Big Dom yatangiye gukora kuri Album ahereye ku ndirimbo ‘Komeza’ –VIDEO

Imyidagaduro - 31/10/2025 3:28 PM
Share:

Umwanditsi:

Big Dom yatangiye gukora kuri Album ahereye ku ndirimbo ‘Komeza’ –VIDEO

Mu gihe benshi mu bahanzi nyarwanda baba mu mahanga bahitamo kureka umuziki cyangwa bakawugira uwo kwishimisha, Cyubahiro Pascal Dominique, uzwi cyane nka Big Dom, we yahisemo kuwugira ubuzima.

Nyuma y’imyaka isaga 12 abarizwa mu Bufaransa, uyu muhanzi utarigeze acogora mu gukomeza gukora umuziki w’umwimerere, yongeye kugaragaza ko agifite byinshi byo gutanga, atangira ku mugaragaro Album ye nshya ya Kane, ayifungura n’indirimbo yise “Komeza.”

Mu kiganiro na InyaRwanda, Big Dom yumvikanaga nk’umuntu wuje ishyaka, wumva umuziki nk’ururimi rwe rwa mbere. Yagize ati: “Ntacyo nagereranya n’umucyo utanga mu mutima wanjye. Ni wowe duhuza bigashoboka, bigakunda bigakoreka.”

Ibyo yabivugiye asobanura uko yanditse indirimbo “Komeza” —igikorwa avuga ko cyaturutse ku buryo yumva urukundo nyarwo rudashobora gupimwa n’ikindi kintu na kimwe.

Ni indirimbo yinjira mu njyana ya RnB isanzwe imuranga, ikubiyemo ubutumwa bwo gushima no kugira neza, kandi ikaririmbwa mu buryo butuje butuma uyumva yinjira mu mwuka w’urukundo rufite uburemere n’agaciro.

Big Dom avuga ko “Komeza” ari yo ndirimbo ibanziriza izindi esheshatu zizubaka Album ye nshya, iteganyijwe gusohoka muri Ukuboza 2025. Ati “Ni indirimbo mpereyeho muri esheshatu zizasohoka kuri album. Ni yo mbanje gushyira hanze kugira ngo abantu bumve aho ngana.”

Iyi album izaba ari iya kane mu rugendo rwe rw’umuziki, ikazakomereza ku murongo wo gukoramo indirimbo zifite ubutumwa bwo kubaka imitima no kugaragaza umuco nyarwanda mu buryo bugezweho.

Big Dom ni umuntu wahuye n’ubuzima bukomeye. Yavukiye mu muryango w’abana batanu, ariko bamwe muri bo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ati: “Ibyo byose byaranyubatse. Byatumye menya ko buri munsi uba ari impano, kandi buri ndirimbo nandika iba ari uburyo bwo gushimira ubuzima.”

Asigaye afite umuvandimwe umwe utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko ibyo ntibyamukumiriye gukomeza umuziki.

Yemeza ko kuba mu Bufaransa byamuhaye amahirwe yo kwiga byinshi bijyanye n’imyandikire y’indirimbo, imikorere ya studio n’imiyoborere y’umuziki mu buryo bwa kinyamwuga.

Abakurikira umuziki nyarwanda wo mu myaka ya 2000 bazi Big Dom kuva mu itsinda ry’ababyinnyi Cool Family, aho batangiye basubiramo indirimbo z’abahanzi mpuzamahanga nka 2Pac. Ariko nubwo yabyinaga, umutima we wari mu kuririmba no kwandika.

Indirimbo ye ya mbere, “Igishwi cy’ikibinda,” yamuhaye izina rikomeye kubera amagambo y’urukundo atangaje n’ubutumwa bw’ukuri.

Kuva ubwo, Big Dom yakomeje urugendo rwe akora indirimbo zinyuranye nka “Cyuzuzo,” “Imana n’urukundo,” na “Chic Choc Chèque.” Umuziki we wagiye uhuriza hamwe Afro Beat, RnB Slow n’andi majwi atuje ashimangira ubuhanga bwe mu guhuza amagambo n’amajwi.


Big Dom yagarukanye indirimbo “Komeza” nk’intangiriro y’urugendo rushya rwa Album ye ya kane, yubatse ku butumwa bwo gukunda no gushimira ubuzima


Mu myaka 12 amaze mu Bufaransa, Big Dom avuga ko yahigiye byinshi byamufashije gutunganya umuziki we mu buryo bwa kinyamwuga no gukomeza kuririmba nk’uvuga indimi z’imitima

Uyu muhanzi wakuriye mu buzima bw’inshingano, avuga ko buri ndirimbo ye ari uburyo bwo gushima Imana no guha agaciro ubuzima bwamubereye impano


Big Dom, wahoze mu itsinda Cool Family, avuga ko “Komeza” ari urufunguzo rwerekana icyerekezo gishya cy’umuziki we ushingiye ku RnB n’amarangamutima y’ubumuntu

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO ‘KOMEZA’ Y'UMUHANZI BIG DOM


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...