Uwo mwashakanye ashobora kwirirwa akuririmba umunsi
wose ndetse ukamwirirwa mu ntekereze bitewe n’uburyo mubanye n’uburyo umwitaho
bitari mu magambo ahubwo mu bikorwa. Ibi ntabwo bireba abashakanye vuba cyangwa
se abamaze igihe gito bashakanye, ahubwo bireba bose.
1.Wowe ubwawe: Ikintu cya mbere usabwa guhereza uwo mwashakanye buri gitondo ni wowe ubwawe. Mwihe, umwegere, akubone ndetse akuvugishe. Mugabo, irinde kubyukira mu mirimo atakubonyeho kuko abagore bakunda kubona abo
bashakanye mu minota ya mbere bakangutse.
Ikintu kiza mu buzima ku bagore ni ukubona umunezero w’uwo
bashakanye by’umwihariko mu masaha ya mu gitondo mwese mubyutse muri kwitegura
ngo mujye mu kazi.
2. Urukundo rwawe: Ita ku rukundo ugomba kumuhereza kandi ubyiteho cyane cyane mu masaha ya mu gitondo. Aha ni ho aba agukeneye cyane kurenza mbere.
Mbira uwo mwashakanye
ko umukunda cyane kandi ukoreshe ibikorwa amagambo abe make cyane. Ibi abishaka
cyane mu masaha ya mu gitondo mbere y’uko ajya mu kazi kugira ngo akwirirwane.
Muhobere, umuhuze neza, umubaze uko yaramutse,
umusomo, hanyuma umubwire ko umukunda kandi ubivuge bivuye ku mutima.
3. Ijwi ryawe: Uyu mugore wawe akeneye kumva ijwi ryawe ni yo mpamvu nujya kuvuga uzumva ateze amatwi mu buryo budasanzwe.
Abagabo
benshi bakererwa akazi kubera umwanya bahereza abo bashakanye, nibyo, abagore
bakunda kuganira n’abo bashakanye nabo, kandi bakamarana umwanya by’umwihariko
bakibyuka.
Muri make hari ibindi nawe uzi ariko ibi tuvuze hano
ni byo twafashe nk’iby’ingenzi twifashishije ikinyamakuru zenhabits.net.