RFL
Kigali

Dore abantu 7 batangaje ku Isi barimo umukecuru ufite ihembe n'uruhinja rutwite

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:2/10/2020 12:50
2


Mu bihugu bitandukanye ku Isi hari abana bagiye bavuka bafite ibibazo bitandukanye by’abagize abantu badasanzwe. Ibi bibazo biterwa no kuba intanga yabo yari igiye kwiremamo impanga ariko ntibigende neza bigatuma havuka umwana umwe ufite zimwe mu ngingo zari kujya ku mpanga ye.



Abantu badasanzwe ku Isi harimo umukecuru wo mu Bushinwa ufite ihembe rimeze nk’iry’inyamaswa, ndetse akaba ari kumera ihembe rya kabiri.

1.Zaeng Rufhang


Umwe mu bantu batangarirwa na benshi ku Isi ni umukecuru witwa Zaeng Rufhang, ufite ihembe rya santimetero 6 ku gahanga. Uyu mukecuru ugize imyaka 105 afite irindi hembe riri gupfupfunyuka ku ruhande rw’ibumoso. Uyu mukecuru nta pfunwe aterwa no kuba afite ihembe ahubwo ngo kuri we ni umugisha kuko abantu baturuka imihanda yose bakajya kumureba.

Abaganga ntabwo baramenya icyatumye uyu mukecuru wo mu Burasirazuba bw'Ubushinwa ahitwa Linlou amera ihembe, bamusabye kurikuraho aranga kuko abajya kumusura bagiye kureba iryo hembe bamuha impano n'amafunguro kugira ngo bamwifotorezeho.

2.Uruhinja rutwite


Byabaye amayobera ubwo umwana wo mu gihugu cya Hong Kong yavukaga afite umuvandimwe we mu nda. Abaganga bahise bafata umwanzuro wo kubaga uru ruhinja bakuramo impanga yarwo yari yarayobeye mu nda.

3. Umwana ufite amaguru 6


Uyu mwana wo mu gihugu cy’Ubuhinde witwa Lakshmi Tatma yavutse afite amaguru 6 n’imbavu zirenze umubare usanzwe. Abaganga baramubaze bigenda neza ibyo bice bindi bimukurwaho ku buryo umurebye utamenya ko yahoranye amaguru 6.

4. Dominique wavukanye amaguru ku gikanu


Uyu mwana w’umukobwa witwa Dominique yavuze afite amaguru abiri ateye ku gikanu cye agatendera ku mugongo. Abaganga baramubaze bamukuraho ayo maguru arakira.

5.Betty ufite amaguru abiri ateye munsi y'agatuza


Uyu mukobwa wavutse mu 1930 afite amaguru abiri ateye munsi y’agatuza, ntabwo yigeze abagwa, gusa yarakuze aba umunyamakuru aramenyekana ku Isi yose.

Jie Jie wavukanye amaboko atatu


Umwana wo mu Bushinwa witwa Jie Jie yavukanye amaboko atatu, abaganga baramubaga bamukuraho ukuboko kumwe asigarana amaboko abiri.

7.Yamna


Ni abakobwa babiri bavutse bafatanye igice cyo hasi guhera ku nda. Sibo bonyine bavukanye iki kibazo mu Isi, gusa aba nibo inkuru yabo yamenyekanye cyane kuko ababyeyi babo bababyaye bakabajugunya ariko ku bw’amahirwe bakabaho bagakura.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Sundy pa3 years ago
    None bacyafatanye
  • NDAYISHIMIYE PROSPER10 months ago
    batuyi isi iyisi nihatari ibi bibaho?nimba bibaho ivyo namayobera





Inyarwanda BACKGROUND