Sibomana Patrick uzwi ku izina rya Papy kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Nzeri 2020 ni bwo yasinyiye ikipe ya Police FC amasezerano y'umwaka umwe, nyuma yo gutandukana na Young Africans yo muri Tanzania.
Yuma
yo kwerekeza mu gihugu cya Tanzania ntabwo ubuzima by'umwihariko mu kibuga
byagenze neza kuko yamazeyo umwaka umwe gusa birangira iyi kipe yambara umuhondo
n'icyatsi imusezereye.
Papy usanzwe ari umukinnyi w'ikipe y'igihugu
Amavubi ukina asatira izamu ariko anyuze mu mpande, agiye gutozwa n'umutoza
Haringingo Francis wanamutoza ubwo yakinaga mu ikipe ya Mukura Victory.
Mbere
y'uko uyu mukinnyi asinyira ikipe Police FC hari amakipe menshi yagiye avugwa
ko amushaka harimo ikipe ya Kiyovu Sports ndetse n'ikipe ya Zesco United yo
muri Zambia
Sibomana Patrick abaye umukinnyi wa karindwi usinyiye iyi kipe y'igipolisi cy'u Rwanda ikomeje kwiyubaka ngo irebe ko yazatwara igikbe cya shampiyona 2020-21.
TANGA IGITECYEREZO