RFL
Kigali

Kuba abunzi batagikora byadindije iki ku ikemurwa ry’ibibazo by’abaturage?

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:5/10/2020 11:16
1


Bamwe mu baturage bo mu karere ka Muhanga mu murenge wa Mushishiro baravuga ko bahangayikishijwe no kuba abayobozi b’inzego z’ibanze batabasha kubakemurira ibibazo nyuma y’uko abunzi bari babifite mu nshingano bahagaze gukora.



Ni mu murenge wa Mushishiro, akagari ka Munazi ho mu karere ka Muhanga aho bamwe mu baturage bavuga ko bahangayakishijwe no kuba abayobozi b’inzego z’ibanze batabasha kubakemurira ibibazo nk'uko abunzi bajyaga babikora, ni nyuma y’uko abunzi bahagaze gukora noneho inshingano zabo zigahabwa abayobozi b’inzego z’ibanze.

Aha bamwe mu baturage bagaragaza ko bafite ikibazo cy’uko imanza zabo zahagaze kuko zari zaramaze kugera mu bitabo by’abunzi bityo abayobozi b’inzego z’ibanze bakaba bavuga ko ntacyo bazikoraho ko abaturage bagomba gutegereza igihe abunzi bazongera gukorera.

MUKANSANGA Cansilde wari usanzwe yaragejeje ikibazo cye mu bunzi bagahagarikwa kitarangiye avuga ko inzego z’ibanze zanze kumukemurira ikibazo kubera ko ikibazo cye cyari cyarageze mu bunzi bityo ko akwiye gutegereza igihe bazongera gukorera.

Yagize ati “Njye nari naragejeje ikibazo cyanjye mu bunzi ariko uyu munsi ntaho nakibariza, nagiye mu kagari bambwira ko ngomba gutegereza abunzi bakongera gukora, iyo ikibazo cyanjye cyiza gukemuka mbere, abana banjye bari kuba babayeho neza kuko ni isambu nariganijwe none bansabye gutegereza igihe ntazi, ubu uratekereza ko mbayeho nte? “

Uwitwa MUKESHIMANA Moise we avuga ko abaturage barenganye kubera kubura ubakemurira ibibazo ati” Ubundi abunzi bajyaga bakemura ibibazo byihuse ariko kuri ubu umuntu ashobora no kubirenganiramo kubera kubura umuntu umufasha, nonese niba ugiye kwa mudugudu na we akakohereza ku kagari mu rwego rwo kukwikiza, uwo mu kagari na we kubera inshingano nyinshi yifitiye akakubwira ngo uzagaruke ejo ugahera muri urwo, urumva hatarimo gusiragizwa? Nibasubizeho abunzi kuko no mu byo badufashaga harimo kudatakaza umwanya twiruka mu bayobozi ngo badufashe kumvikana”

Andre NTAWUBURANA NARWO na we avuga ko ntaho yabonye abashinzwe umugugudu barangiza imanza z’abaturage ko izo ari inshingano z’abunzi  ati” kuri ubu ibibazo by’abaturage byabaye byinshi  birarengerana kubera kubura ababikemura, baragenda bagashirira imbere bagatuza, ingaruka nuko bikomeza kubiba urwango mu baturage ku buryo bashobora no kwicana bitewe no kuba ibibazo byabo bidakemuka mu maguru mashya”

NIYONZIMA Francois Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Rwigerero mu murenge wa Mushishiro ahakana ibyo aba baturage bavuga agashimangira ko bagerageza kunga no guhuza impande zifitanye ibibazo nubwo imbogamizi zitabura. Ati” ntabwo nemeranya na bo neza ariko hari aho watwumva kuko abunzi bagiraga ibibazo bagabanya none ntibagikora hakiyongeraho n’izindi nshingano dufite.

Ntabwo bya bibazo bikemuka vuba nkuko byajyaga bikorwa n’abunzi ariko turagerageza ndetse tugashaka na wa mwanya wo gukora za nshingano zindi dufite, hari ibibazo byari byarageze mu bitabo by’abunzi ,ibyo ntacyo tubikoraho ahubwo tugerageza kwakira ibishya tukanaboneraho umwanya wo gukora na za nshingano zindi abari barabigejejeyo rero bihangane”.

Ubusanzwe komite y’abunzi iba ishinzwe gusuzuma no kunga abafitanye ibibazo by’imbonezamubano birimo amasambu, amatungo, ibibazo by’umuryango, izungura,ubujura bworoheje, konesha cyangwa konona imyaka n’ibindi bibazo bitarengeje amafaranga miliyoni 3 z'amanyarwanda.

Raporo ya komite z’abunzi yo mu myaka ibiri ishize igaragaza ko mu gihugu hose imanza mbonezamubano zakiriwe zingana na 48,989 noneho izingana na 97% zakemuwe n’abunzi  mu rwego rw’utugari, ibintu byerekana neza ko abunzi bari bafite uruhare runini mu gukemura imanza z’abaturage no gutuma babana mu mahoro.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nshunguwenayezu3 years ago
    Ntacyo Navuga Akarengane Karendagusaza Umuntu ,kubera Abunzi Batagikora,uzi Kuntu Manda Yabunzi Yarangiye Basigaye Gusoma Urubanza.None Inzara Ikaba Irenda Kwica Umuntu Bubera Gusiragira.Nyabuna Mudufashe Musubizeho Abunzi .Ndihano Mumurenge Wa Musanze





Inyarwanda BACKGROUND