RFL
Kigali

Ubushakashatsi: Ibintu ukwiye gusuzuma mbere yo kwiyemeza kurushinga

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:21/09/2020 14:52
0


Kurongora cyangwa kurongorwa si ikintu umuntu atekereza ngo ahite agishyira mu bikorwa mu gihe gito kabone n’ubwo waba ufite umukunzi.



Birashoboka ko umaze imyaka ibiri ufitanye umubano mwiza n’umukunzi wawe, wibwira ko mumaze kumenyana cyane, umaze kumenya imbaraga ze n’intege nke ze. Noneho mwembi mwiteguye kubana hafi ya 50 ku ijana by’abashakanye barangije gutandukana, nta gushidikanya ko gushyingirwa ari ingingo ikomeye isaba gutekereza cyane rero, mbere yo kwiyemeza kurushinga, dore ibintu ugomba gusuzuma:

Umuryango wa mugenzi wawe: Birashoboka ko uzi neza umukunzi wawe. Ariko se uzi neza umuryango we? Ni gute mu muryango w'umukunzi wawe bakuzi ? Ni izihe ndangagaciro, imigenzo, n'imyizerere byubahirizwa mu muryango wabo? Kwiga kuri iki kintu ku muryango we bigufasha kumenya urwego rwimbitse rwo kwizerana no kumvikana hagati yawe nawe ukamenya aho utagomba kurengera n’icyo wakora mu gihe habaye ikintu kiguhuza n’umuryango we.

Indangagaciro zawe: Ubusanzwe amakimbirane mu bashakanye aturuka ku gutandukanya imyizerere n'indangagaciro. Ntugomba buri gihe gutsimbarara ku gitekerezo cyawe iyo bigeze ku byerekeye umuryango, politiki, idini, n’ibindi bintu. Icyangombwa ni uko wubaha imyizerere n'indangagaciro. Uru ni rwo rufatiro rw'ubuzima bwiza bwubatse.

Uburyo uzarera abana bawe: Ushobora kugira ibitekerezo bitandukanye ku byerekeye kurera abana, uburyo bwo kubahana, ese ni nde uzabitaho mu gihe mwembi mwahisemo gukora amasaha yose, n’ibindi. Iyo abashakanye batangiye kubyara, ibintu birahinduka rwose kandi ushobora gutungurwa burya kurera umwana w’ibyumweru 2 byitwa ko asinziriye umunsi wose birashobora ariko se mu gihe azaba amaze gukura bizagenda bite? Iki ukwiye kugitekerezaho mbere yo gushinga urugo.

Banza ushyire muri gahunda intego zawe bwite: Kuba ugiye gushaka ntibisobanura ko utagishoboye gukurikirana inzozi zawe bwite. Ni ngombwa cyane, mbere y'uko ukora ubukwe, kuganira ku bintu by’ingenzi nk’ibi. Hitamo uburyo ushobora gukurikirana inzozi zawe n’igihe uzaba ufite abana.

Uburyo bwo kuzakoresha amafaranga: Wowe na mugenzi wawe mugomba kumvikana ku ngingo z’ingenzi nk’imari. Ibibazo by'amafaranga biri mu bitera amakimbirane mu bashakanye kuko bifitanye isano n’ibintu byinshi nko gufata ibyemezo, kugenzura, imbaraga, no kwizerana. Mu gihe cy’urushako rwawe, birashoboka cyane ko uzanyura mu bihe bitoroshye. Ni ngombwa kuvuga uburyo ugiye guhangana n’ibintu nk’ibi, ni ngombwa kwibanda ku kuzigama bihagije.

Src: Psychologytoday.com

 

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND