RFL
Kigali

Koreya ya ruguru yashyizeho itegeko ryo kurasa umuntu wese uzagera hafi n’umupaka w’u Bushinwa mu rwego rwo guhangana na Covid-19

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:2/09/2020 11:05
0


Leta ya Koreya ya Ruguru yashizeho itegeko ryemerera abashinzwe umutekano b’iki gihugu kurasa umuntu wese wegera umupaka, iki gihugu gihana n’u Bushinwa mu rwego rwo guhangana n’ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.



Koreya ya Ruguru iherutse gushyiraho itegeko ryemerera abasirikare n’abapolisi kurasa umuntu wese uzagera ku mupaka iki gihugu gihana n’u Bushinwa muri metero zisaga Magana inani (800m) mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya Covid-19 cyugarije icyi gihugu n’isi muri rusange.

Iri tegeko ryashizeho rizakurikizwa kugeza igihe iki cyorezo kirangiye mu rwego rwo guhangana n’ikwirakwira ry’icyorezo cyangwa se ko icyorezo cyinjira mu gace ko muri iki gihugu kazwi nka Hermit Kingdom kinjizwamo ibicuruzwa bitandukanye mu buryo bwa magendu.

Kim jung-un

Perezida wa Koreya ya ruguru Kim Jung-un yashyizeho amabwiriza mashya mu guhangana na Covid-19

Nyuma y’uko iri tegeko risohotse polisi yo muri iki gihugu mu mujyi wa Hoeryong yahise itangaza ko izarasa umuntu wese uzagera ku mupaka w’u Bushinwa mu ntera yavuzwe hatitawe ku cyo azaba ahakora icyo ari cyo cyose. Iri tegeko ryashizweho na Koreya ya ruguru mu rwego rwo gukumira ko abaturage b’iki gihugu bahura n’abaturage b’u Bushinwa, mu guhangana ko haba ikwirakira ry’icyorezo cya Covid-19.

Polisi irinda uyu mupaka yahise ihabwa ubufasha butandukanye na leta mu rwego rwo gushyira mu bikorwa iri tegeko rishya. Umwe mu baturage batuye muri aka gace ubwo yaganiraga n’umunyamakuru yagize ati:”Bari kuvuga ko nta muntu numwe uzaryozwa kurasa umuntu wese uzagera hafi mu kilometero kuri uyu mupaka”.

Border
Umutekano wakajijwe ku mupaka koreya ya ruguru ihana n'ubushinwa mu guhangana n'icyorezo cya Covid-19

Amakuru ava muri iki gihugu avuga ko umubare munini w’abasirikare batabara aho rukomeye (Special Forces) boherejwe gufasha polisi muri iki gikorwa, ariko aba basirikare icya mbere cyabajyanye ni ukureba ko abarinda uyu mupaka bakurikiza aya mabwiriza atandukanye harimo nko kucunga ko hatabako kwakira ruswa cyangwa se ko raporo zabinjiza ibintu mu buryo bwa magendu zitangwa neza.

Andi makuru avuga ko aba basirikare boherejwe kureba ko aya mabwiriza ashyirwa mu bikorwa, aho bari gutegeka abarinda umupaka kurasa umuntu wese uhirahira kugera hafi mu ntera yavuzwe uwo ariwe wese niyo yaba ababyeyi cyangwa se abavandimwe babo.

Koreya ya ruguru iherutse gutangaza ko nta cyorezo cya Covid-19 cyirangwa muri iki gihugu gusa abantu benshi batandukanye ku isi bavuze ko ibi bishobora kuba atari ukuri. Muri Nyakanga uyu mwaka umuyobozi w’iki gihugu Kim Jong-un yatangaje ko iki cyorezo gishobora kuba cyarageze muri iki gihugu ahita ategeka ko haba gahunga ya guma mu rugo (Lockdown) nyuma y’uko habonetse umuntu wagaragaje ibimenyetso by’iyi ndwara.

Ubuyobozi b’iki gihugu buherutse gushinja abakora mu rwego rw’ubuzima kunanirwa guhangana n’iki cyorezo, nyuma ya raporo zitandukanye zagaragaje ko iki cyorezo cyakwirakwiye mu bice bigera kuri bitatu bigize icyi gihugu harimo n’umurwa mukuru Pyongyang. Nyuma y’uko leta itewe impungenge n’ikwirakwira ry’iki cyorezo, muri Nyakanga yahise ishyira mu kato umujyi wa Kaesong mu rwego rwo gukumira ko cyakwirakwira cyane mu yindi mijyi igize iki gihugu.

Src: New York Post & Daily Mail






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND