RFL
Kigali

Uzi ko abahanzi rimwe na rimwe twabafata nk’abaganga? Menya akamaro ko kumva umuziki

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:16/09/2020 18:44
0


Akenshi ushobora kubona umuntu ari kumva umuziki kuko udasobanukiwe akamaro ko kumva indirimbo ukamwita uwataye indangagaciro cyangwa udasobanukiwe n’ibyo arimo. Siko biri burya. Umuntu wumva umuziki atandukanye n’utawumva cyane kuko umuziki ugira akamaro ku muntu uwuha akanya gato akawumva.



Abantu barenga miliyoni 350 bafite ikibazo cyo kwiheba ku isi, kandi 90% muri bo nabo bafite ikibazo cyo kudasinzira. Ubushakashatsi bwagaragaje ko kumva umuziki biruhura ubwonko. Niba hari igihe ukeneye imbaraga z'amarangamutima, reka bimenyekane ko bisaba iminota 15 gusa yo kumva imirongo ukunda y’indirimbo kuko ubwonko bwawe burekura udushituramarangamutima nka dopamine, neurotransmitter iganisha ku byiyumvo by'ibyishimo, umunezero. 

Ushobora kuba ukunda indirimbo za Gakondo, Classique, Zouk, Reggae, R&B, Hip Hop, Trap, n’izindi yewe n’iz’idini usengeramo. Kumva indirimbo rero bigira akamaro kanini cyane. Reka turebe nibura impamvu 10 umuhanzi w’indirimbo yaba ari mugaga atabizi ko ari mugaga watanze umuti.

1.Kumva indirimbo z’umuhanzi bigabanya 'Stress' no kwiheba

Iyo witegereje neza, mu buzima bwacu bwa buri minsi duhura na byinshi bidutera umunaniro, ibindi bikaduhangayikisha, burya kumva utuje ahanini ukenera akantu kaguhumuriza, ushobora gufata iminota itanu ukumva indirimbo igukangurira kutiheba ukishima ubuzima bugakomeza.

Gusa iyo ufite Stress cyangwa agahinda, umuziki wakuvura, ibi ntabwo ari umuziki udunda cyane, oya, umva umuziki utuje ushobora kuba uri kureba amashusho nayo akaguhumuriza.

2.Umuziki ugabanya uburibwe


Ahangaha biragoye kugira ngo ubyumve, nk’uko byavuzwe n’umuhanga mu by’imitekerereze ya muntu akaba n’umucurabwenge w’Umugereki, yavuze ko umuziki utuma isanzure rigira roho bimwe bikumva ko byameze amababa, aha niba ujya ubona umuhanzi aririmba ushobora kubona yageze ahandi hantu kure kubera gutwarwa n’umuziki. Aba ameze nk’uwameze amababa kubera ibyishimo byarenze 100%. Aha ushobora kwitabira igitaramo ufite aho uribwa bidakabije wakumva umuziki ntiwongere kumva uburibwe na gato. Wumva umuziki uri kuribwa bikarangira amarangamutima arenze uburibwe  wumvaga.

3.Umuziki utuma ukora Siporo neza


Abakunzi ba muzika cyane cyane abo mu bihugu by’abazungu, uzababona bakora Siporo bampaye Ekuteri mu matwi, aha iyo uri kumva umuziki udasobanya n’intambwe uri gutera muri mucaka-mucaka bituma urangiza Intera wihaye udagagaze. Iyo uri muri Siporo biba byiza mumvise indirimbo zituje cyangwa izo mu njyana ya Reggae.

 4. Umuziki ukangura ibitotsi

Aha tuhumve neza. Abanyamerika barenga 30% bafite ikibazo cyo kudasinzira. Ubushakashatsi bwerekanye ko kumva umuziki wa kera cyangwa uruhura mu gihe cy'isaha imwe yo kuryama, uraruhuka noneho ugashiduka wasinziriye. Mbere yo kuryama mu gihe ukeneye gusinzira neza banza wumve umuziki ukunda nk’iminota 5.

5. Umuziki ugufasha kurya ibiryo bike

Abashakashatsi berekana ko iyo uri kumva umuziki bituma ushobora kurya ibiryo bike (kandi ukabyishimira cyane).

6. Umuziki uzamura imyitwarire yawe mu gihe utwaye imodoka

Mu Rwanda n’ahandi ntibyemewe gutwara imodoka uri kumva umuziki muri Ekuteri, ariko ushyiramo akaziki karangurura gake. Abashakashatsi bavuga ko ibi bituma wowe mushoferi wumva utuje neza. Abo utwaye nabo usanga batwawe n’akanyamuneza kandi uzasanga imodoka umushoferi yashyizemo umuziki aba atihuta cyane agenda gahoro nta burakari cyangwa stress yararanye. Niyo mpamvu imodoka hafi ya zose zikoranywemo Radio zidunda, ntabwo abazikoze bibeshye nta n'ubwo bitiranije imodoka n’akabyiniro, oya bazi neza akamaro ka muzika.

7.Umuziki ugira imbaraga mu kwiga no kwibuka

8 Brilliant Benefits of Listening to Music While Studying

Abashakashatsi bavuga ko kumva umuziki bishobora kugufasha kwiga no kwibuka amakuru neza. Ushobora kwiga ururimi rw’amahanga kubera ukunda kumva indirimbop z’amahanga ziri mu cyongereza cyangwa urundi rurimi. Ushobora kandi kwibuka ibintu wari waribagiwe kubera kumva akaririmbo keza.

8. Bifasha imitsi y’amaraso gukora neza

Iyo uri kumva umuziki ushimishije wumva akanyamuneza kandi ukishima. Ibi wumva bikubaho mu gihe uri kuwumva bigirira akamaro umutima n’imiyoboro ijyana amaraso ahanyuranye mu mubiri. Utuma 'Endothelium' ikora neza. Iyi Endothelium tuyisanga no mu nsoro zitukura. Imikorere myiza yayo ni ryo banga ry’imikorere myiza y’urwungano rw’amaraso.

9. Bigabanya umuvuduko udasanzwe w’amaraso

Kumva umuziki utuje buri gitondo na nimugoroba byibuze iminota 30 bituma umuvuduko w’amaraso ukabije ugenda ugabanuka. Ubushakashatsi bugaragaza ko kuwumva byibura iminota 25 ku munsi, mu gihe cy’ibyumweru 4 bigabanya igipimo cyo hejuru cya SBP (Cystolic Blood Pressure), uyu akaba ari umuvuduko umutima ukoresha wohereza amaraso mu mubiri.

10. Bifasha abarwaye stroke gukira vuba

Stroke, ni indwara ifata ubwonko. Kumva umuziki bigufasha gukira vuba. Si ugukira gusa kuko binagufasha kuruhuka no kumva utuje.

Src: Liveforlivemusic.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND