Dore impamvu 4 zigiye gutuma uwo mukundana yikuriramo ake karenge! Menya ubwenge

Urukundo - 12/07/2021 8:24 AM
Share:
Dore impamvu 4 zigiye gutuma uwo mukundana yikuriramo ake karenge! Menya ubwenge

Akenshi, igitsinagabo ni cyo gikunze kugorwa n’urukundo cyane. Ni nabo akenshi bakunda gutenguha abo bashakanye gusa ku mpande zombi birashoboka by’umwihariko iyo hari ibitubahirizwa. Reka turebere hamwe ibintu 4, bishobora gutuma uwo mukundana agusiga mu rugamba wenyine.

Dushingiye ku bushakashatsi bwakozwe n’abahanga mu mibanire Margaret Brining na Douglas Allen, ngo abagore nibo basaba gatanya cyane ugereranyije n’abagabo n'ubwo abagabo baba bazi kwihagararaho kugeza ku munota wa nyuma. N'ubwo aribo bakunda gusaba gatanya hari impamvu zibitera.

Mu mboni yanjye nk’umwanditsi w’iyi nkuru, akenshi mbona abagore basaba gatanya ari uko baba babuze andi mahitamo cyangwa uwo bishingikirizaho bigatuma basubira mu masezerano bagiranye n’uwo bashakanye, nyuma yo gusanga bahejwe rero nibwo basaba gutana, ibi bigaterwa n’uko abadamu aribo bagira imbaraga nyinshi mu mibanire y’abantu. Iyo umudamu abuze amahitamo arigendera.

Ubundi bushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko abagore nanone aribo bahita bashobora kwikomereza ubuzima kabone nubwo baba batawe, mu gihe abagabo bibagora, ni bwo uzumva ngo umugabo yagiye gucyura. Abagore bibafata igihe gito ngo mube mwatandukana bya burundu nk’uko byagaragajwe na Robon Simon umwarimu akaba umuhanga mu buzima n’imitekerereze y’abantu.

Yagaragaje ko abagabo bamara igihe kirekire bababazwa n’urushako cyangwa n’uwo bakundanye nyuma bakaza kunaniranwa bagatana. Kuba abagabo batamena amabanga yabo akabagumamo ni cyo gituma bababazwa cyane mu gihe abagore bo bisanzura bakaganira ku bibazo byabo. Iyi nkuru rero igiye kugufasha kumenya neza impamvu uwo muntu muri kumwe ashobora guhita agusiga mu kanya nk’ako guhumbya.

DORE IMPAMVU 4 UMUNTU MUKUNDANA CYANGWA MUBANA ASHOBORA KUGUSIGA WENYINE

1.      Yumva asa n’uwambuwe agaciro ke cyangwa yaragateshejwe

Ahari utuma yumva asa n’udahawe agaciro, ntuzatume uwo muntu mukundana cyangwa mubana yumva asa n’uwambuwe agaciro ke. Iteka tuma yumva akunzwe kandi yubashywe.

2.      Abona udashobora guhinduka

Ntabwo muzahora murebana akana ko mujisho niko kuri. Ikitari ukuri kandi kitari cyiza ni uko umwe muri mwe atazemera guhura na mugenzi we, ahari arakwitegereza akabona ntuteze guhinduka. Iteka mwereke ko ushobora guhinduka no guhindura intekerezo zawe.

3.      Nta bufasha abona buguturutseho

Iteka muhe ubufasha ndetse umubwire n’amagambo akeneye kumva, mubwire ko ari mwiza mutake mu bandi mwerekane, mwiteho abibone ndetse umufashe mu byiza no mu bibi.

4.      Yaguciye inyuma

Niba yaraguciye inyuma azajya aguhunga ubibone kubera ubwoba n'ipfunwe. N'ubwo bimeze bityo rero mube hafi, umwereke ko nta gikuba cyacitse niba koko umukunda. 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...