki n’amasengesho mu gitaramo cy’ivugabutumwa rihariye

Israel Mbonyi yagaragaje ko umuziki wa Gospel ukomeje gufata indi ntera, anasaba urubyiruko gukoresha neza imbuga nkoranyambaga mu gukwirakwiza ubutumwa bwiza


 Abahanzi batandukanye bahuriye ku rubyiniro rumwe mu mwuka w’urukundo n’ubumwe, basoza Gen Z Comedy Show mu byishimo n’amashimwe

Israel Mbonyi ari kumwe n'umunyarwenya Isacal ku rubyiniro nyuma y'uko ateye urwenya kuri we

Itsinda rya Isacal na Musa riri kumwe na Israel Mbonyi mu gitaramo cya Gen-z Comedy

Umunyarwenya Umushumba yaririmbye zimwe mu ndirimbo za Israel Mbonyi yisunze injyana zinyuranye

Fally Merci aganira na Alex Dusabe ku myiteguro y'igitaramo cye kizaba ku wa 14 Ukuboza 2025 muri Camp Kigali

Jesca Mucyowera yatumiye abitabiriye Gen Z Comedy mu gitaramo cye kizaba ku Cyumweru tariki ya 02 Ugushyingo 2025 muri Camp Kigali

Apotre Mignonne ni we uzabwiriza mu gitaramo cya Jesca Mucyowera

KANDA HANO UREBE IBYARANZE IGITARAMO CYA ISRAEL MBONYI MURI GEN-Z COMEDY


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...