RFL
Kigali

Elon Musk wungutse Miliyari $87.7 yari yaciye agahigo aca kuri Mark Zuckerberg nyiri Facebook aba umukire wa 3 ku Isi

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:2/09/2020 10:48
0


Musk witegura gukora igikoresho ahamya ko kizashyirwa mu bwonko bwa muntu kikabasha kubwongerere ubwenge yaciye agahigo ko gutunga agera kuri miliyari $115.4 bimushyira ku mwanya wa 3 akurikira Jeff Bezos utunze agera kuri milyari $205 na Bill Gate utunze $126. Ese ni iki kiri inyuma y’urwunguko rwa Elon Musk mu gihe abandi Covid-19 yabazahaje?.



Elon Musk ni umugabo ufite inkomoko muri Africa, akaba atuye muri Amerika aho afite ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga twavuga nka Tesla yabaye icyogere mu gukora imodoka zigezweho ndetse n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga bya rutura ndetse akagira na Space X ikora ubucuruzi bwo kujya mu Isanzure.

Nyuma y'uko ikigo cya Tesla imali yacyo yiyongereye ndetse n’imigabane yacyo agaciro kayo kakikuba, ejo uyu mugabo yiriwe ari we mukire wa 3 ku Isi kuko umugabane muri Tesla wari wazamutse ukagera kuri 12%, gusa kuri uyu wa 2 Nzeri 2020, yahise asubira ku mwanya wa 4 kuko yahise asubira inyuma ya miliyari zisaga $4, Mark Zuckerberg ahita yisubiza umwanya we kuko atunze agera kuri miliyari $112 naho Musk atunze agera $110.

Uyu mugabo ni we wenyine ku Isi ushobora kuba akoze agashya ko kunguka amafaranga agera kuri miliyari $87.7 mu mwaka umwe.

Mbere y'uko icyorezo cya covid-19 cyataka Isi uyu mugabo yari atunze amafaranga abarirwa kuri miliyari $41 gusa covid-19 imeze nk'iyatije umurindi ubucuruzi bwe kuko yungutse menshi bigeze aho ubu ubutunzi bwe bwari bwageze kuri miliyari $115.4 bihita bimushyira ku mwanya wa 3 mu bakire bari ku Isi nk'uko urubuga rwa bloomberg.com rwari rwabitangaje.


        Elon Musk ubwo yari ari muri studio atunganya Indirimbo

Ubusanzwe Elon Musk ni umugabo ukunzwe kurangwa n'udushya. Mu ntangiriro z'uyu mwaka yigeze gusohora indirimbo yanatangazaga ko ariwe wayikoreye, ashimangira ko mu busore bwe nta mwanya yigeze agira wo kwishimisha kubera yabaga ari gushaka amafaranga ariko kuba amaze kuyabona ahagije bimwemerera gukora icyo ashaka.


              Elon Musk n'umugore we 

Musk aherutse kwibaruka umwana w’umuhungu yabyaranye n’umuhanzikazi witwa Grimes amwita izina ritangaje cyane ari ryo ”X Æ A-12”.

   






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND