Tanasha Donna na Mama Dangote umubyeyi wa Diamond Platnumz bifuruje isabukuru nziza Naseeb Junior umuhungu wa Diamond na Tanasha wujuje umwaka umwe w’amavuko.
Kuri uyu wa 2 Ukwakira 2020 ubwo Naseeb Junior umuhungu wa
Diamond na Tanasha yizihiza umwaka umwe w’amavuko avutse, mu magambo yuje
urukundo rwa kibyeyi Tanasha Donna n’umubyeyi wa Diamond bifurije isabukuru
nziza Naseeb Junior.
Mu butumwa burebure Tanasha yanyujije ku rukuta rwe
rwa Instagram kuri uyu wa Gatanu, yagaragaje urukundo akunda umuhungu we wujuje
umwaka umwe w’amavuko avutse. Mu magambo ye yagize ati: ”Kuri uyu munsi udasanzwe,
Kuwa 2 Ukwakira 2019… Imana yampaye umugisha impa impano idasanzwe ntigeze nsaba…Nyuma y’amasaha agera kuri 20 nitegura kubyara, nyuma y’amezi hafi 11, wari umeze
neza mu nda ya mama wawe, ntago washakaga kuza hanze, ariko mbere y’uko
tubimenya, watubereye umugisha ubwo wazaga kuri iyi si.”
Naseeb Junior umuhungu wa Diamond na Tanasha
Yakomeje agira ati:” Amagambo ntago yasobanura uko ntewe
ishema no kuba mama wawe, uburyo nishimira kukwitaho, kandi ndizera ko uyu
munsi uri bwishimire ibirori byawe by’isabukuru ubwo turi bukoranire hamwe
dushimira Imana ko wajuje umwaka umwe uvutse. Uri umunyabwenge, ugira ubuntu cyane,
wita ku bantu, buri gihe uhora useka kandi wishimye, wanyigishije icyo urukundo
ari cyo, wanyigishije kugira imbabazi, wanyigishije kutabika inzika,
wanyigishije kuba umubyeyi mwiza, wanyigishije gukora cyane, ibi byose
wabinyigishije kubera ko wari hano.”
Tanasha yasoje ubutumwa bwe yifuriza ishya n’ihirwe
umuhungu we ndetse yongeraho ko kuba amufite bimuha ibyishimo bidasanzwe.
Tanasha n'umuhungu we
Sandah Kassim umubyeyi wa Diamond Platnumz uzwi ku
kazina ka Mama Dangote nawe ibinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yifuruje
isabukuru nziza umwuzukuru we. Mu butumwa bwe yakoresheje amafoto atandukanye agaragaza
umuhungu we, na Tanasha ubwo yari mu bitaro yitegura kubyara, yagize ati:”Isabukuru
Nziza Naseeb Junior Nyogokuru wawe aragukunda cyane.”
Amakuru avuga ko mu kwezi gushize kwa Nzeri Tanasha
aherutse kwimukira mu nzu nshya, ndetse aherutse gutembereza abakunzi be bimwe
mu bice bigize inzu ye asigaye abamo n’umuhungu we arimo ibikoresho bihenze
cyane nk’ibyo muri hoteli.
Src: TUKO
TANGA IGITECYEREZO