RFL
Kigali

Umuraperi Tekashi 6ix9ine yavuze ko nta tandukaniro riri hagati ye na Tupac

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:4/09/2020 14:21
0


Tekashi 6ix9ine ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru New York Times yasobanuye byinshi bitandukanye aho yasobanuraga ko nta tandukaniro riri hagati ye n’umuraperi wakunzwe na benshi ariwe Tupac Amaru Shakur



Mu kiganiro Daniel Hernandez uzwi nka Tekashi 6ix9ine yagiranye n’ikinyamakuru New York Times yatangaje ko nta tandukaniro riri hagati ye na Tupac Shakur. Ibi uyu musore abitangaje nyuma y’uko mu asohowe muri gereza mu mezi macye ashize bitewe n’impamvu zitandukanye harimo icyorezo cya Covid-19 ndetse n’indwara ya Asthma arwaye.

Uyu musore w’imyaka 24 y’amavuko ukunzwe cyane muri iyi minsi yashinjwe ibyaha bitandukanye birimo n’ihohotera rishingiye ku gitsina yakoreye umukobwa utarageza imyaka y’ubukure nyuma y’uko hasohotse amashusho yafashwe ubwo uyu musore yakoraga icyi cyaha, icyaha yakoze mu mwaka 2015.

Ubwo yabazwaga ku hahise he niba ntacyo hashobora kwangiza ku bwamamare bwe cyangwa se uko afatwa muri rubanda, uyu musore yigereranyije n’umuraperi Tupac wabaye ikirangirire mu njyana ya Rap mu mwaka yaza mirongo icyenda akaza Kwitaba Imana muri Nzeri 1996 arasiwe Las Vegas muri Leta ya Nevada.

Tupac
Tupac ni umwe mu baraperi bakunzwe cyane mu njyana ya Rap

6ix9ine yagize ati:”Oya, ntago nabikora. Tupac nawe yashinjwe gufata ku ngufu. Ese Tupac yari akuzwe cyangwa yari yanzwe?  Yari akunzwe! Ni irihe tandukaniro riri hagati yanjya na Tupac Shakur? Nta na rimwe nigeze mfatirwa mu cyaha cyo gufata ku ngufu, habe na rimwe.” Mu mwaka 1994 Tupac nawe yashinjwe n’umugore witwa Ayanna Jackson kumufata ku ngufu icyaha uyu musore yaje gufungirwa.

Tekashi
6ix9ine avuga ko nta tandukaniro riri hagati ye na Tupac

Uyu musore yabajijwe ku itandukaniro riri hagati y’indirimbo ze n’iza Tupac yavuze ko nta tandukaniro ririmo. 6ix9ine muri iki kiganiro yavuze no ku gatsiko k’amabandi (Nine Trey Gang) yabaririzwagamo mu mwaka ishize.

Tekashi kandi yakatiwe n’urukiko igifungo cy’imyaka ibiri nyuma yo yuhamwa n’ibyaha bitandukanye birimo ubugambanyi mu bwicanyi ndetse n’ubujura bwitwaje intwaro gusa igihano cye cyaje gukurwaho nyuma yo gutanga ubuhamya mu rubanza rwa Anthony Ellison na Aljermiah Mack bamwe mu bari bagize iri tsinda.

Src: BET & Capital Xtra

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND