RFL
Kigali

Umubyeyi w’umuherwe Bill Gates yitabye Imana ku myaka 94, Menya amateka yaranze ubuzima bw’uyu musaza wabyaye intiti

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:16/09/2020 13:09
0


Umunyarwanda ati ”Imfizi ibyara uko ibyagiye”. Bwana Gates Sir. wabyaye umunyabwenge akaba n'umwe mu bakire babayeho ku Isi ‘Bill Gates’, uyu musaza yitabye Imana ku myaka 94 azise izabukuru zivanze n’uburwayi. Mu mvugo isa n'itebya yigeze kugira ati ”Sinigeze ntekereza ko umwana wanjye azaba databuja”.



Umuhanga yaragize ati ”Ukwibyara bitera ababyeyi ineza”, ibi byashimangirwa na Gates Sir wabyaye Bill Gates. Yakwigendera Gates Sir yavutse mu mwaka 1925 avugikira i Washington. Yabaye umunyamategeko wigenga. Ku myaka 20 akimara kurangiza amashuri yisumbuye, yatangiye kaminuza nyuma ahita yinjira mu gisirikare ajya mu Buyapani mu ntambara, gusa nyuma yaje kugaruka ajya kwiga amategeko aza kurangiza afite imyaka 25 ahagana mu 1950.


Gates Sir atabarutse yari umubyeyi w’abana 3 ari bo abakobwa babiri (Kristi na Libby) ndetse na Bill Gates. Uyu mubyeyi w'uyu mukire wa 2 ku Isi, yashakanye na Mary Maxwell ari nawe babyaranye aba bana bose. Uyu musaza yabonye Izuba ku wa 30 Ugushyingo 1925 ni ukuvuga atabarutse afite imyaka 94 aho yaburaga igihe gito ngo yuzuze 95. Nk'uko umuryango w'uyu musaza wabitangaje, yazize indwara yitwa Alzheimer.

Uyu musaza benshi batangiye kumunya ubwo umuhungu we yamaraga kuba icyamamare kubera ubutunzi budasanzwe yari afite akomora ku kigo yashinze amaze gucikiriza amashuri ”Microsoft”. Bwana Sir ni umwe mu nkingi za mwamba zabaye hafi iki kigo cy’umuhungu we.

N'ubwo Bill Gates yamye akunda kutumvikana n'uyu mugabo wamye arota ko umuhungu we yazavamo umunyamategeko w'agatangaza ariko byaje kurangira Bill Gates amusuzuguye ava mu ishuli ageze mu mwaka wa 2 wa kaminuza aho yigaga amategeko muri Harvard yigira mu ikoranabuhanga rya mudasobwa.


Gates Sir nyuma y'uko yari abonye ko umuhungu we avuye mu ishuli akaza kubanza kujya gushaka ibiraka bigiye bitandukanye mu ikoranabuhanga rya mudasobwa, byaje kurangira ashinze ikigo cye cyahinduye amateka y'isi ndetse n’imikoreshereze ya mudasobwa. Byaje kurangira uyu mubyeyi yigiriye inama yo gufasha umuhungu we ndetse anamuba hafi biza no kurangira bigenze neza Bill Gates aratunga aratunganirwa.

Ahagana mu 1980 bwana Gates Sir yafashije Bill Gates gushyira mu buyobozi bwa Microsoft uwahoze ari inshuti ye ubwo bigaga muri Harvard ”Steve Ballmer”. Uyu mugabo ndetse yaje no kuba umuyobozi mukuru wa Microsoft kuva muri 2000-2014.  Umunsi umwe uyu mubyeyi wa Bill Gates yigeze gutebya agira ati ”Iyo utangira ntabwo ubu uri uwo ubu”.

Bill Gates ahagana mu 2000 yashize ikigo cy’ubugiraneza ariko iki gihe nta mwanya uhagije yari afite, ni bwo yaje gufata iki kigo yari yashoyemo agera kuri miliyoni $100 agiha se ngo akiyobore.

'Gates and Mellinda Foundation' yaje kuba ikigo cy'agatangaza kubera ubunararibonye bw'uyu musaza wari inzobere mu bijyanye n'amategeko. Ku rundi ruhande ahagana mu mwaka wa 2003, se wa Bill Gates yatangaje amagambo asa n'akakaye ariko yuzuyemo gutebya aho yagize ati:

“Ntabwo nigeze ntekereza ko akana gato k'agahungu nabonaga buri mugoraba kw’ifunguro kari kundira ibiryo kanakoresha izina ryanjye ari we databuja wanjye w'ejo hazaza.” Aya magambo uyu musaza yayatangazaga mu gihe ari we wari umuyobozi mukuru w’ikigo cy’ubugiraneza cya bwana Bill Gates.

Bill Gates mu mugambo yuzuyemo ikiniga yashimiye umubyeyi we ndetse anavuga uburyo ari mu bantu batumye ikigo cye cy’ubugiraneza kiba uko kiri.

                                        

Bill yagize ati ”Twarakoranaye atari ugukorana nka papa n’umwana ahubwo nk’inshuti cyangwa abafatanya bikorwa. Buri gihe yaba jye cyangwa we twahoraga dukora icyatuma dukomeza imikoranire myiza”. Uyu muherwe wa kabiri ku Isi mu batunze amafaranga menshi yavuze ko azahora akumbura se umubyara ati ”Nzahora mukumbura buri munsi”. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND