Iserukiramuco “Oldies Music Festival " rigiye kuba rishingiye ku bihe byagaruriye umunezero Abanyarwanda

Imyidagaduro - 29/05/2024 11:27 AM
Share:

Umwanditsi:

Iserukiramuco “Oldies Music Festival " rigiye kuba rishingiye ku bihe byagaruriye umunezero Abanyarwanda

Abategura iserukiramuco ry’umuziki wo hambere “Oldies Music Festival " batangaje ko rigiye kuba ku nshuro ya Kane, mu murongo wo gufasha Abanya-Kigali gususuruka rihujwe no kugaruka ku bihe byagaruriye umunezero Abanyarwanda mu myaka 30 ishize.

Batangaje ko kuri iyi nshuro iri serukiramuco rizaba ku wa 27 Nyakanga 2024, ahitwa Juru Pak ku i Rebero mu Mujyi wa Kigali. Rigiye kuba, nyuma y’uko mu 2023, rihuje ibihumbi by’abantu mu gitaramo gikomeye cyabereye kuri Canal Olympia ku i Rebero.

Mu gihe cy’imyaka itatu ishize iri serukiramuco riba, ryaranzwe no guhuriza hamwe ibihumbi by’abantu, aho benshi baseruka mu myambaro yo hambere, ubundi bagafata igihe kinini cyo kumva umuziki wihariye ucurangwa na ba Dj bubakiye umwuga w’abo ku ndirimbo zo hambere zatanze ibyishimo.

Uwimana Basile uri mu bategura iri serukiramuco, yabwiye InyaRwanda ko kuri iyi nshuro iri serukiramuco rizaba rihujwe no kwizihiza imyaka 30 y’urugendo rw’u Rwanda, kandi bazitsa ku bihe byagaruriye umunezero benshi.

Ati “Urebye iri serukiramuco noneho turarihuza n’ibihe n’ubundi u Rwanda rurimo, turabihuza n’u Rwanda mu myaka 30 ishize (Cyangwa se #Rwanda30), ariko mu by’ukuri ntabwo turi buvuge ku myaka 30 ishize, kubera ko twebwe tuba tugaruka ku bihe byo hambere, ntabwo twavuga ibyabaye mu 2021, 2024, 2018."

Akomeza ati “Twebwe turashaka kwibanda cyane kuri bya bihe byongeye kugarura umunezero mu Banyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibihe byakurikiye Jenoside, ubwo ni ukuvuga ngo ibitaramo byabaye […] tuzagira abantu babaye muri ibyo bintu mu gihe cy’iri serukiramuco bazajya basangiza bimwe mu bihe abantu banyuzemo."

Yavuze ko abazatanga ibyo biganiro barimo aba Dj, abagiye bashing utubyiniro twakomeye mu Rwanda, abateguraga ibitaramo mu bihe bitandukanye n’ibindi.

Ibi bizaherekezwa n’indirimbo zaranze ibyo bihe, nk’indirimbo z’abahanzi nyarwanda zagarutse ku ntsinzi no kongera kuvuga ko Igihugu gihari n’izindi zo ku Isi yose zari zigezweho icyo gihe n’azo Abanyarwanda bibuka.

Ati “Abanyarwanda bongeye kumva uburyohe bw’umuziki. Umuntu wakundaga umuziki mbere ya Jenoside wari wihebye, ariko akongera kumva indirimbo ya Yvonne Chaka Chaka, akongera kumva indirimbo ya Michaek Jackson yari igezweho icyo gihe, akongera kumva 2Pac, mu 1995, 1996, 1997, tuzongera tumwibutse ibyo bihe byamugaruriye umunezero."

Uwimana Basile yavuze ko muri iri rusange, iri serukiramuco kuri iyi nshuro rizashingira ku bihe byagaruye umunezero mu Rwanda mu myaka 30 ishize.

Yavuze ko ibi ari byo byatumye iri serukiramuco bahitamo kuzarikorera ‘Juru Park’ kubera ko ari ahantu abanya-Kigali bafite urwibutso rukomeye, kuko habereye ibitaramo bikomeye, amaserukiramuco yakorwa n’ibindi.

Uwimana ati “Ni ahantu hafite amateka ku muziki nyuma ya Jenoside. Ni muri ubwo buryo rero tubihuje n’imyaka 30. Ariko nyine ibikorwa bizakomeza kuba byabindi."

Yavuze ko iri serukiramuco rizarangwa no kugaragaza ibikorwa birimo nk’imodoka zo hambere, ibikoresho bya muzika bya cyera, imyambaro yo hambere n’ibindi. Uwimana avuga ko muri iki gihe bari mu biganiro na ba Dj bazakorana, kandi ko bazatangwa mu gihe kiri imbere.

Iserukiramuco "Oldies Music Festival " rigiye kuba ku nshuro ya Kane, rihujwe no kwizihiza ibihe byagaruriye umunezero Abanyarwanda
Muri Nyakanga 2023, iri serukiramuco ryabereye kuri Canal Olympia, rihuza ibihumbi by’abantu
Iri serukiramuco rizaba ku wa 27 Nyakanga 2024, ahitwa Juru Park hamamaye cyane mu bitaramo byatanze ibyishimo ku bihumbi by’abantu 


Uwimana Basile yavuze ko bari mu biganiro na ba Dj bazacuranga muri iri serukiramuco


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...