RFL
Kigali

Dore icyo biba bishatse kuvuga iyo umukobwa yunamye imbere y’umusore

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:2/09/2020 16:05
0


Muri rusange abakobwa cyangwa se abagore ntabwo bakunda kuvuga ku bijyanye n’amarangamutima yabo kuko akenshi baba bafite isoni bitewe n’uko ahanini batekereza ko abasore cyangwa abagabo ari bo bakwiye gutera intambwe yo kubabwira ko babakunda.



Ubusanzwe abantu b’igitsinagore ntibakunda kuvuga ku byiyumviro byabo ahubwo babigaragarisha amarenga cyangwa se ibikorwa bitandukanye. Aha rero niho tugiye kurebera hamwe icyo biba bishatse kuvuga iyo umukobwa cyangwa se umugore akoze igikorwa cyo kunama imbere y’umusore cyangwa umugabo:

Ashobora kuba ashidikanya ko umukunda akaba yabikora kugirango arebe uko wifata, abakobwa cyangwa se abagore bagira ibyiyumviro byinshi kuruta abasore ariko ikibazo cyabo nyamukuru nuko batabasha kubisohora mu Kanwa kabo ngo batobore babivuge, nubona umukobwa cyangwa umugore yunamye imbere yawe uzamenye  ko ashobora kuba ataramenya neza niba umukunda cyngwa se utamukunda.

Ashobora kubikora kuko ari bwo buryo asigaranye bwo kukubwira ko agukunda: abakobwa ntibagira ubutwari bwo gutera intambwe ngo bavuge ko bakunda umusore  na cyane ko hari n’abasore bagira isoni zo kubibwira abakobwa , bigora abakobwa cyane rero kwegera abasore bakababwira icyo umutima wabo wifuza ari naho bahera bunama imbere y’abasore nk’ikimenyetso cyerekana ko bakunze umusore runaka.

Ashobora kubikora ku bw’impanuka cyangwa se hari ikintu ataye hasi ashaka gutora bigatuma yunama, abasore cyangwa se abagabo ntimuzumve ko igihe cyose ubonye umukobwa cyangwa umugore yunamye imbere yawe hari ikintu ashatse kukubwira kijyanye n'amarangamutima ahubwo birashoboka ko abikoze ku bw’impanuka.

The Sun.co.uk






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND