RFL
Kigali

Twaganiriye na Umutoni Wanny winjiye mu njyana Gakondo n’indirimbo yise “Umwiza”-VIDEO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:7/10/2020 17:57
1


Umuhanzikazi, Umutoni Wanny yinjiye muri muzika Nyarwanda mu njyana gakondo, ashyira hanze indirimbo yise “Umwiza” irimo amagambo meza y’urukundo aryoheye amatwi watura umubyeyi.



Uyu mukobwa aganira na INYARWANDA, yatangaje byinshi n’ingamba azanye muri muzika Nyarwanda by’umwihariko injyana “gakondo” yatangiriyemo inganzo ye. Yemeza ko impano ye yayiyumvisemo kuva mu bwana bwe.


Umutoni Wanny, mu kwinjira muri muzika, avuga ko yagombaga kugaragaza impano ye, akayimurikira rubanda. Ati: “Impano ubusanzwe iyo umuntu ayifite aterwa ishema no kuyigaragaza no kiyirata, nanjye iki ni cyo gihe ngo nereke abanyarwanda ko nshoboye kuririmba, ubusanzwe nari umuririmbyi ariko ufasha abandi kuririmba nyuma nza kwigira inama yo gukora muzikia ku giti cyanjye niko gutangira gukora indirimbo kandi urebye nk’indirimbo ‘Umwiza’ iri kwakirwa neza n’abantu benshi”.


Yadutangarije ko kuva yasobanukirwa umuziki yamye akunda umuhanzikazi Cecile Kayirebwa akamwigiraho byinshi. n'ubwo akora injyana gakondo akunda n’izindi njyana nka R&B. Yizera ko impano ye izagera kure ikanamenyekana ku buryo buzarenga u Rwanda ikamenyekana i mahanga.

KANDA HANO WUMVE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA UMUTONI WANNY


KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO UMWIZA YA UMUTONI WANNY







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • mukaneza3 years ago
    komerezaho abkbw natwe turashoboye





Inyarwanda BACKGROUND