Mu bice bitandukanye biherereye mu burengerazuba bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byibasiwe n’ inkongi z’ umuriro aho ahenshi muri ibyo bice ikirere cyaho cyabaye umutuku. Mu gace ka Oregon bakaba baburira ko imibare y’ abahitanwa n’ izi nkongi ushobora kwiyongera, dore ko imigi mito 5 imaze kwangirika.
Bitewe
n’ imiyaga irimo ihuha imyotsi y’ inkongi z’ umuriro, ibice bya Oregon ndetse n’
ibituranyi byabyo nka Washington, ubu hari ikirere gitukura gusa.
Umurimo
umaze kwangiza bikomeye imijyi ya Detroit, Blue River, Vida, Phoenix na Yalent
hamwe na Oregon, nk’ uko byatangajwa na Guverineri Kate Brown ku munsi w’ ejo.
Guverineri
Brow yongera ho ko ibi byatumye hahungishwa abantu benshi mu bice by’ amajyepfo
ya Oregon ahitwa Medford, ko ndetse bishobora no gutera imfu nyinshi n’
iyangirika ry’ ibintu byinshi cyane.
Inzego
za Polisi muri Washington zatangaje ko zabonye umwana w’ umwaka umwe w’
umuhungu ari kugenda mu muhanda, nyuma y’ uko ababyeyi be bari bahiye ubwo
bashakaga uko bahunga inkongi.
Inkongi z’imiriro ubu zirakabaka 100 mu bice bitandukanye by’ Uburengarazuba bwa Amerika; 28 ziri muri California—hamaze kwangirika hegitari 930,800. Iyi miriro ikaba yarahumanyije ikirere cyaho, ndetse n’ icya San Francisco.
Ubu
igice kibasiwe n’ inkongi z’ imirirmo cy’ Amajyarugura-y’ Uburengerazuba ya
Pacific, ntabwo cyari gikunze kumvikanamo inkongi ziri ku rwego nk’ uko cyane
ko ari ahantu hakonja, haba n’ ubutaka butose kurusha mu Majyepfo cyangwa
Muburasirazuba.
Mu
majyaruguru ya Washington, Guverineri Jay Inslee avuga ko hegitari zirenga
133,546 zahiye mu gihe cy’ amasaha 24 gusa.
Abashinzwe
kurwanya inkongi z’ imirirmo muri iki gihugu, ubu barimo bahangana n’ imiriro
yibasiye amashyamba ya Leta uko ari 18 muri California.
Kugeza
ubu ibipimo by’ ubushyuhe mu bice bitandukanye muri Leta Zunze Ubumwe za
Amerika byarazamutse, birabarirwa hejuru ya dogire (degree) 100.
Impuguke
mu by’ ikirere, zikomeza kwemeza ko izi nkongi z’ umuriro zikomeje kwangiza
ubuta n’ ibihuriho—abantu n’ ibintu—ko biterwa n’ ikiremwa muntu, cyo cyohereza
ibyuka bibi bya ‘carbon dioxide’ n’ ibindi, ahanini biturutse mu gutwika
amavuta na gaze.
Src:
Aljazeera&Washington Post
TANGA IGITECYEREZO