Ku wa Mbere w’iki Cyumweru ni bwo uyu mukinnyi
abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yashyize hanze amafoto ari muri Stade ya Camp
Nou ndetse yerekana ko yari ayikumbuye, avuga ko umunsi umwe atazasubirayo
agiye gusezera gusa.
Yanditse ati: ”Mu ijoro ryakeye nasubiye ahantu nari
nkumbuye cyane, ahantu nabaye nishimiye cyane, ahantu mwatumye numva ko ndi umuntu
wishimye kurusha abandi bose inshuro 1000. Nizeye ko umunsi umwe nzagaruka
atari ukujya gusezera nk’umukinnyi gusa”.
Aya mafoto yakuruye amarangamutima ya benshi none nyuma y’iminsi ibiri gusa amaze
gukundwa n’abarenga Miliyoni 26 mu gihe abarenga ibihumbi 772 bayatanzeho
ibitekerezo.
Ibi byatumye iyi "post" yinjira muri "posts" 20 zakunzwe
kurusha izindi kuri Instagram. Imaze gukundwa n’abantu benshi inyuze ku
zindi zirimo nk'iya Cristiano Ronaldo yishimira igikombe cya UEFA Nations League
iheruka ndetse n'iyo yambika impeta Georgina Rodriguez.
Amafoto ya Lionel Messi arimo arakundwa gutya ni aya
telefone akaba yarayafashwe na mugenzi we bakinana muri Inter Miami n’ikipe
y’igihugu ya Argentine, Rodrigo de Paul.
Ayirimo yatwaranye nayo ibikombe birimo 10 bya shampiyona ya Espagne, ibya Copa del Rey, birindwi na bine bya UEFA Champions League. Bivugwa ko ubwo Camp Nou irimo iravugururwa niyuzura Lionel Messi ashobora kuzakiniraho umukino mu rwego rwo kuyitaha, kumusezeraho neza no kumuha icyubahiro.




Abarenga Miliyoni 26 bamaze gukunda aya mafoto
