Uyu Munya-Portugal w’imyaka 31 y’amavuko yakoze amateka akomeye muri uyu mwaka, aho yafashije Manchester United kurangiza shampiyona iri ku mwanya wa gatatu ndetse ikanabona itike yo kuzitabira UEFA Champions League mu mwaka utaha.
Fernandes yatsinze ibitego umunani muri Premier League, anatanga imipira 20 yavuyemo ibitego, ibintu byatumye agera ku gahigo kari gasanzwe gafitwe na Thierry Henry wahoze akinira Arsenal na Kevin De Bruyne wa Manchester City ko gutanga imipira myinshi ivamo ibitego muri Premier League.
Uyu mukinnyi kandi ni we wabaye uwa mbere mu kurema uburyo bwinshi bwavuyemo amahirwe yo gutsinda ibitego muri Premier League, aho yakoze uburyo 132. Yakurikiwe na Dominik Szoboszlai wa Liverpool wakoze 89.
Ku gihembo cy’umukinnyi mwiza wa Premier League, Bruno Fernandes yari ahanganye n’abakinnyi bakomeye barimo Declan Rice, Gabriel Magalhães na David Raya ba Arsenal, Erling Haaland wa Manchester City, Morgan Gibbs-White wa Nottingham Forest ndetse na Igor Thiago wa Brentford.
Mu ntangiriro z’uku kwezi, Fernandes yari yanatowe nk’umukinnyi mwiza w’umwaka n’ishyirahamwe ry’abanyamakuru b’imikino mu Bwongereza (FWA), anahabwa igihembo cya Sir Matt Busby Player of the Year muri Manchester United ku nshuro ya gatanu.
Bruno Fernandes ashobora no gukora andi mateka kuri iki Cyumweru, ubwo Manchester United izaba yasuye Brighton & Hove Albion mu mukino wa nyuma wa shampiyona, kuko natanga undi mupira uvamo igitego yahita aca agahigo k’imipira myinshi ivamo ibitego mu mateka ya Premier League.



Bruno Ferandes yeegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza wa Premier League
