Ibyo wamenya kuri Wyre, umuririmbyi wubatse ibigwi utegerejwe i Kigali muri ‘Oldies Music Festival'

Imyidagaduro - 24/05/2026 4:09 AM
Share:

Umwanditsi:

Ibyo wamenya kuri Wyre, umuririmbyi wubatse ibigwi utegerejwe i Kigali muri ‘Oldies Music Festival'

Umuririmbyi w’icyamamare muri Kenya, Wyre, yatumiwe bwa mbere mu iserukiramuco rya ‘Oldies Music Festival’ ritegerejwe na benshi mu bakunda imiziki yo hambere, rizabera muri Kigali Universe ku wa 25 Nyakanga 2026.

Ni ku nshuro ya Karindwi iri serukiramuco ritegurwa, aho kuri iyi nshuro abaryitabira bazasusurutswa n’umwe mu bahanzi bafite ibigwi bikomeye mu muziki wo muri Afurika y’Iburasirazuba, wamamaye mu ndirimbo z’urukundo ndetse n’imiziki yahogoje abakunzi b’umuziki mu myaka ya 2000.

Abategura ‘Oldies Music Festival’ bagaragaje ko abazaryitabira biteguye ijoro ryuzuyemo ibishya, indirimbo zakunzwe cyane ndetse n’ibihe bizibutsa benshi imyaka yo hambere.

Uwimana Basile utegura iri serukiramuco yabwiye InyaRwanda ko gutumira Wyre byaturutse ku bushake bwo gukomeza kwagura no guha iri serukiramuco indi sura irushaho gukurura abakunzi b’umuziki.

Ati: “Buri mwaka tugerageza gushaka umwihariko. Twararebye tubona mu rwego rwo kwagura iserukiramuco ryacu turavuga ngo hari abahanzi bakiriho ariko bagiye baririmba muri kiriya gihe cy’iriya miziki twitaho muri iri serukiramuco.”

Yakomeje avuga ko bahisemo kureba ku rwego rw’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, kuko mbere y’uko umuziki nyarwanda utera imbere cyane, abantu benshi basusurutswaga n’abahanzi bo muri aka karere.

Ati: “Turareba turavuga tuti reka noneho turebe umuhanzi wo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba. Mu gihe umuziki utari wagateye imbere twasusurutswaga n’abahanzi bo mu karere, niyo mpamvu twarebye umuhanzi wo muri Kenya, Wyre.”

Basile yavuze ko Wyre ari umwe mu bahanzi bafite amateka akomeye mu muziki wo muri Afurika y’Iburasirazuba, by’umwihariko kubera uruhare yagize mu itsinda rya ‘Necessary Noize’, ryabaye icyitegererezo mu myaka ya 2000.

Ati: “Wyre ni umuhanzi washinje itsinda rya Necessary Noise, ryabaye itsinda rikomeye mu myaka 2000 ryanejeje abantu mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba. N’ubwo Necessary Noise itagikora nk’itsinda, ariko Wyre we yakomeje umuziki akajya akora n’indirimbo ze ku giti cye.”

Yavuze kandi ko abazitabira iri serukiramuco bazagira amahirwe yo kongera kumva zimwe mu ndirimbo zakunzwe cyane za Necessary Noize ndetse n’izo Wyre yakoze ku giti cye.

Uyu mugabo yavuze ko nk’uko bisanzwe, iri serukiramuco rizaba ririmo imyambarire ijyanye n’ibihe bya kera, aba-Dj bazacuranga imiziki yo hambere ndetse n’ibindi bikorwa bizafasha abantu kongera kwibuka ibihe byiza byaranze umuziki wa kera.

Wyre wamamaye nka “The Love Child”, amazina ye nyakuri ni Kevin Waire. Ni umwe mu bahanzi bagejeje kure injyana za R&B na Reggae muri Afurika y’Iburasirazuba, akaba yaramenyekanye cyane binyuze mu matsinda arimo Necessary Noize ndetse na East African Bashment Crew.

Uyu muhanzi yubatse izina rikomeye binyuze mu ndirimbo z’urukundo ndetse n’ubufatanye yakoranye n’abahanzi batandukanye bo muri Afurika no hanze yayo. Mu bo yakoranye harimo abanya-Nigeria barimo P-Square na 2Baba.

Yanakoranye n’abahanzi bo muri Jamaica barimo Alaine, Cecile ndetse n’itsinda Morgan Heritage.

Mu gihugu cya Kenya, yakoranye n’abahanzi benshi bakomeye barimo Nazizi, Khaligraph Jones, Nonini n’abandi benshi.

Wyre kandi azwiho kuba umwe mu bahanzi bakomeje kuguma ku rwego rwo hejuru mu muziki kuva mu mpera z’imyaka ya 1990 kugeza magingo aya, ibintu benshi baheraho bavuga ko ari umwe mu bahanzi bafite ubudacogora n’ubushobozi bwo guhuza ibihe bya kera n’ibigezweho.

Uyu muhanzi yigeze gukora nka Producer muri Blu Zebra Studios ya Tedd Josiah mbere y’uko ashinga inzu ye bwite yitwa ‘Love Child Records’, yafashije kuzamura bamwe mu bahanzi bo muri Kenya.

Mu rugendo rwe rw’umuziki amaze gushyira hanze album enye zirimo ‘Definition of a Love Child’ yasohotse mu 2006, ‘Ten Years Wiser’ yasohotse mu 2009, ‘Lion’ yasohotse mu 2015 ndetse n’album nshya yasohotse mu 2025.

Umunya-Kenya Wyre wamamaye mu ndirimbo z’urukundo no mu itsinda rya Necessary Noize, agiye gutaramira i Kigali bwa mbere mu iserukiramuco rya ‘Oldies Music Festival’ rizaba muri Nyakanga 2026

 
Abakunzi b’imiziki yo hambere bagiye kongera gusubira mu bihe bya 2000, aho Wyre azasusurutsa abazitabira ‘Oldies Music Festival’ izabera muri Kigali Universe ku wa 25 Nyakanga 2026

 

Wyre yatumiwe bwa mbere muri ‘Oldies Music Festival’, iserukiramuco rizahuriramo aba-Dj n’indirimbo zakanyujijeho muri Afurika y’Iburasirazuba


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...