Element, Nel Ngabo, Kevin Kade na Shaffy babonye isoko rishya muri Canada

Imyidagaduro - 23/05/2026 3:15 PM
Share:

Umwanditsi:

Element, Nel Ngabo, Kevin Kade na Shaffy babonye isoko rishya muri Canada

Abahanzi bo mu Rwanda bakomeje kwagura isoko ryabo ku rwego mpuzamahanga, aho Element Eleéeh, Nel Ngabo, Kevin Kade na Shaffy batangaje ko bafite ibitaramo bizabera muri Canada hagati ya Nzeri na Ukwakira 2026, mu rwego rwo gukomeza kwagura umuziki wabo no kwegera abafana babo baba mu mahanga.

Element Eleéeh ni we watangaje mbere gahunda y’ibitaramo bye, aho yavuze ko bizaba hagati ya Nzeri n’Ukwakira 2026. Nubwo ataratangaza amatariki nyayo y’aho buri gitaramo kizabera, yavuze ko imyiteguro igeze kure.

Shaffy we aherutse gutaramirwa mu Mujyi wa Montreal tariki 16 Gicurasi 2026, igitaramo cyamufashije kongera gukomeza kumenyekanisha ibikorwa bye muri Canada. Nyuma y’icyo gitaramo, yavuze ko agiye gukomeza urugendo rw’ibitaramo muri icyo gihugu.

Shaffy kandi yanakiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Canada, Prosper Higiro, baganira ku ruhare rw’ubuhanzi mu iterambere.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram, Shaffy yagize ati: “Byari ibyishimo guhura na Ambasaderi Mukuru w’u Rwanda muri Canada, Nyakubahwa Prosper Higiro. Twaganiriye ku buryo ubuhanzi bwafasha mu iterambere, guha imbaraga urubyiruko, no kubaka ejo hazaza heza h’u Rwanda. Nishimiye kuba ndi mu rugendo aho umuziki uhuza n’impinduka zifite intego.”

Mu minsi ibiri ishize, Nel Ngabo na we yatangaje ko agiye gukora ibitaramo muri Canada, bizaba nabyo hagati ya Nzeri n’Ukwakira 2026. Ni ibitaramo yise “Nel Ngabo Canada Tour”.

Kevin Kade na we yemeje ko azaba ari muri ibi bitaramo, aho yavuze ko bizamufasha kwegera abafana be bo muri ‘diaspora’ no kurushaho kumenyekanisha umuziki we. Hari n’amakuru avuga ko ari gutegura Album nshya, nubwo atarayemeza ku mugaragaro.

Ibi bitaramo byose byateguwe na Dj Ferry, usanzwe afite uruhare mu gutegura ibitaramo bitandukanye byo hanze y’u Rwanda. Uretse igitaramo cya Shaffy cyonyine, ibindi byose bihuriye muri iyi gahunda.

Mu bahanzi n’abandi bazafasha muri ibi bitaramo harimo na Dj Brianne, we watumiwe na Dj Ferry kugira ngo afatanye mu gutanga umuziki uzafasha ibi bitaramo kugenda neza.

Ibi bitaramo bifatwa nk’intambwe ikomeye ku bahanzi b’u Rwanda, kuko bigaragaza ko umuziki wabo ukomeje kubona isoko rishya ku mugabane wa Amerika ya Ruguru, cyane cyane mu Banyarwanda baba muri Canada no mu bakunzi b’umuziki nyarwanda muri rusange.

Mu gihe amatariki nyayo ataratangazwa, abakunzi b’aba bahanzi bakomeje gutegerezanya amatsiko uburyo ibi bitaramo bizagenda n’icyo bizasiga mu rugendo rwabo rwa muzika. 


Element Eleéeh yatangiye urugendo rushya rw’ibitaramo muri Canada, aho yijeje abakunzi be ko “Canada Tour” izaba umwanya wo guhuza umuziki we n’abafana bo muri ‘diaspora’, mu bitaramo biteganyijwe hagati ya Nzeri n’Ukwakira 2026 


Shaffy yakomeje urugendo rwe rw’iterambere muri Canada nyuma yo gutaramira i Montreal, avuga ko ari gutegura ibitaramo bizenguruka iki gihugu, anashimangira ko umuziki we ugamije kugira uruhare mu guhuza ubuhanzi n’iterambere ry’urubyiruko

Kevin Kade na we yinjiye muri gahunda y’ibitaramo byo muri Canada, aho yavuze ko Nzeri na Ukwakira 2026 bizamubera igihe cyo kwegera abafana be, ndetse akanarushaho kumenyekanisha umuziki we ku rwego mpuzamahanga, mu gihe hari n’amakuru avuga ko ari gutegura Album nshya

Nel Ngabo yatangaje ko agiye gukora ibitaramo muri Canada yise “Nel Ngabo Canada Tour”, aho yavuze ko ari amahirwe yo gusangiza abafana be umuziki, imbaraga n’uruhare rwe mu rugendo rwo guteza imbere umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...