RFL
Kigali

Clément yahishuye ko mu 2019 yabonye ubutumwa Nel Ngabo yamwandikiye mu 2013 amusaba kumufasha mu muziki-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/09/2020 12:09
1


Ishimwe Karake Clement yatangaje ko mu mpera za 2019 yabonye kuri konti ye ya Facebook ubutumwa bwa Nel Ngabo bwo mu 2013 amusaba kumwinjira muri Label ya Kina Music abereye umuyobozi.



Nel Ngabo ni umwe mu bahanzi barimo Butera Knowless, Igor Mabano, Tom Close na Nemeye Platini babarizwa mu inzu ifasha abahanzi mu bya muzika yitwa Kina Music imaze imyaka irenga 10 ku isoko.

Kina Music yanyuzemo abarimo King James, Christopher n’abandi bahagaze neza ku Isoko. Bivugwa ko mu bo yarambagije harimo Gisa cy’Inganzo wakunzwe mu ndirimbo “Uruyenzi” ariko imikoranire yabo ntiyakunze.

Nel Ngabo ni we muhanzi muto muri Kina Music, ushingiye ku bikorwa ndetse n’imyaka. Yinjiye muri iyi nzu mu ntangiriro 2019, afashwa gukora indirimbo zitandukanye ndetse anamurika Album.

Yatangiye kwigaragaza ku isoko ry’umuziki ku wa 25 Mutarama 2019, ubwo yasohoraga indirimbo ye ya mbere yise ‘Why’. Ni indirimbo itaramufashije guhita amenyekana mu muziki nk’indirimbo “Nzahinduka” yasohoye amashusho yayo kuwa 17 Nyakanga 2019.

Ishimwe Clement yabwiye INYARWANDA, ko yishirama urwego Nel Ngabo agezeho, bigaragaza umutima n’ubushake afite kuva mu 2013 ubwo yamwandikiraga amusaba kumwinjiza muri Kina Music.

Clement yavuze ko mu mpera za 2019, yabonye kuri konti ye ya Facebook, ubutumwa bwa Nel Ngabo amubwira ko ari umunyeshuri mu mashuri yisumbuye kandi ko yiyumvamo impano yo kuririmba, amusaba kumushyigikira.

Ati “…Twaratangiye gukorana nabonye ubutumwa yigeze kunyandikira mu 2013. Yambwiraga ko ari umunyeshuri, afite impano ashaka ko abantu bamufasha…Ariko urumva nabibonye hashize igihe mu 2019.”

Clement avuga ko asoma ubu butumwa yari kumwe na Nel Ngabo, ndetse ngo Nel Ngabo yahise asohoka mbere y’uko Clement asoza gusoma ubu butumwa.

Clement avuga ko byafashe imyaka irenga itandatu kugira ngo abone ubu butumwa, ahanini bitewe n’uko atagiye asubiza buri butumwa bwose yabaga yandikiwe, bitewe n’akazi kenshi aba afite. 

Clement akomeza avuga ko Album ‘Ingabo’ ya Nel Ngabo ihageza neza ku isoko, ashingiye ku mibare y’abari kuyumva ku mbuga zicururizwaho umuziki ndetse no kuba yarasohotse mu gihe abantu bari mu ngo mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Nel Ngabo yahatanye mu irushanwa ryateguwe n’itsinda rya Urban Boys yegukana umwanya wa kabiri, ahatana muri Art-Rwanda Ubuhanzi no mu irushanwa ryateguwe na Kina Music.   

‘Label’ ya Kina Music yashakaga abanyempano izifashisha mu gukina filime bazi kuririmba no gucuranga. Nel Ngabo yatsinze mu cyiciro cyo kuririmba no gucuranga ariko kwigaragaza nk’umukinnyi wa filime, ntiyahiriwe.

Nyuma ubuyobozi bwa Kina Music bwamuhamagaye bumubwira ko banyuzwe n’impano ye yo kuririmba n’ubwo atabashije gutsinda ibyiciro byose.

Tariki 04 Nyakanga 2020, Nel Ngabo yamuritse Album ya mbere yise “Ingabo” yatuye Ingabo zari iza RPA zabohoye u Rwanda zirimo na Se wamushyigikiye mu rugendo rwe rw’umuziki.

Uyu muhanzi yamuritse iyi Album abantu bazi indirimbo “Why” yatangije urugendo rwe rw’umuziki, “Byakoroha”, “Ya motema” yakoranye na Platini, “Ntibikabe” yakoranye na Butera Knowless, “Nzahinduka” na “Nzagukunda”.

Ishimwe Karake Clement yahishuye ko mu 2019 yabonye ubutumwa Nel Ngabo yamwandikiye mu 2013 amusaba kumufasha mu muziki

Umuhanzi Nel Ngabo aherutse kumurika Album "Ingabo" yatuye Ingabo zabohoye u Rwanda zirimo na Se

KANDA HANO: CLEMENT YAVUZE UKO MU 2013 YANDIKIWE NA NEL NGABO AMUSABA KUMUFASHA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kevin2 years ago
    Nel uft impan kbx urumurrmby mwiz utangaje Nel wazadusuy mubugesera impande yikibug cyindeg cyabugexer





Inyarwanda BACKGROUND