Bobo Muyoboke yakomereje ivugabutumwa muri Canada aho azamurikira album

Imyidagaduro - 23/09/2023 1:03 PM
Share:

Umwanditsi:

Bobo Muyoboke yakomereje ivugabutumwa muri Canada aho azamurikira album

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Muyoboke Bonvivant [Bobo Muyoboke] yimukiye mu gihugu cya Canada aho yakomereje ivugabutumwa nyuma y’imyaka irenga itanu abarizwa mu gihe cya Kenya aho yakoreye indirimbo zitandukanye zafashije benshi.

Mu ntangiriro z’uku kwezi nibwo uyu mugabo yagiye kuba muri Canada mu rugendo rwo rwo kwagura umuziki we no guhura n’umuryango we.

Muri Kenya yahakorera indirimbo zirenga eshanu, kandi yari afite intego yo kuhakorera igitaramo cyo kumurika album ye ya mbere ariko ntibyakunze.

Yabwiye InyaRwanda ko kuba yageze muri Canada bigiye kumuha umwanya wo gutegura igitaramo cyo kumurika album atabashije kumurikira muri Kenya.

Ati “Birunvikana igihe namaze Kenya nahakoreye indirimbo zirenga eshanu nta gitaramo nigeze nkora kubera impanvu nunvaga nzakora igitaramo mbihuje no kumurika album yanjye ya mbere."

Akomeza ati “Ubu rero kuba nageze Canada ndahita ntegura icyo gitaramo cyo kumurika iyo album yanjye ariko kizabanzirizwa n’umugoroba wo kuramya no guhimbaza."

Bobo Muyoboke avuga ko yamaze kwanzura gukora iki gitaramo mu Ukwakira 2023 n’ubwo ataramenya neza amatariki agomba kuzagikoreraho.

Uyu musore akigera muri Canada, yahise ashyira hanze indirimbo yise ‘Twasanze bakuvuga’ iri kuri album ye yagombaga kumurika muri Kenya.

Iyi ndirimbo avuga ko yayanditse mu 2013 ubwo yumvaga mu buzima yacitse intege kubera ko nta mafaranga y’ishuri yari afite.

Ati “Ni indirimbo nanditse kera mu 2013 ubwo nunvaga ubuzima bwanze nta mafaranga y’ishuri nunvaga nta hazaza hanjye mfite n’uko indirimbo inzamo ngo ‘Twasanze bakuvuga’.

Indirimbo nyinshi z’uyu musore zishingiye ku gukomera kw’Imana. Kandi avuga ko iyi album ye ashobora kuzayitirira iyi ndirimbo ye yise ‘Twasanze bakuvuga’.

Muri rusange album ye iriho indirimbo nka ‘Uranzi (Mana Uranzi Kandi uranzirikana)’, ‘Humura’, ‘Sema jambo’, ‘Ameniosha’, ‘Barikiwa’ n’izindi.

Mu 2017 nibwo Bobo Muyoboke yatangiye urugendo nk’umuhanzi wigenga anasohora indirimbo ya mbere muri uwo mwaka iri mu rurimi rw’Igiswahili yise ‘Ubarikiwe’.

Uyu muhanzi amaze gushyira ku isoko indirimbo zirindwi zirimo ‘Barua’, Mana uranzi’, ‘Iratabara’ n’izindi.

 

Bobo Muyoboke yatangaje ko yamaze kwimukira mu gihugu cya Canada nyuma y’igihe abarizwa muri Kenya

 

Bobo avuga ko agiye gutegura igitaramo cyo kumurika album ye ya mbere iriho indirimbo yagiye ashyira hanze mu bihe bitandukanye

 

Bobo avuga ko indirimbo ye ‘Nasanze bakuvuga’ yayanditse mu 2013 nyuma y’uko abuze amafaranga y’ishuri

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘TWASANZE BAKUVUGA’ YA BOBO MUYOBOKE

"> 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...